84
0 TUMENYE BIBILIYA TUMENYE BIBILIYA TUMENYE BIBILIYA TUMENYE BIBILIYA UMWAKA WA I PARUWASI MUHORORO PARUWASI MUHORORO PARUWASI MUHORORO PARUWASI MUHORORO NKURUNZIZA Thaddée Thaddée Thaddée Thaddée

tumenye bibiliya

Embed Size (px)

Citation preview

0

TUMENYE BIBILIYATUMENYE BIBILIYATUMENYE BIBILIYATUMENYE BIBILIYA

UMWAKA WA I

PARUWASI MUHOROROPARUWASI MUHOROROPARUWASI MUHOROROPARUWASI MUHORORO

NKURUNZIZA ThaddéeThaddéeThaddéeThaddée

1

I. INTEGO :

1. Abakristu benshi batunze Bibiliya ariko ntibakunda kuyisomera n’iyo bayisomeye ntibabasha

kurenga imvugo-shusho, incamarenga, imvugo ijimije dusanga muri Bibiliya cyangwa ngo barenge

igisobanuro cy’ijambo ngo bagere ku ntimatima y’ijambo iri n’iri bityo babashe gusigarana inyigisho

cyangwa ubutumwa ubu n’ubu bw’ibyo basoma.

2. Ibyo bituma batabasha kwisobanura mu mpaka bagirana n’abandi banyamadini akenshi ziba

zishingiye kuri Bibiliya.

3. Kutigobotora muri izo mpaka bihungabanya ukwemera kw’abakristu benshi ba Kiliziya Gatolika

ndeste bakirukira muri ayo madini ngo bagiye aho basobanura neza Bibiliya.

Muri irishuri « TUMENYE BIBILIYA » turifuza kurushaho kwisomera Bibiliya bijyana no kuyitunga,

tukamenya uburyo bwo kuyisomera neza no gusobanukirwa n’ibyo dusoma.

II. INTANGIRIRO

Bibiliya Ntagatifu itubwira ko Imana ari intangiriro n’iherezo rya byose (Hish 21,6 ; 22,13).

Itubwira uburyo Imana yashatse kwimenyekanisha ikoresheje Abahanuzi ariko cyane cyane ikoresheje

Umwana wayo Yezu Kristu ngo tuyimenye kandi twiyumvishe ko idukunda.

2.1. UKO TUDAKWIYE GUFATA BIBILIYA

a) Bibiliya si igitabo cy’ubumenyi kavukire : Ni ukuvuga ubumenyi bw’ibinyabuzima, ubutabire,

imibare, ubugenge, imyitwarire,…..

b) Bibiliya si igitabocy’amateka y’isi : Abanditsi ba Bibiliya, ni abantu bari mu gihe cyabo, bifashishije

amakuru n’umuco by’igihe cyabo ku buryo ubu ayo makuru n’uwo muco birenzwe n’ibyacu iki gihe.

Amakuru Bibiliya ivuga agarukira cyane mubice by’iburasirazuba =Siriya, Babilone, Ubugereki,

Perise, Roma, Misiri, Isiraheli, ….

-Abanditsi ba Bibiliya ntibitaye ku guhuza inyandiko bahinduye mu zindi ndimi, kandi zitandukanye

mu mateka yazo.

Ingero :

� Hari inyandiko (inkuru) ebyiri z’iremwa ry’isi, aho muri izonyandiko Imana, ihabwa amazina abiri

atandukanye : Yahvé =Imana (Intg 1,1-2.4a) na Elohim=Uhoraho (Intg2,4b-25).

� Imana yatanze amategeko 10, inyuze kuri Musa. Hamwe havuga ku musozi wa Sinayi (Iyim 20)

ahandi kuri Horebu (Ivug 5,1-22).

� Matayo atubwira impumyi ebyeri z’i Yeriko (Mt 20, 29-34) naho Mariko na Luka bavuga impumyi

imwe y’i Yeriko (Mc 10,46-52; Lc 18,35-43).

� Abanditsi b’Ivanjili batubwira ko Yezu wazutse yabonekeye bwa mbere Mariya Madalena (Yh

20,11-18; Mt28,1-10) naho Pawulo mutagatifu ngo yabonekeye Petero (1Kor15,3-8).

2

2.2. UKO DUKWIYE GUFATA BIBILIYA (Akamaro kayo)

a) Bibiliya idufasha gusabana n’Imana:

Bibiliya ni ijambo ry’Imana ritumenyesha ugushaka kwayo tugahamagarirwa kugukurikiza.

Umukristu wese agomba gusoma Bibiliya ngo amenye ugushaka kw’Imana kandi agukurikize mu

buzima bwe maze abeho mu busabaniramana.

b) Bibiliya itwigisha kugira umuco n’imyifatire myiza bikwiye ku mukristu:

Muri Bibiliya hari inyigisho nyinshi zafasha umuntu kugira umuco, ikinyabupfura n’imyifatire

myiza; idufasha kandi kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi.

Bibiliya ifasha umuntu gukomera ku cyiza naho ikibi akacyamaganira kure. Umuco mwiza tuvoma

muri Bibiliya ni ubutabera n’urukundo by’Imana duhamagarirwa natwe kwigana.

Ariko kandi mu Isezerano rya kera harimo ibitekerezo biduca intege : inzika, gufuha, Imana ihora

abanzi ba Isiraheli, gushaka abagore benshi, uburyarya… Aha ni ukuvuga ko amateka matagatifu atari

amateka y’abatagatifu.

Bibiliya itubwira imibereho n’imibanire y’umuryango Imana yitoreye « Isiraheli » :

Iyo dusomye Bibiliya, tumenya uburyo ubuzima bw’abayisiraheli bwari bumeze. Aha twavuga :

- Imiterere y’igihugu cyabo muri icyo gihe

- Imirimo n’imyuga yababeshagaho (ubworozi, ubuhinzi n’uburobyi)

- Iminsi mikuru bahimbazaga ; aha twavuga Pasika y’abayisiraheli yabibutsaga ivanwa mu bucakara

mu gihugu cya Misiri bajya mu gihugu cy’isezerano, Pentekosti yabibutsaga uguhabwa amategeko

kwa Musa ku musozi wa Sinayi.

c) Bibiliya itwigisha amateka :

Muri Bibiliya dusangamo amateka y’abami, amazina yabo n’igihe bamaze ku butegetsi

n’icyaburanze. Hari kandi n’Amavanjili adutekerereza ubuzima bwa Yezu Kristu n’Inkuru Nziza

yigishaga aho yanyuraga hose.

d) Bibiliya itwigisha ubuhanga :

Abahanga n’abashakashatsi bifashisha Bibiliya ngo bagire imyumvire ku bibazo bimwe na

bimwe birenze ubwenge bwa muntu. Muri ibyo bibazo twavuga : inkomoko y’umuntu, iremwa ry’isi

n’ibiyiriho, iherezo ry’ubuzima,…

e) Bibiliya itumenyesha Imana :

Tuzi ko kumenya Imana bishingiye ku buryo yaganiraga n’umuryango wayo. Ntahandi rero

dusanga Imana iganira n’umuryango wayo atari muri Bibiliya.

2.3. ICYO BIBILIYA ARICYO

a) Bibiliya ni igitabo cy’iyobokamana by’ikirenga:

Ni ukuvuga igitabo cy’Imana. Ibintu byose biri muri Bibiliya bishingiye ku Mana. Muri Bibiliya

Imana ivugana n’abantu, kandi n’amagambo yayo akomeza kwigaragaza na n’ubu. Bibiliya ivuga

umubano wa muntu n’Imana Mu bihe binyuranye kandi ikerekana ukuntu uwo mubano wagiye

waguka kuva mu Ntangiriro.

3

b) Bibiliya ni igitabo cy’ubuzima:

Mbere y’igitabo hariho ubuzima; ubuzima bw’umuryango w’Imana. Umunsi umwe Imana ijya

kwiyereka umuryango wayo nuko bagirana Isezerano. Imana iti:”Uri umuryango wanjye”, umuryango

uti:” Uri Imana yanjye”.

Amateka Bibiliya itugezaho ni ay’ubuzima bw’umuryango w’Imana n’umubano wawo n’Imana.

Mu Isezerano uyu muryango ugirana n’Imana yawo umenya n’icyo ugomba gukora.

c) Bibiliya ni urumuri mu nzira tunyuramo:

Mu byukuri Bibiliya ntiyasubiza ibibazo byose by’ubuzima bwacu. Ni ukuvuga ko yanditswe mu

bihe bitandukanye n’ibyo turimo ubu kandi abanditsi ntabwo ari ab’iki gihe turimo.

Ariko kandi mu kumva abanditsi ba Bibiliya tugendeye ku buvumbuzi bwabo, ku bibazo bahuraga

nabyo, ku gushidikanya kwabo no ku kudashidikanya kwabo bituma dushobora natwe ubwacu

kubona urumuri mu nzira tunyuramo. Bibiliya rero iduhamagarira guhuza amateka yacu n’ayo

itubwira ubwayo: Kumenyera Imana mu rukundo.

d) Bibiliya ni uruvange rw’ibitabo:

Mu ishingwa rya Kiliziya, abakristu ba mbere bakoreshaga ijambo “Ibitabo Bitagatifu”. Ni

ukuvuga uruhurirane rw’inyandiko za somwaga igihe bakoraga liturjiya (basengaga).

Bibiliya rero ni uruhurirane rw’ibitabo byinshi, nkuko tubisanga mu rurimi rw’inkomoko y’ijambo

Biliya ari rwo rw’Ikigereki bavuga “TA BIBLIYA” bivuga IBITABO. Muri Bibiliya dusangamo indirimbo,

amabaruwa, imivugo y’urukundo, liturjiya (amasengesho), imigani y’imigenurano, imbwirwa ruhame,

amateka akanganye, amateka y’umuryango n’ay’intambara, amakabyankuru,…Bibiliya si igitabo

kimwe ahubwo ni uruhurirane rw’ibitabo bibumbiye muri kimwe.

MURI MAKE: Bibiliya ni igitabo gitagatifu gihebuje ibindi byose, kirimo ijamo ry’Imana, gikubiyemo

kandi iby’ingenzi Imana yahishuriye umuryango wayo: ibyiza yawukoreye ibitewe n’urukundo

iwufitiye. Kigizwe n’ibice bibiri: Isezerano rya Kera rigizwe n’ibitabo 46 n’Isezerano rishya rigizwe

n’ibitabo 27. Yose ikaba igizwe n’ibitabo 73.

2.3.1. Itandukaniro hagati y’Isezerano rya kera n’Isezerano rishya

Isezerano rya kera ni isezerano Imana yagiranye n’umuryango wayo akaba ari abantu bari

batuye mu gihugu cya Israheli (Abayisiraheli, Abahabureyi cyangwa Abayahudi).

Isezerano rishya ni uburyo bushya Imana yashatse kubana n’abantu binyuze mu buzima n’amagambo

bya Yezu Kristu. Ariko Bibiliya y’abayahudi igizwe n’Isezerano rya kera gusa.

2.3.2. Bibiliya Ntagatifu yakomotse he?

Ibitabo byose biri muri Bibiliya byanditswe n’abantu Imana yitoreye ikabamurikira ikoresheje

Roho wayo. Abo bantu bakomoka mu muryango wa Isiraheli- umuryango watowe n’Imana muyandi

mahanga yose-, kugirango bayimenye maze bayibere abahamya mu bihugu byose.

Abayisiraheli ni bo babanje kuba umuryango w’Imana ariko aho Yezu Kristu aziye, abamwemera bose

bakoze umuryango mushya w’Imana. Abanditsi b’ibitabo bya Bibiliya bagize umwanya ukomeye mu

mateka y’umuryango w’Imana, bawubaka bakoresheje amategeko n’amabwiriza yayo.

Ni abahamya b’ibyo Imana yakoreye umuryango wayo. Abanditsi b’ibitabo bitagatifu badutekerereza

uburyo bagiye batorwa n’Imana n’uburyo bagiye bitaba ijwi ryayo. Batugezaho kandi imibanire

y’Imana n’umuryango wayo.

4

2.4. AMOKO YA BIBILIYA

Aha icyo twavuga ni uko Bibiliya tugiye kugaragariza amoko zitavuga ibintu binyuranye, ahubwo

turabivuga tugendeye ku buryo zagiye zandikwa. Kwandika Bibiliya byatwaye igihe kirekire ku buryo

twavuga ko ari ukuva mu kinyejana cya 11 mbere ya Yezu kugeza mu kinyejana cya 1 Nyuma ya Yezu.

Dore uko zakurikiranye:

• Bibiliya y’Abahebureyi

• Bibiliya y’ i Alegizandiriya (yanditswe mu kigereki)

a) Bibiliya y’Abahebureyi: yanditswe guhera mu kinyejana cya 11 mbere ya Yezu, ariko Nyuma

y’isenywa ry’Ingoro mu mwaka wa 70 nyuma ya Yezu, nibwo abahanga bateraniye i Jamuniya

kugirango bashyire hamwe ibitabo by’Isezerano rya Kera byari mu rurimi rw’igihebureyi. Ibyobitabo

bikora Bibiliya ifite ibitabo 24 biri mu matsinda atatu:

� Tora: Amategeko, inyigisho

� Nebiim: Abahanuzi

� Ketubim: Ibindi bitabo

Iyi Bibiliya y’Abahebureyi ntigira Isezerano rishya.

b) Bibiliya y’i Alegizandiriya (LXX): Ni uguhera mu kinyejana cya gatandatu mbere ya Yezu aho

habaye uguhindura Bibiliya mu rurimi rw’ikigereki i Alegizandiriya mu gihugu cya Misiri.Iyo Bibiliya

yiswe “SEBUTANTI (LXX)”, kubera ko yakozwe n’abantu b’inyangamugayo 72, mu minsi 72. Iyi Bibiliya

yari igenewe abayahudi bari barahungiye mu Bugereki no mu bindi bihugu byavugaga ikigereki mu

gihe abayahudi bandi bari barajyanywe bunyago i Babiloni. Iyo Bibiliya yari ifite intondeke y’ibitabo

itandukanye n’iy’abayahudi bo muri Palestina bari barasigaye mu gihugu cyabo n’abari barajyanywe

bunyago, bituma habaho ibyanditswe bitagatifu biri amoko abiri kugeza iki gihe.

Bibiliya y’Abakristu (Ntagatifu): Abakristu bambere babayeho Bibiliya irimo Isezerano rishya

itarabaho ku buryo nabo bakoreshaga Bibiliya y’Isezerano rya kera.

Igitabo cy’Isezerano rishya cyanditswe mbere ni ibaruwa ya mbere mutagatifu Pawulo Intumwa

yandikiye Abanyatesaloniki mu mwaka wa 50 nyuma ya Yezu. Aha twanavuga ko abakristu babaga

muri Palestina bavuga igihebureyi bakomeje gukoresha Bibiliya y’abahebureyi, naho ababanaga

n’abagereki bavuga ikigereki bakoreshaga Bibiliya y’ikigereki (Sebutanti). Iryo tandukana ryarakomeje

kugera na n’uyu munsi kuko abaporotestanti bakoresha Bibiliya y’abahebureyi ifite intondeke

y’ibitabo ntoya (ifite ibitabo 66); naho abagatolika bagakoresha Bibiliya y’ikigereki ifite intondeke

y’ibitabo ndende (ifite ibitabo 73).

Bibiliya y’igihebureyi ibura ibitabo 7 ugereranyije n’iy’ikigereki n’igice cy’inyuma cy’ibitabo bya

Daniyeli (Dan 3,24-90) na Esitera (Est 10,3a-3l) ni ukuvuga ko nabyo byanditswe mu rurimi

rw’ikigereki. Ibyobitabo birindwi ni: Tobi, Yudita, 1 na 2 Abamakabe, Baruki, Ubuhanga na Mwene

Siraki.

2.5. IYEMERWA RY’INYANDIKO NTAGATIFU MU ISEZERANO RYA KERA

Muri Isiraheli ndetse no muri Kiliziya inkomoko y’igitabo gitagatifu yatezaga impaka nyinshi:

Abayisiraheli ntibemeraga izindi nyandiko muri Bibiliya yabo zitari iz’igihebureyi.

Ibyo byatumye inama nkuru y’idini y’Abayahudi iterana ngo yemeze inyandiko n’ibitabo bigomba

kuba muri Bibiliya yabo, ari nabyo bikomoka ku Mana; n’ibitagomba kubamo byari mu kigereki.

5

Amatorero y’Abaporotestanti nayo ntiyemera ibitabo, byo mu kigereki, Kiliziya Gatolika yakiriye muri

Bibiliya NTAGATIFU.

Urutonde rw’ibitabo byagumye muri Bibiliya y’Abayahudi rwemejwe n’itsinda ry’abahanga mu

by’amategeko bahuriye i Jamuniya nyuma y’isenywa rya Yeruzalemu mu mwaka wa 70 Nyuma ya

Yezu.

Abakristu Gatolika twe twemera ibitabo byose by’Isezerano rya Kera ari ibiri mu gihebureyi n’ibiri mu

kigereki.

Mu Isezerano rya kera harimo ubwoko 6 bw’imvugo

a) Inkuru zivuga ibikorwa ibi n’ibi by’umuco n’imitekerereze y’igihe cya kera (Intg 29-31).

b) Inkuru zirimo amakabyankuru ngo dutangarire ibintu by’agatangaza (1Sam 19,18-20,1).

c) Inyandiko z’amategeko agenga umuryango wa Isiraheli n’ubuzima muri rusange.

d) Ibisubizo, indirimbo, Zaburi zitugezaho kamere y’umutima w’abayisiraheli, ukwemera kwabo

gushingiye ku Mana imwe kandi y’ukuri.

e) Amabonekerwa y’Abahanuzi akubiyemo amagambo yavuzwe n’Imana ubwayo.

f) Inyandiko cyangwa imvugo z’ubuhanga zigizwe n’ibitekerezo bicukumbura ingingo iyi n’iyi.

Urugero : -Ubuzima

-Urupfu ni iki ? Urukundo ni iki ?

-Ikibi n’umubabaro biterwa n’iki ?

2.6. IBITABO BYA BIBILIYA N’UKO BIKURIKIRANA

2.6.1. IBITABO 46 BY’ISEZERANO RYA KERA

Isezerano rya Kera rigizwe n’ibice bine :

a) Ibitabo bitanu by’Amategeko :

1. Intangiriro Intg

2. Iyimukamisiri Iyim

3. Abalevi Lev

4. Ibarura Ibar

5. Ivugururamategeko Ivug

b) Ibitabo 16 by’Amateka

6. Yozuwe Yoz

7. Abacamanza Abac

8. Ruta Ruta

9. Icya mbere cya Samweli 1Sam

10. Icya kabiri cya Samweli 2Sam

11. Icya mbere cy’Abami 1Bami

12. Icya kabiri cy’Abami 2Bami

13. Icyambere cy’Amateka 1Matek

14. Icya kabiri cy’Amateka 2Matek

15. Ezira Ezr

16. Nehemiya Neh

17. Tobi Tobi

18. Yudita Ydt

6

19. Esitera Est

20. Icyambere cy’Abamakabe 1Mak

21. Icya kabiri cy’Abamakabe 2Mak

c) Ibitabo 7 by’Ibisigo n’iby’Ubuhanga

22. Yobu Yobu

23. Zaburi Zab

24. Imigani Imig

25. Umubwiriza Mubw

26. Indirimbo ihebuje Ind

27. Ubuhanga Buh

28. Mwene Siraki Sir

d) Ibitabo 18 by’Abahanuzi

29. Izayi Iz

30. Yeremiya Yer

31. Amaganya Mag

32. Baruki Bar

33. Ezekiyeli Ezk

34. Daniyeli Dan

35. Hozeya Hoz

36. Yoweli Yow

37. Amosi Am

38. Obadiya Obd

39. Yonasi Yon

40. Mika Mik

41. Nahumu Nah

42. Habakuki Hab

43. Sofoniya Sof

44. Hagayi Hag

45. Zakariya Zak

46. Malakiya Mal

2.6.2. IBITABO 27 BY’ISEZERANO RISHYA

a) Inkuru Nziza uko yanditswe na :

1. Matayo Mt

2. Mariko Mk

3. Luka Lk

4. Yohani Yh

b) Igitabo kirimo amateka ya Kiliziya igitangira

5. Ibyakozwe n’Intumwa Intu

c) Amabaruwa Pawulo Intumwa yandikiye :

6. Abanyaroma Rom

7. Abanyakorinti, iya 1 1Kor

7

8. Abanyakorinti, iya 2 2Kor

9. Abanyagalati Gal

10 Abanyefezi Ef

11 Abanyafilipi Fil

12 Abanyakolosi Kol

13 Abanyatesaloniki, iya 1 1Tes

14 Abanyatesaloniki, iya 2 2Tes

15 Timote, iya 1 1Tim

16 Timote, iya 2 2Tim

17 Tito Tito

18 Filemoni Filem

d) Ibaruwa yandikiwe :

19 Abahebueyi Heb

e) Amabaruwa ya :

20 Yakobo Yak

21 Petero, iya1 1Pet

22 Petero, iya2 2Pet

23 Yohani, iya1 1Yh

24 Yohani, iya2 2Yh

25 Yohani, iya3 3Yh

26 Yuda Yuda

f) Igitabo cy’ :

27 Ibyahishuwe Hish

2.7. UKO BIBILIYA ITEYE

� Bibiliya igabanyijemo ibice bibiri : -Isezerano rya Kera

-Isezerano Rishya

� Buri sezerano rigabanyijwemo ibitabo (46 by’Isezerano rya kera na 27 by’Isezerano rishya).

� Buri gitabo kigabanyijwemo imitwe ku inomero (byashyizweho na Etienne Langton mu w’1226).

� Buri mutwe ugabanyijwemo imirongo ku inomero (byashyizweho na Robert Estienne mu w’1551).

2.7.1. Uko wasoma Bibiliya

• Mu buryo bwo kwerekana igitabo cyo muri Bibiliya mu ncamake, umubare ubanza ni umutwe naho

uwa kabiri utandukanyijwe n’akitso ( , ) ni umurongo.

Urugero: Intg 4,2 (Soma umutwe wa kane umurongo wa kabiri)

• Akanyerezo/akarongo ( - ) gahuza imitwe cyangwa imirongo myinshi

Urugero: Intg 2-4 (Soma umutwe wa kabiri kugeza ku wa kane)

Lev 12,1-15 (Soma umutwe wa 12, umurongo wa mbere kugeza ku wa 15)

• Akabago n’akitso( ; ) gatandukanya imitwe

Urugero: Mt 3; 6 (soma umutwe wa 3 hanyuma uwa 6)

• Akabago/akadomo ( . ), gatandukanya imirongo mu mutwe umwe

Urugero: Yh 2,4.8 (soma umurongo wa 4 n’uwa 8 gusa).

8

• Mu buryo bwo kwerekana igice cy’umurongo munini bongeraho inyuguti (Alufabe)

Urugero:- Intg 2, 4a -Est 4,17k,r,…z

• Rimwe ne rimwe bongera ku mubare werekana umurongo inyuguti ya ‘‘s, f, …’’ bivuga « gusoma

n’indi mirongo ikurikira ».

Urugero : Lk 15,5… (urasoma umurongo wa 5 n’indi yose ikurikira y’umutwe wa 15).

2.7.2. Andi magambo ahinnye dusanga muri Bibiliya

� Cg : Cyangwa

� Urup : Urupapuro

� Imbang : Imbangikane y’imyaka

Urugero : 2000, 2002, 2004, 2006 ni imyaka igabanyika na 2

� Gih : Igiharwe cy’imyaka

Urugero : 2001, 2003, 2005 ni imyaka itagabanyika na 2.

Iyo turi mu mwaka uherwa n’umubare 0, 2, 4, 6, 8 icyo gihe ni imbangikane. Naho umwaka

uherwa n’umubare 1, 3, 5, 7, 9 ni igiharwe.

Amasomo ya Liturjiya tuyashaka dukurikije umwaka turimo, igiharwe cg imbangikane

biboneka mu masomo y’ibyumweru bisanzwe by’umwaka wa Liturjiya.

Iyo dusoma Bibiliya hari aho dusanga akamenyetso kameze gatya ‘‘*’’ku ijambo, kaba

katurangira aho dusoma igisobanuro munsi y’umurongo uri muri Bibiliya.

Muri Bibiliya amasomo ya Liturjiya agabanyije mu myaka itatu ariyo :

• Umwaka A

• Umwaka B

• Umwaka C

Muri buri mwaka Kiliziya yaduteguriye amasomo adufasha kumenya Imana Data n’uwo yatumye Yezu

Kristu.

2.8. UKO TWATEGURA INYIGISHO Y’IVANJILI CYANGWA ISOMO RYO MURI BIBILIYA

2.8.1. Ibyo twakwirinda :

o Kwirinda gufungura Bibiliya dutomboza, twibwira ko ahotugiye kubumbura ariho hari igisubizo

cy’ibibazo by’ubuzima dufite.

o Kwirinda gusimbuka inyandiko zimwe na zimwe twibwirako tuzi ibyanditswemo, kandi ijambo

ry’Imana rihora ari rishya rifite n’icyo ritwigisha.

o Kwirinda gutekereza ko buri murongo wa Bibiliya ufite isomo ry’imyitwararikire cyangwa

ry’iyobokamana kuko Bibiliya ni inyandiko y’amateka y’uko Imana yacunguye abantu.

o Kwirinda kumva ko ibyo wasomye cyangwa wasomewe wabyumvise neza kandi kumva ijambo

ry’Imana bisaba umwanya uhagije.

o Kwirinda kwisuzugura utekereza ko ibyanditswe muri Bibiliya wowe utabyumva, utekereza ko hari

abagenewe kubyumva bonyine kandi bisaba ukwemera no kubishyira mu bikorwa.

2.8.2. Uburyo twaritegura :

o Guhitamo isomo

o Gushyiraho igihe

o Guhitamo ahantu hakwiye turarisomera

o Gutunganya umubiri wacu (kwitegura by’imbere= ku mutima)

9

o Kwerekeza umutima kuri Nyagasani

o Kwicisha bugufi imbere y’Imana

o Kwirinda kurangara

o Guhamagara no kwambaza Roho Mutagatifu

2.8.3. Intambwe zigomba guterwa :

o Gusoma Ivanjili cyangwa isomo nibura inshuro 3

o Gusoma urangurura ijwi ryumvikana neza ku nshuro ya kabiri n’iya gatatu

o Kugaragaza ibyanditswe, dusoma ku buryo bwumvikana

o Kugaragaza ibyakunyuze mu Ivanjili cyangwa mu isomo

o Kugaragaza ikiguteye ikibazo

o Kugaragaza abantu bavugwamo

o Kugaragaza abafitemo ibikorwa

o Kugaragaza uwingenzi muri bo

o Kugaragaza abandi bantu bavugwamo

o Kugaragaza abashyamiranye, abakundanye n’ikibitera

o Kugerageza gusoma igisobanuro Bibiliya itanga ahari aka kamenyetso « * »

o Kugaragaza inkuru nziza cyangwa isomo twakuye mu byo twasomye

o Guhuza ibyo twasomye n’ubuzima turimo

o Gishimira Imana.

2.9. UWANDITSE BIBILIYA

Imana niyo yibanze mu gushyira mu nyandiko Bibiliya, kuko abanditsi bandi ari ibikoresho

byayo. Aba banditsi nabo bari bazi neza ko ubutumwa batanga butava kuri bo ku giti cyabo ahubwo

bahumekerwamo n’Imana ikoresheje Roho wayo (Roho Mutagatifu).

2.9.1. Abo banditsi bakomotse he ?

Nkuko bigaragara muri buri nyandiko, abo bantu ni abo mu muryango wa Isiraheli, ari nawo

Imana yari yarihitiyemo kuva kera mu yandi mahanga yose, kugirango bayimenye, bayikunde, kandi

bazayibere abahamya mu bihugu byose. Abayisiraheli rero, ni bo babanje kuba umuryango w’Imana.

Ariko aho Yezu Kristu aziye, abamwemera bose ababumbira mu muryango mushya w’Imana. Imana

rero yatoraga uwo ishatse n’igihe ishakiye :

Urugero :- ZAKALIYA na SAMWELI yabasanze mu Ngoro

- PAWULO yamusanze mu nzira

-MUSA na AMOSI yabasanze baragiye amatungo.

Bibiliya igitabo gitagatifu, ntitwavuga ko Imana yabwiraga umwanditsi ngo andika utya na gutya,

ahubwo n’umwanditsi hari aho yashoboraga kwishyiriraho ibye cyangwa akagira ibyo yibagirwa.

2.9.2. Kuki ubu ari ntabandi banditsi ba Bibiliya ?

Muri iki gihe tuzi neza ko Roho w’Imana akomeza gukorera mu bantu nk’uko na mbere

yabakoreragamo, ariko kubyerekeye inyandiko biragaragara ko icyari kigamijwe cyarangiye ; ni

ukuvugako ibyanditswe Bitagatifu n’ubundi bidufasha mu buzima bwacu bwa buri munsi.

Muri Yezu Kristu byose byaravuzwe. Ahubwo ni ngombwa gusoma ibyanditswe bitagatifu muri Roho

Mutagatifu kugirango atumurikire. Yezu Kristu, Jambo wigize umuntu, yaje nk’umuntu mu bantu,

10

yamamaza Inkuru Nziza y’umukiro mu bantu anarangiza atyo ubutumwa bw’umukiro Imana se yari

yamutumye gutanga ; niyo mpamvu uwabonye Yezu Kristu aba yabonye Imana»1.

2.10. BIBILIYA NTIGIRA IKOSA

Bibiliya yahumetswe n’Imana kandi ni ijambo ry’Imana, ntushobora rero kuyisangamo ikosa

kuko Imana idashobora kwibeshya no kutubeshya. Niba kandi Imana ishyize amagambo yayo mu

nyandiko ni ukuvuga ko ari ukuri gusesuye2.

Mu kwandika Bibiliya Imana yakoresheje abantu niyo mpamvu kugirango umenye Imana muri

Bibiliya, ugomba kubanza ukamenya uko umuntu wanditse yari ameze : Uwo ari we, aho yari ari, igihe

yari arimo, uburyo yariho, impamvu yanditse n’ururimi yanditsemo.3

1 VATICAN II, La Révélation Divine 4, 18 /11/1965, p109.

2 VATICAN II , La Révélation Divine 11, 18 /11/1965 , p 115

3 VATICAN II , La Révélation Divine 6, 18 /11/1965, p 110.

11

III. AMATEKA N’IYOBOKAMANA BY’ABAYAHUDI MU ISEZERANO RYA KERA

(Ifashishe TUMENYE BIBILIYA No 15)

Bibiliya ni igitabo gitagatifu gikubiyemo ukwemera kwa Isiraheli nk’umuryango wiyumvamo ko

watowe n’Imana (Ivug 7,6) ; ukwemera kwabo kukayobora ubuzima n’amateka yabo.

Kumenya Bibiliya bisaba gucengera mu mateka y’igihugu cya Isiraheli kuko Imana yigaragariza mu

buzima (ntabwo ari mu nyandiko) ; ni ngombwa kumenya ibihugu byagiye bigira uruhare muri ayo

mateka, cyane cyane ariko ni ngombwa kwitegereza uko iyobokamana ry’uwo muryango watowe

n’Imana ryagiye ricengera ubuzima bwabo.

Uwo murage w’igihugu wabaye uw’isi yose uva mu mpatanwa z’igihugu, ubwoko n’amateka

y’abantu bake kuva aho Kristu awujurije (Mt 5,17), kandi akohereza abo yigishije ngo bawugeze mu

mpera z’isi (Mt 5,19). Isezerano rya kera ririmo inkingi z’iyobokamana amadini akomeye mu

kwamamaza Imana imwe (abayahudi, abakristu n’abayisilamu) ahuriraho. Nk’abayoboke rero ba

Kristu, natwe dufite uruhare kuri Bibiliya Ntagatifu mu bice bibiri byayo by’ingenzi. Kuyimenya

by’ukuri ni ukumenya Kristu no kwiyemeza kumushyira abandi. Uwacengeye ibyanditswe bitagatifu

arangwa n’ishyaka ryo kubisobanurira abandi (Filipo n’umutware w’umunyetiyopiya, Intu 8,26-39),

ndetse akabageza kuri Batisimu.

3.1. ABURAHAMU, UMUKURAMBERE W’UMURYANGO (Intg 12,1).

Amateka ya Bibiliya atangirana na Aburahamu, umwimukira uturuka mu Bukarideya (ikarita no

1) waje gutura mu gihugu cya Kanahani (cyafashe nyuma izina rya Palestina n’irya Isiraheli), ahagana

mu mwaka w’1850 mbere y’ivuka rya Kristu, akazana n’umuryango we (Intg 12,4-5 ; 15,7). Icyo

gihugu cyari gituwe n’andi moko y’abantu kuva kera, hirya no hino yacyo hari ibihugu, ubutegetsi,

ubukungu n’iyobokamana bimaze imyaka myinshi (Misiri, Kanahani, Abakarideya, Ashuru,

Ubumedi…reba muri Bibiliya, ikarita n° 1).

Icyo ibyo bihugu byari bihuriyeho ku iyobokamana ni ugusenga imana nyinshi (imana zitanga

uburumbuke, iz’amazi, imiyaga, izuba, intambara,…). Ni kuri iyo ngingo Aburahamu yafashe

umurongo wihariye : « GUSENGA IMANA IMWE RUKUMBI » (Iz 40,20 ; 41,21). Mu buzima busanzwe

inkomoko ya Aburahamu yabagaho nk’abandi batuye ikibaya cy’inyanja nini (Méditerranée) : Gutura

mu mahema, gushakashaka ubwatsi bw’amatungo, nyuma bagatangira gutura no gutungwa

n’imirimo y’ubuhinzi ikomatanyije n’ubworozi (Ivug 26,5). Kimwe n’abandi bageragezaga gutuma

umuryango ugira ubumwe, wiyongera (Intg 38 ; 30,1-13) no mu kuwurinda kwivanga n’amaraso

y’abanyamahanga (Intg 24,3). Amategeko ya bene Aburamu (wafashe izina rya Aburahamu Intg 17,4)

yagiye aberekana nk’umuryango wiyongera (Intg 24,1) ugirana amashyari (Intg 27 ; 34), wiyunga (Intg

33), ndetse ugera no mu bindi bihugu (Intg 42-50).

3.2. UMURYANGO MU MISIRI : UBUCAKARA BUKOMEZA IGITEKEREZO CY’UMURYANGO (Iyim 4,18 ;

2,11)

Kubera inzara yateye mu gihugu cya Kanahani (Intg 42) bene Yakobo bashakiye amaramuko

mu Misiri, bamarayo imyaka irenga 400 kandi bafashwe neza n’abayobozi b’igihugu kugeza ibwo

hagiyeho abami batakibuka uruhare rwa Yozefu mu guhashya no kuzigamira inzara (Intg 41,37).

Batangira kubishisha (Iyim 1,8), kubakoresha uburetwa (Iyim 1,13-14) babuzwa gusenga ku buryo

bwabo (Iyim 5,1) ndetse bagambirira no kubatsemba (Iyim 1,16) ku buryo ari akaga batazigera

bibagirwa na rimwe mu myaka izakurikira. Muri izo ngorane abayisiraheli biyumvaga nk’umuryango

12

utonnye ku Mana, akaga n’amakuba birushaho kubunga (Iyim 4,18), kandi n’ubwo bihebaga (Iyim

6,9), ntibazeyutse irokorwa Imana yabateguriraga (Iyim 12,26).

3.3. IYIMUKAMISIRI : URUGENDO RWO MU BUTAYU N’IYOBOKAMANA RIHAMYE (Iyim 20)

Itotezwa ry’umuryango mu Misiri (Iyim 1) ryabaye intandaro yo gushaka kwibohoza, naho

itorwa rya Musa (Iyim 3, 1-4, 20), umuyisiraheli warerewe mu mico ya Misiri riba intango y’urugendo

rurerure (hafi imyaka 40) bazahamyamo isezerano ry’Imana na Aburahamu (Intg 17) kimwe n’inzego

z’ubuyobozi bw’umuryango watangiye kuba munini (Iyim 12,37 ; 38,26).

Gusohoka mu Misiri ni ibintu bitangaje kuko byari bigoye, bityo babibonamo ikiganza cy’Imana

ibarokora, bemera batyo Imana nk’Umucunguzi na Musa nk’umugaragu wayo (Iyim 27-30) ; mbere yo

kumenya no gusingiza Imana nk’umuremyi (Intg 1-3), Isiraheli yamenye Imana ikiza (Iyim 15,2-21).

Mu butayu abayisiraheli (reba izina rya Yakobo wafashe izina rya Isiraheli Intg 23,29) bongeye

kuragira amatungo, bagendagenda bashaka ubwatsi, kandi berekeza mu gihugu cy’Isezerano. Aho mu

butayu niho bahawe amategeko y’Imana (Iyim 20-23) biyumvamo isano idasanzwe n’Imana (Iyim 24)

baba umuryango wagutse (Ibar1). Ayo mategeko ni inkingi z’iyobokamana (idini) n’iza politiki

bizaranga Isiraheli igihe cyose (Iyim 32-43) ; uwo muryango rero uzayoborwa n’ayo mategeko (Ivug

6), kandi hari ingingo zizahora zibukwa n’ibisekuruza byose (Iyim n’Ibar).

• Ijoro rya nyuma mu Misiri bazahora baryibuka mu munsi mukuru wa Pasika (Iyim 12)

• Iyambuka ry’inyanja y’urufunzo (Iyim 14)

• Itangwa ry’amategeko n’isezerano riyaherekeje (Iyim 19-20)

• Ibitangaza binyuranye byatumye aho gupfira mu butayu bahabwa amazi n’ibyo kurya (Ibar 20)

Muri urwo rugendo rwo mu butayu niho ibifitanye isano byose n’imihango y’iyobokamana

byatunganyijwe : umwanya n’uruhare by’abaherezabitambo ; (bene Aroni) (Iyim 28,1 ; Ibar 17,16-26)

n’Abalevi (bene Levi) umwanya n’ingengabihe by’ibitambo (Lev 17) ubushyinguro bw’isezerano (Iyim

25,10), inzira y’ubutungane, n’ibindi byose byateguriye imihango izabaranga mu gihugu cy’isezerano.

Urupfu rwa Musa (Ivug 34) rwasize ari umuryango wiyegeranyije ushobora gutera no kurwana ufata

igihugu cya Kanahani.

3.4. KURWANIRIRA IGIHUGU NO KUGITURA

3.4.1. Uruhare rwa Yozuwe

Musa yasimbuwe na Yozuwe mwene Nuni (Yoz 1) nk’umutware w’umuryango. Igihugu

bagombaga gutura cyari kirimo abandi, bamwe bakaba bene wabo (Intg 33), abandi bakaba

abanyamahanga (Yoz 23).

Uburyo bwo kugishyikira kwari ukugirana amasezerano aho bishoboka (Yoz 2,8), ubundi bwari

ukurwana (Yoz 8,14 ; 10). Bongeye kubibonamo ububasha bw’Imana yabo ibashyigikiye kandi

ibarwanira (Yoz 10,42).

Aho igihugu cyose kimaze kwigarurirwa habaye isezerano rikomeye rihuza inkomoko

y’abayisiraheli babaye mu Misiri, n’abandi basangiye amaraso ariko batamenye ibitangaza byo mu

Misiri no mu butayu (Yoz 24,1-28).

Buri gisekuru gihabwa ubutaka bwo guturaho (ikarita n° 3), bene Levi na Aroni baba umunani

w’Uhoraho nubwo bahawe imigi bororeramo (Yoz 21), hateganywa n’imigi y’ubuhungiro ngo

kwihorera bitazabacamo ibyuho (Yoz 20). Nyuma y’iryo gabana, buri muryango wagize ubwigenge

bwawo, bagahuzwa gusa n’amateka basangiye hamwe n’urusengero rw’i Silo rubitse Ubushyinguro

bw’Amategeko y’Imana (Yoz 15,1; Abac 18, 31).

13

3.4.2. Igihe cy’Abacamanza n’umurimo wabo

Itatana ry’imiryango mu gihugu, nta butegetsi bubahuriza hamwe kimwe n’igishuko cyo

kureshywa n’iyobokamana ribakikije byateye muri Isiraheli icyuho gikomeye (Abac 6-9) : ubumwe

bushingiye ku idini bwaradohotse, kudaturana bigaha imbaraga ibihugu bibakikije ndetse no hagati

yabo haduka amakimbirane (Abac 12,1-7 ; 17,20).

Umurimo w’umucamanza wari uwo kuyobora ibitero mu gihe cy’intambara, akumva afite ubutumwa

bw’Imana (Abac 6,11) ngo afashe kurwanirira igihugu bahawe, intambara yarangira bakisubirira mu

ntara yabo no mu mirimo bari basanzwemo (Abac 5-13). Twabagereranya n’abagaba b’ibitero mu

Rwanda rwa kera, kandi icyo gihe cyamaze hafi imyaka 200.

Uburyo bw’abacamanza ntibwashoboye kubumbira hamwe Isiraheli yose : hirya no hino yari

ikikijwe n’amahanga agenda agira ingufu, cyane cyane Abafilisiti bageze n’ubwo bafata ubushyinguro

bw’Uhoraho i Silo (1Sam 4) bakanatwara n’umugi wa Beteli, kandi yombi yari ikimenyetso gikomeye

cy’iyobokamana (1Sam 1-3).

Akenshi buri nzu yirwanagaho mu guhangana n’ibitero, cyangwa se inzu nyinshi zikishyira

hamwe ngo zigire ingufu, zikayoborwa n’umutware umwe (Abac 4-5), nyamara ntabwo byatumye

bakomeza ubumwe bwabo cyangwa ngo barengere bihamye umutekano w’igihugu cyabo.

3.5. UBWAMI MURI ISIRAHELI

3.5.1. Igitekerezo cy’ubwami nk’uburyo bwo kwisuganya no kwihagararaho nk’umuryango

Nyuma y’abacamanza, Samweli yahuje imiryango ya Isiraheli, ubushyinguro bw’Uhoraho

buragaruka (1Sam 6), ariko umurimo w’ibanze wari uw’ubuherezabitambo kurusha uwo kurwana

n’abanyamahanga. Abahungu be ntibashoboye gukomeza ubushobozi nk’ubwe (1Sam 8), bityo

havuka igitekerezo cyo gushyiraho umwami ngo ahuze imiryango kandi ahashye abanzi (1Sam 8,5).

Igitekerezo cy’umwami nk’uburyo bwo kuyobora ubuzima bwa politiki n’idini by’igihugu ntabwo

bakivugaga ho rumwe :

*Bamwe barwanyaga ubwami, bakanavuga ko Isiraheli idakwiye kwigana imiterere n’imigirire y’andi

mahanga : umuyobozi wayo ni Imana, kwimika undi mwami ni ukuyihigika (1Sam 8,10).

*Abandi barabushyigikiye, bityo umwami akaba uwatowe n’Imana, akayobora umuryango mu izina

ryayo (1Sam 9,1-10 ; 11,1-15).

Icyo gitekerezo cya 2 ni cyo cyagendeweho, bityo rero imihango n’ububasha by’abacamanza

byegurirwa abami muri Isiraheli.

3.5.2. Abami ba mbere : Isiraheli yibumbira hamwe

a) SAWULI : Umurimo we wa mbere wabaye uwo kurwanya Abafilisiti (1Sam 13,14-47), ashyiraho

ingabo zo kurwanya ibihugu baturanye. Ikosa rye ryabaye gushaka gushimisha imbaga ayobora aho

gukurikira ugushaka kw’Imana (1Sam 13,8-15 ; 15-24) ubwami bwe bwagaragaje intege nke,

uburwayi n’amashyari (1Sam 13,27), cyane cyane hagati ye na Dawudi wari waragaragaje ubutwari

n’ibimenyetso byatuma amubonamo umusimbura umurusha ibigwi (1Sam 18,6) ; ntabwo rero

imiryango yose yashoboye kuyibumbira hamwe.

b) DAWUDI : Nyuma y’urupfu rwa Sawuli, Dawudi yatorewe kuba umwami, ariko babanza

gushyamirana hagati y’abashakaga kwimika umuhungu wa Sawuli n’abifuzaga Dawudi (ishyamirana

hagati y’izo nzu zombi : 2Sam 2,12-13 ; 11).

14

Aho ubushyamirane buhoshereje, Dawudi yabaye umwami w’imiryango yose ya Isiraheli

(2Sam 5) bityo igihugu kirakomera, ibihugu bituranye biragitinya, ibwami hatangira no kwandikirwa

amateka y’igihugu ku buryo bunonosoye kandi busumbye kure uruhererekane rw’amateka rwari

rwarafashwe mu mutwe.

Mu rwego rw’ubuyobozi, Dawudi yafashe umugi wa Yeruzalemu ho umurwa mukuru kandi

himurirwa n’ubushyinguro bw’Uhoraho (2Sam 5, 6-9 ; 6). Ubuyobozi bw’idini n’ubwa politiki

buhurizwa hamwe, ndetse hanatangira amizero akomeye y’Umukiza uzakomoka mu nzu ya Dawudi

(ubuhanuzi bwa Natani 2Sam 7,1-17).

Gusa ariko ingorane ziterwa n’amashyari, imico y’ahandi ishyingiranwa ry’abagore

b’abanyamahanga, n’ubusaza byagiye bijegeza ubumwe bw’igihugu (2Sam 11-12 ; 18-19).

Kubera ubuyoboke n’icyubahiro cya Nyagasani byaranze Dawudi (2Sam 7,18 ; 6,9), hamwe no kuba

yarahuje Isiraheli nk’igihugu kimwe, ibisekuru bizakurikira bizakomeza kumurata, no kurangamira

umukiro uzakomoka mu nzu ye (Iz 7,14 ; Mk 4,12).

Mu mateka ya Isiraheli, inzu ya Dawudi ni yo bategerejemo umukiza, umwami usumba bose,

wagombaga kugenga amahanga ari we Yezu Kristu.

C) SALOMONI : Salomoni yarazwe ingoma imeze neza amaze kwimikwa, yabanje kurwanya

abashakaga gufata ubwami (1Bami 1), agabanya igihugu mo intara z’ubuyobozi (bitandukanye

n’izishingiye ku miryango ; 1Bami 4) yongera ingabo kandi azigira iz’umwuga bihoraho, ashyikirana

n’amahanga kandi ubucuruzi buriyongera (1Bami 3,10).

Ku ngoma ye yashyize mu bikorwa igitekerezo cya Dawudi cy’ubuyoboke bukomeye cyo

kubaka Ingoro y’Imana (ahagana mu mwaka wa 969 mbere ya Kristu; 1Bami 6), ndetse yubaka

n’ingoro ye bwite. Ibyo bikorwa byombi byamuhesheje ishema, ariko umutwaro w’umusoro

n’amaturo y’ ibwami bikubitiye ku mirimo y’uburetwa bakoraga byatangiye gutera kwijujuta muri

rubanda, ndetse n’imyivumbagatanyo (1Bami 15 ; 27,11.26). Ikindi cyashegeshe ubwami bwa

Salomoni, ni ukurongora abagore b’abanyamahanga binjije ibigirwa-mana byabo muri Isiraheli (1Bami

11,1) hamwe no gutonesha imiryango y’amajyepfo, mu nkomoko ya Dawudi (1Bami 11,14-23).

3.6. ISIRAHELI YIGABANYAMO INGOMA EBYIRI (1Bami 12 ; 1Matek 10)

3.6.1. Akaga gakomeye k’igihugu cya Isiraheli

Nyuma y’urupfu rwa Salomoni (1Bami 11,43), umuhungu we Robowamu yaramusimbuye :

imiryango y’amajyepfo imwemera mu ngorane, naho iy’amajyaruguru imusaba kubanza

kuborohereza imirimo y’uburetwa (1Bami 12,1-15). Yanze kubyemera, imiryango yose

y’amajyaruguru iritandukanya (1Bami 11,29 ; 12,16). Kuva icyo gihe (931), amateka y’igihugu cya

Isiraheli azagira ingoma zibangikanye.

� Isiraheli mu majyaruguru, umurwa mukuru wayo ni SAMARIYA.

� Yuda mu majyepfo, ikomeza umujyi wa YERUZALEMU ho umurwa mukuru.

Hejuru y’ubwitandukanye bwa politike, iyobokamana ryagize ingaruka; hubatswe intambiro zo

gusengerwamo mu majyaruguru, bibangikana na HEKARU y’i Yeruzalemu (Beteli na Dani : 1Bami

12,25 ; 14,9-15).

Icyahoze ari igihugu kimwe n’inkomoko imwe kibyayemo amacakubiri n’urwango, ndetse

aribyo kenshi bazagambanirana (Iz 7), barwane hagati yabo (1Bami 15,1-14 ; 2Bami 16-1 ; 2Matek 13-

16, Hoz 5,8). Ubundi bakiyunga ngo barwanye ibitero by’ibindi bihugu (2Matek 21) ariko ntibazongera

narimwe gukora igihugu kimwe nk’igihe cya Dawudi na Salomoni.

15

Uko kwigabanyamo kabiri byakomeje kugaragara nk’ikimenyetso kibabaje cy’ubuvandimwe

bwahungabanye, bitanga icyuho (kubera ko intege n’imbaraga by’igihugu byaragabanutse), maze

ibihugu by’ibihangange bibona aho bimenera bitsinda izo ngoma zombi ndetse n’iyobokamana

ry’abanyamahanga riracengera buhoro buhoro.

3.6.2. Amateka y’ingoma ya Isiraheli (931-721)

Yari igizwe n’imiryango 10 kuri 12, ikaba mu majyaruguru (reba ikarita no2 na n

o4), umurwa

mukuru wayo ni Samariya, ifata izina ry’umukurambere Yakobo, wafashe irya Isiraheli (Intg 32,29 ;

33,20 ; 35,10).

Muri rusange yaranzwe no kutagira ubutegetsi buhamye ngo bunarambe ; akeshi abami baho

basimburanaga hamenetse amaraso (1Bami 12,16 ; 2Bami 3,10 ; 9-10), kandi ikagaragaza no

gushakira iyobokamana mu mana nyinshi.

Ku byerekeye ubukungu n’umutungo, igihugu cya Isiraheli kitaratangira guterwa no kurwana

n’ibihugu bibakikije cyagize umutekano n’ubukungu butubutse, nyamara byikubirwaga n’abantu

bakeya (Am 6,1-7 ; Hoz 4,1-4). Politike yabo yaranzwe no kurwanira ubutegetsi, akenshi mu bwicanyi

(2Bami 11). Nyuma y’imyaka hafi 210, hategetse abami bagera kuri 19 : ahagana muri 722. Umwami

w’abanyeshuru yabagize « ingaruzwa-muheto », abategeka kumuha amaturo n’imisoro, naho muri

721 arabatera atsinda igihugu cya Isiraheli burundu : abaturage bajyanwa «bunyago» mu mahanga

bahereye ku batware, abakomeye ndetse na benshi muri rubanda giseseka (2Bami 17). Aho

banyanyagijwe mu mahanga bahatereye ubwenegihugu, iyobokamana n’ibindi byabarangaga

bihariye.

Iyo abanyashuru batsindaga igihugu, batwaraga bunyago abatsinzwe, hanyuma bakazana

abantu babo kuzungura igihugu bigaruriye bakazanamo n’iyobokamana ryabo (1Bami 16,29-33). No

kuri Isiraheli ni iyo politike yo « kwimura no kuzungura » bahakoresheje : Abenegihugu batahunze

byarabashobeye, batangira kwivanga no gushyingirana n’abo banyamahanga ; ibyo rero bizaba

intandaro yo gusuzugurana hagati y’abanyasamariya n’abayahudi (muri Yuda Yh 4).

Kuva icyo gihe iyobokamana (idini) y’umwimerere nk’iya Aburahamu isigaranye imizi mu majyepfo ;

kuva kandi mu wa 721 amateka ya Isiraheli nk’igihugu arahagarara kuko kitazongera kubaho. Mu gihe

cya Yezu, Samariya yari imwe mu ntara y’ibihugu byigaruriwe n’abanyaroma, igaturwa n’abantu

b’uruvangitirane rw’amoko, batumvikana n’abayahudi (bo muri Yudeya ndetse batagisenga kimwe Yh

4).

3.6.3. Amateka y’ingoma ya Yuda (931-587)

Ku byerekeye ubutegetsi bwo mu gihugu, ingoma ya Yuda itandukanye n’iya Isiraheli : Abami

baho bakomeje guturuka mu muryango wa Dawudi, abenshi barambye ku bwami, ndetse n’iyo hari

ukuwe ku ngoma yishwe bamusimbuzaga iteka uwo mu muryango wa Dawudi (cyeretse umwamikazi

Ataliya 2Matek 23).

Ku birebana n’iyobokamana, Yuda nayo yagize kenshi agatima gakururwa n’ibigirwamana

(2Bami 21,1-18), ariko bakomeje kwihambira kuri Uhoraho (Yer 1,4-18) ; bamwe mu bami bavuguruye

idini bishimishije (2Matek 29-31 ; 17-20 ; 2Bami 22) ndetse rimwe na rimwe Abahanuzi b’Uhoraho

babaye abajyanama bubashywe (2Bami 19 ; Yer 26,18-19), n’abaherezabitambo bakomeza kugira

ijambo (2Bami 12,1 ; Mt 26).

Ku byerekeye umutekano n’umubano n’ibindi bihugu, igihugu cya Yuda cyabayeho nka

Isiraheli mu mudendezo wakurikiwe no guhangana n’ibihugu by’ibikomerezwa byarwaniraga kwagura

imbibi (Iz 37,1-9 ; 2Bami 18-19).

16

Imbibi zayo zahuye ni z’ibihugu by’ibihangange, ingorane zigenda ziyongera (2Matek 29-32),

ndetse n’impungenge z’uko akaga gakomeye kegereje zirigaragaza (Mika 3,9-12).

Guhera ahagana muri 628, Babiloni yatangiye gukomera, mu gihe gitoya yiganzura Ashuru,

irayigarurira. Icyo gihe abami ba Yuda babanje kuyihakwaho, bayiha amaturo n’imisoro.

Muri 597, Ingabo za Babiloni zateye Yeruzalemu, umwami, umwamikazi ndetse n’ibikomerezwa

by’ibwami batwawe bunyago babajyana i Babiloni (2Matek 36,9-10).

Ku ntebe y’ubwami, abo banyamahanga bahimitse umwami bishakiye (2Bami 24,17), nyuma

aho ashatse kwigobotora acudika na Misiri, biba intandaro yo ku mutera : muri 587 Mb.K, umujyi wa

Yeruzalemu barawugose, barawufata, Hekaru n’ingoro y’Umwami barabitwika, ibikoresho

by’imihango mitagatifu barabisahura babijyana i Babiloni.

Icyo gihe, igice kinini cy’abantu (hafi 20 000) kijyanwa bunyago i Babiloni (Zab 136), abandi bahungira

mu Misiri, abandi barapfa. Icyari igihugu cya yuda gisa n’igihindutse amatongo (2Bami 24), ingoma ya

Yuda nayo iba irazimye (2Bami25).

Abantu bakeya (ba rubanda giseseka) basigaye mu gihugu batakaza ubwigenge n’izina ry’igihugu

rirazima, basigara babarirwa mu ntara nyinshi z’ingoma-ngari ya Babiloni.

Ikintu cyahuzaga abasigaye mu gihugu ni agahinda n’amaganya baterwaga n’amatongo ya Hekaru

y’Imana y’i Yeruzalemu n’inkuta z’umugi wasenyutse.

Amizero yose yari asigaye gushakirwa mu bajyanywe bunyago nubwo nta gashashi k’amahirwe

kagaragara mu ndirimbo n’ibitekerezo byuzuye amaganya (Yer 29,2 ; Mt 36,16).

3.7. ABAYAHUDI MU BIHUGU BY’AMAHANGA

Igihugu cya mbere cyabaye Misiri (Intg 46), nyuma imiryango y’amajyaruguru itwarwa

bunyago na Ashuru (2Bami 17,5), naho ku bw’imperuka abo mu nzu ya Yuda, bajyanwa i Babiloni

(2Matek 36,17) ; iryo nyanyagira ryatumye bahora kure y’igihugu cyabo n’iyo ndetse habaga uburyo

bwo gutahuka (bacunguwe na Musa cyangwa mu iteka rya Sirusi), siko bose basubiraga muri Isiraheli.

Igihe rero birukanywe burundu i Yeruzalemu (135 Ny.K), basanze hari ibisekuru by’igihe kirekire

byabaye mu mahanga ndetse n’itahuka rya vuba aha (inama y’umuryango w’Abibumbye iremarema

igihugu cya Isiraheli 1948), ntabwo rishobora gutahura abayahudi n’ababakomokaho kuko ari benshi,

bamenyereye aho batuye kubera impamvu nyinshi.

Muri rusange ariko iyo tuvuze ubuzima bw’abayahudi mu bihugu by’amahanga, birareba

ifatwa rya Samariya (721), ariko cyane cyane ijyanwa bunyago ry’i Babiloni (587) ryibasiye igihugu cya

Yuda.

Mu ikubitiro ry’ako kaga, ishyanga bahabonyemo igihano cy’Imana (2Matek 36,16);

amasezerano babona rapfuye burundu (Ivug 28,47) ; Kuba kure y’igihugu cy’isezerano (Zab 136),

kubura ubutegetsi bw’inkomoko ya Dawudi (2Sam 7) no kubona Hekaru yari agatangaza yasenywe

(2Bami 25) byabaye nk’inzozi, ndetse babanza no kwanga ku byemera, nyamara ubuzima bwo mu

buhunzi bazabumaramo igihe (Yer 29).

Buhoro buhoro bazegura umutwe (Hoz 2,20), bafashijwe n’inama z’abahanuzi: Yeremiya (Yer

29), Ezekiyeli (Ezk 2,3-9) ndetse n’abaherezabitambo (Ezk 44,15) ; bibumbiye mu dutsiko duterana

kenshi bakazirikana ku muco wabo no ku iyobokamana ryabo, maze aho gukomeza kwibona

nk’umuryango urimo ucika, ukendera (Ezk 1,4) batangira kwibona nk’udusigisigi tw’umurage

ukomeye ndetse bumva ko bagira n’icyo bigisha amahanga (Neh 1,2).

Ijyanwa-bunyago baribonyemo ingaruka y’ibyaha by’umuryango wose (Yer 13,23), maze

ugutinda muri ako kaga bibabera uburyo bwo kuzirikana aho bateshutse hose :

a) Abategetsi bashyize amizero yabo mu mbaraga z’ingabo n’iz’ibihugu by’inshuti aho kuzishakira

muri Uhoraho (Iz 8,6 ; Ezk 17,13).

17

b) Abakomeye birengagije ubuvandimwe bishora mu rugomo n’amacabiranya (Iz 1,13 ; 5,8).

c) Ndetse na rubanda giseseka ntibabaye miseke igoroye kuko bitwaye nabi mu mico, bakanasenga

ibigirwamana (Yer 5,19 ; Ezk 22).

3.8. MU GIHE CY’IJYANWA BUNYAGO IYOBOKAMANA RY’ABAYAHUDI RYATEYE INTAMBWE

IKOMEYE

Nubwo icyo gihe cy’amakuba bakomeje kukibonamo igihano, ntabwo bakomeje gucika intege

gusa (Ezk 11,15 ; Iz 49,14), batangiye no kugira amizero :

1) Igihano bahawe ni uburyo bwo gukosorwa ngo basubire biyunge n’Imana (Hoz 2,1 ; 11,8 ; Iz 11,11 ;

Yer 31,20), bityo bakomeza gucengera inyigisho z’abahanuzi zishimangira ko Imana yabakunze

ubutisubiraho, ko n’ubu ibafitiye agatima (Yer 30,18-22 ; 31,1-9).

2) Nta kwohoka inyuma y’ibigirwamana kuko nta bubasha n’ubushobozi bifite (Yer 10 ; Bar 6 ; Ezk

44,9).

3) Ikuzo ry’Imana ntabwo ryari rifungiranye mu Ngoro rizabasanga no mu mahanga (Ezk 1 ; 11-16).

4) Mu kwivugurura kwabo, buhoro buhoro batangiye amakoraniro yo gusenga (Synagogue : ariko nta

bitambo batura), abaherezabitambo batangira kwigisha ijambo ry’Imana (Ezk 31,31), maze aho

gukomeza kwibona nk’insuzugurwa bumva ko aho banyanyagijwe n’ibyago bagomba kuba urumuri

rw’amahanga (Iz 42,49 ; 49,11), maze ingoma y’Uhoraho ikaba iy’isi yose (Iz 45,15).

Icyitonderwa : Umurimo munini wo kwandika, gukusanya no kunonosora ibitekerezo n’inyigisho

zinyuranye zo muri Bibiliya nibwo watunganyijwe.

3.9. AMIZERO N’IMPUNGENGE BISIZANA

3.9.1. Amizero :

Politike y’ibihugu by’ibihangange yakomeje kuba iyo kurwanira gutegeka, kwagura imbibi no

kwigarurira abo urushije intege : nyuma y’abanyashuru n’abanyababiloni, hadutse ingufu z’abaperesi

(reba ikarita n°1).

Bityo rero muri 539, umwami SIRUSI yigarurira aho Babiloni yategekaga, za ngaruzwa muheto

z’abayahudi zibarirwa mu bantu ategeka.

Itahuka barikesha mbere na mbere politike y’abanyaperesi : Sirusi yakoze gahunda nshya

y’ubutegetsi, aha uburenganzira bwo gusubira iwabo abari baratwawe bunyago (barimo n’abayahudi)

kandi bakubahiriza imico n’iyobokamana byabo (Ezr 1,4 ; 6,3-5 ; Ezk 37,1-14), ndetse ubutegetsi

bunatanga inkunga yo gusana (Ezr 6,8-12).

Amizero rero yari yarakomeje gushakirwa muri Yeruzalemu yasenyutse (Iz 40-55 ; Neh 1,12),

hamwe n’icyizere cy’Uhoraho ubasanga no mu mahanga (Ezk 34,11 ; Iz 40,11), bizeye kubona

byujujwe.

Icyahoze ari igihano cyahindutse ugushaka kw’Imana ngo ibasukure umutima kandi ikorane

nabo Isezerano rishya, rizahoraho iteka (Yer 31 ; 36,24-25 ; Iz 55,3). Ku bayahudi batahutse (kuko siko

bose basubiyeyo), inzira iva aho bari baranyanyagiye basubira mu gihugu cyabo bayibonyemo

ibitangaza bikomeye : umuhanda mu butayu (Iz 35,8 ; 40,3), amazi avubutse mu gasi (Iz 35,6 ; 43,20),

Imana ibiyoborera (Iz 52,12). Inzuzi zibareka batambuka (Iz 11,15 ; 51,10), ku buryo iryo tahuka

barigereranya n’iyimukamisiri : ni intango nshyashya (ya Kabiri) y’igihugu cy’amasezerano.

18

3.9.2. Impungenge :

Icyiciro cy’ikubitiro ry’abatahutse cyayobowe n’igikomangoma Sheshibari (cyangwa Shenasari)

(Ezr 1,8) basubizwa ibintu byasahuwe birimo ibikoresho byo mu Ngoro Ntagatifu, bahabwa umusanzu

kandi ubutegetsi bwa Sirusi burabashyigikira bihamye.

Imirimo y’ingenzi yabaye kongera gusanasana urutambiro, gusubizaho ibitambo no gutangira

umusingi (fondation) n’inkingi za Hekaru ababigizemo uruhare rugaragara ni benshi, cyane Yozuwe na

Zinobabeli (Ezr 3).

Ingorane ariko zabaye nyinshi :

• Hari hatahutse abantu bakeya (Ezr 2,64), kuko hari abari barabonye amaronko batatashye kimwe

n’abavukiye hanze mu buhunzi batazi igihugu cy’amavuko y’abasekuru : ibyo byiciro, gutahuka ntacyo

byari bibatwaye.

• Urwikekwe hagati y’abatahutse n’abari barasigaye mu gihugu (bapfa ahanini amasambu).

• Kuba badahuje ibakwe n’ishyaka ryo gusana ingoro (Iz 57,3-10 ; 1-12 ; 1-8).

• Urwangano hagati y’imiryango ya Yuda itahutse n’abanyasamariya bari bifuje kubafasha, ibyo byose

byadindije imirimo ndetse hashize igihe abanzi b’abayahudi batambamira byuzuye igikorwa cyo

kubaka Ingoro y’Uhoraho (Ezr 4,1) ; bongeye rero kwiheba (Ezr 4,4-5.24).

Muri 520, icyiciro cya 2 kiyobowe na Zorobabeli n’umuherezabitambo Yozuwe (Ezr 6,1-12)

cyongera guhanyanyaza no kubyutsa amizero, bafashijwe cyane cyane n’inyigisho z’abahanuzi :

Hagayi (Hag 1,1-11 ; 2,1-9) na Zakariya (Zak 1,7-17 ; 6,9-14). Bityo rero muri 515 Hekaru yari

yasanywe, nubwo ntaho yari ihuriye n’iya mbere mu bwiza (Iz 62), bizihirizamo umunsi mukuru wa

Pasika (Ezr 4,1-3 ; 5,3-17 ; 6). Yeruzalemu (cyangwa Siyoni) (2Sam 5,7 ; Iz 2,2 ; 4,5), bongera kuyibona

nk’umurwa uhatse iyindi (Iz 61,1-3 ; 62,2-5).

Impungenge zarakomeje kuko umugi wa Yeruzalemu ntabwo bashoboye kwongera kuwukikiza

urukuta (Neh 4-6), ngo babarinde abasahuzi, ubuyobozi bwa Politike bwari mu ntara ya Samariya

batajya imbizi (Neh 6), ubukene bw’abatahutse ni bwinshi (Zab 10 ; 13 ; 27,7-14 ; Ezr 4,4-5.25),

iyobokamana riracumbagira (Iz 58-59), nyamara kandi bakomeza kwiyumva nk’urumuri rureshya

amahanga (Zab 49, 1-6).

3.10. IVUGURURWA RY’IDINI RY’ABAYAHUDI : Umurimo wa Ezira na Nehemiya.

3.10.1. Nehemiya :

Ni umuyahudi wari aho abasekuruza b’abajyanywe bunyago, akaba umunyagikari w’umwami

w’abaperesi Aritashuweru, ahagana muri 445-433 (Neh 1-2) ; yahawe ububasha bwo kuyobora

Yeruzalemu ntiyakomeza gutegekwa n’icyahoze ari Samariya, bityo ahabwa ubuyobozi bwayo

bugengwa kandi bugacungwa n’abategekera umwami w’abaperesi.

Mu minsi mikeya (hafi 52) yeguye inkuta z’umugi, asubizaho amaturo agenewe ingoro, ashyira ku

murongo imirimo y’Abalevi bakora mu Ngoro, yibutsa icyubahiro cya Sabato kandi arwanya

ishyingiranwa n’abagore b’abanyamahanga ryari ritangiye no gusatira abaherezabitambo (Neh 13 ;

1Matek 1,6-14).

3.10.2. Ezira :

Yari umukozi ukomeye w’ibwami (mu baperesi), akaba umwanditsi (umuntu ujijutse)

n’umuherezabitambo.

Kubera ko ubutegetsi bw’abaperesi bwemereraga ibihugu bwigaruriye uburenganzira bw’idini,

Ezira yahawe ubutumwa bwo kujya gusobanura neza no gutunganya amategeko n’imihango n’idini

by’abayahudi, mbere gato ya Nehemiya, ahagana muri 458 (Ezr 7-8).

19

Ahagana mu mwaka wa 400, ivugururwa rya Nehemiya na Ezira ryahamije idini y’abayahudi :

• Yanonosoye amategeko ya Musa ari mu bitabo bitanu bimwitirirwa (Intg, Iyim, Lev, Ibar, Ivug),

kandi ayo mategeko ubutegetsi bw’abakoroni bukayemeraho itegeko ngenderwaho.

• Yavuguruye imihango n’iminsi mikuru (Neh 9).

• Yakomeje ibyo Nehemiya yatangiye byo kwamagana ishyingiranwa n’abagore b’abanyamahanga

(Ezr 9).

Iryo vugurura ryababereye nk’uruzitiro rukomeye rutuma imico n’ukwemera

by’abanyamahanga (bita n’abapagani) bitabameneramo. Nubwo ku by’ubuyobozi n’imiyoborere

by’igihugu (inzego za Leta) abayahudi bagengwaga n’abaperesi, ibibazo byihariye hagati yabo

byakemurwaga mu nzira z’amategeko y’idini.

3.11. ABAYAHUDI N’ABASAMARITANI : Imbarutso z’urwangano rw’abavandimwe zariyongereye

Intangiriro y’ubwitandukanye n’urwangano tubisanga igihe igihugu gicitsemo kabiri (reba n°6

y’iyi nyandiko), ariko kuva abanyasamariya bakubaka intambiro zabo, ndetse bagashyingirana

n’abanyamahanga (2Bami 17) byabaviriyemo gusuzugurwa (ndetse no kunenwa) n’ingoma ya Yuda.

Aho abayahudi bajyanywe bunyago, abanyasamariya babohoje amatongo ya Hekaru (kuko intambiro

zabo nazo zari zarasenywe (2Bami 22,1-23,28). Bityo abatahutse mu ikubitiro basanga abo bita abanzi

babo babarusha ijambo (Ezr 4,4-5.24).Ubutegetsi bw’Abaperesi bwashatse kubunga no kubaha

amategeko ya Musa bari bahuriyeho ngo abagenge kimwe (407) nyamara gushyamirana birakomeza

abanyasamariya bongera kwubaka urusengero rwabo ku musozi wa Garizimu hafiya Sikemu (Yoz 8

30-35 ; 24 19-31) abayahudi bararusenya ahagana mu 129 bityo mu gihe cya Yezu baba babaye

abanzi gica (Yh 4).

3.12. UBUZIMA BW’ABAYAHUDI KU NGOMA Y’ABAPERESI

Ubutegetsi bw’abaperesi bwamaze imyaka hafi 200 (538-338) : ntabwo Bibiliya ibavugaho

ibintu byinshi nyamara iteka rya SIRUSI ryatanze uburyo n’ubuzima byihariye ku bayahudi : Aho bari

barakwiriye imishwaro bashoboye gutahuka ku iyobokamana ryabo rigahura n’ubuhanuzi bwinshi (Iz

4-41 ; Yer 50 8 :). Nyamara ariko siko bose batahutse abenshi bagumye kunyanyagira hirya no hino.

Abagarutse bakomeje kuba mbarwa n’agace k’igihugu batuye kari kagizwe n’imigi mikeya : Yeriko,

Betelehemu na Yeruzalemu (ikarita no

4 & 6).

Nubwo bari hirya no hino, iyobokamana ryabo ryari rirangamiye Yeruzalemu (Iz.25,6-10 ;

Yow .4 ,9-17) , aho umusaserdoti mukuru yari atuye. Ntawakwihangana ngo avuge ko umutekano

wabo wari utereye neza kuko ibitabo bya Esteri na Yudita (Est 1,1a 4,17k-z ; Ydt 3,7-4,2)

bidutekerereza amakuba bagiye bagira, hafi ndetse yo gutsemba amatsinda amwe n’amwe.

Ku byerekeye ubuzima bwa politike, nta bwigenge bafite bategekwa n’amatangazo cyangwa

ibyemezo bivuye ibwami (ku mwami w’abaperisi). Abayobozi bari mu gihugu (kabone n’iyo baba bene

wabo ku bw’amaraso) bategekera abanyamahanga. Icyahoze ari igihugu cya Palestina ntikikibaho,

hariho intara zitwa Yudeya, Samariya na Galileya zibarirwa mu gihugu kigari hamwe n’utundi duhugu

twahinduwe intara; ntaho rero bihuriye n’igihugu cy’umwami Dawudi (1Matek 18, 1-17).

Isiraheli ntabwo ikiri igihugu, ariko n’umuryango munini uhujwe n’ukwemera, amateka

n’amizero kuko Imana izabarokora ikoresheje umukiza (Zab 132 ,17 ; 2Sam 7,12-16) kuko ibyiza

n’ubugwaneza bya SIRUSI bitabashubije byose. Nyuma y’ubutumwa bwa Ezira na Nehemiya, Bibiliya

ntacyo itubwira ku mateka y‘abayahudi.

20

Ahagana mu mwaka wa 339, ubutegetsi bw’abaperesi bwarakendereye intara zimwe nka

Misiri zirigomeka zisubirana ubwigenge ; ibwami hatangira ingorane umwami ararogwa umuzungura-

ngoma wari ukiri muto aricwa bitanga icyuho cyo gutsindwa n’umusirikari w’umugereki Alegisanderi

(333). Abayahudi baba bategetswe n’ikindi gihugu cy’igihangange gisimbuye Ashuru, Babiloni na

Perisi. Uko ubuzima bwabo buzamera bizaterwa n’ibyemezo n’amatwara y‘abayobozi bashya

cyangwa abazagenda babasimbura.

3.13. UMWANYA W‘ABAHANUZI N’ABAHANGA MU MATEKA Y‘UMURYANGO WA ISRAHELI

3.13.1. Abahanuzi :

Uwitegereje ibyiciro by‘abantu babaye mu mateka n’iyobokamana bya Israheli umwanya

ukomeye uba uw’abakurambere b‘umuryango, abacamanza n’abami. Mu iyobokamana

Abaherezabitambo nibo bakomeje kugira umwanya usa n’uhoraho iteka cyane cyane babikesha

ububasha bwo gutura ibitambo (Iyim 28 ,41 ; Lev 8,1) kurwana ishyaka ry‘idini (1Bami 19 ,19-21) no

kwimika abami.

Kuva ahagana muri 755 abahanuzi bazagira uruhare rukomeye kubera inyigisho zabo (1Bami

1,9; 2Bami 2,1-18). Nubwo icyiciro cy’Abahanuzi kigaragara nambere y’iriya myaka (Samweli, 1Sam 1-

3; Natani 2Sam 7,11-12. Ahiya 1Bami 11,26-40) no kuva mu gihe cy’ingoma 2 z’imbangikane

abahanuzi bahabwa umwanya ukomeye mu iyobokamana rya Isiraheli (1Bami 22,9-10) kandi batorwa

n’Imana mu ngeri z’abantu bose (Abashumba, ibikomangoma, abaherezabitambo) naho

abaherezabitambo bakomoka mu muryango umwe (Lev 8 ; Iyim 39,1-32).

Umuhanuzi ni umuntu watowe n’Imana wiyumvamo ubwo butorwe agahabwa ubutumwa bwo

kubwira umuryango wayo no kuwigisha guhinduka ngo ukore ugushaka kwayo

Muri Bibiliya inyigisho za Musa n’iz’abahanuzi (Lev 16,29) nibyo bice bikomeye by’Isezerano rya kera

kandi bibumbye ibitekerezo by’ingenzi by’iyobokamana rya Isiraheli. Ubuhanuzi n’abahanuzi ntabwo

byari umwihariko wa isiraheli kuko yari ibihuriyeho n’andi moko bari baturanye (Ibar 22-24 ; 1Bami

18,19-40) akeshi akaba amatsinda cyangwa udutsiko tw’abantu babyina ; batwara bakavuga uruvange

rw’amagambo nk’itorero riyobowe n’ububasha bukomeye bubavugiramo (1Bami 18 ; 1Sam 10,5-6 ;

19,20).

Ku buryo bw’umwihariko muri Isiraheli habonetse abantu bavuga ku giti cyabo (bitandukanye

n’itorero) barwana ishyaka ry’Imana yabo bakanatangaza ubutumwa ibahaye: Eliya (1Bami 18,22 ;

19 ,10-14) Natani (2Sam 7,1-17) Gadi (1Sam 22 ; 2Sam 24) ; Ahiya w’i Silo (1Bami 11). Yehuru (1Bami

16,1-13) Mika (1bami 22) n’abandi .Habagaho kandi n’abahanuzi babigize umwuga ibwami cyangwa

bagaharanira ibinyoma (Am 7,14 ; Yer 28 ; Zak 13,11-16 ; Yer 23,9 ; Ezk 13).

Twavuga rero ko ari kuva igihe Isaraheli yiciyemo ingoma ebyiri habonetse abahanuzi bagize

uruhare mu mateka ya Isiraheli : ukuri kw’ibyo bigishaga kugaragazwa nuko bari mu murongo

w’amategeko n’isezerano Imana yari yagiranye na Isiraheli (Iyim 20 ; Ivug 5,6-22). Inyigisho zabo

zirazwi kuko bamwe basize inyandiko abandi zikandikwa n’abigishwa cyangwa abakarani babo.

Dore ibitekerezo by’ingenzi biri mu butumwa bw’abahanuzi :

a) Inyigisho y’ukuri y’ubuhanuzi igenda mu murongo umwe (umujyo umwe) n’ibyo Musa yigishije ko

Imana ya Isiraheli ari imwe rukumbi (Ivug 18,15-20).

21

b) Umubano w’Imana n’umuryango wayo ugendera ku isezerano bagiranye kuri Sinayi (Am 2,9-12 ; Iz

44,6-8 ni Imana rero ibakunda ikabitaho nk’uko umuhinzi akunda umurima we, umushumba

amatungo ye, umubyeyi umwana cyangwa umugabo n’umugore we (Hoz 1-3).

C) Isiraheli igomba kwisubiraho yitandukanya n’ibintu byose byayiziga, bikayiziba umutima, yirinda

iyobokamana rya nyirarureshwa ridahuza ibitambo n’ibitekerezo by’umutima (Iz 1,10-20 ; Yer 3,12-

43).

d) Guhorana amizero no gutekereza gucungurwa byuzuye haje rero igitekerezo ko Imana izohereza

uwasizwe wayo umucunguzi maze byose akabivugurura (Iz 9,1-16 ; 11,1-9 ; Yer 23,5-6 ; Ez 37,20-28).

Niwe uzaba umugaragu wa Nyagasani, umuhuza w’Isezerano rishya (mu murongo wa Musa na

Dawudi) n’umusabana-Mana w’agahebuzo (Iz 42,1-7 ; 49,1-6) azanonosora ibitambo yitura ngo

ahongerere ibyaha by’umuryango wose (Iz 52,13 ; 53,12).

Muri rusange rero abahanuzi bagiye begamira inkingi 3 z’ubuzima bw’abantu n’igihugu :

politike, idini (Iyobokamana) n’imibanire y’abantu hagati yabo.

1. Ku byerekeranye na politike, bamaganye abami batishingikiriza uhoraho : « Nimudakomera ku

Mana ntimuzakomera » (Iz 7,1-9 ; Hoz 5,13 ; Yer 32,11-17; Iz 30,15 ; Zab 52,9).

2. Kubirebana n’idini, bamaganye ibitambo, ingendo ntagatifu, iminsi mikuru n’amasengesho

bigaragara inyuma kandi umutima uri kure y’Imana n’ibikorwa biryamira abandi (Am 4,4-5 ; 5,21-25 ;

Iz 1,11-17 ; Yer 7,1-11 ; Yer 21-23 ; Mik 6,6-8).

3. Mu mibanire y’abantu hagati yabo abahanuzi bamaganye uburyamirane, uburiganya, ubugizi bwa

nabi n’ibindi byose bibangamira ubuvandimwe ; ntabitambo bishobora kunyura Uhoraho bivuye mu

biganza by’umugizi wa nabi no ku mutima ugana ku kibi (1Bami 21,1-26 ; Am 2,6 ; 5,7-11 ; Iz 1,10-17 ;

Ezk 22 ; Mik 2,1-5).

Abahanuzi rero baheraga ku butagatifu bw’Imana (Iz 6,3-7) basaba n’abayoboke bayo kuba

intungane (Lev 19,2) ; bitegerezaga amateka n’imigirire y’abayisiraheli (ndetse n’amahanga ayikikije)

bagahanura inkurikizi zabyo : ibitandukanyije cyangwa ibinyuranyije n’ugushaka kw’Imana bitera

ibyago, naho guhinduka bitegurira ihirwe n’amizero (Ivug 30,15-20)

Inyigisho z’abahanuzi zagendanye n’ibihe bikomeye by’amateka y’umuryango wa Isiraheli.

• M

bere y’injyanwa bunyago : Hagati ya 750-722 mbere y’ifatwa rya Samariya, abahanuzi

b’ikubitiro (Amosi, Hozeya, Izayi na Mika) barwanyaga ahari uburyamirane (Am 6.1-7 ; 8,4-12),

ukwohoka ku bigirwamana (Hoz 2,4-25) n’iyobokamana ridafashe (Iz 29,13-14 ; Am 4,4-5).

• Mu gihe cy’intambara (740 kuri Izayi na 597 kuri Yeremiya) babuzaga abayobozi kwishingikiriza

ingufu zabo n’amasezerano n’ibihugu by’ibihangange ; imyitwarire nk’iyo yerekana icyizere

gikeya bafitiye Imana yabo (Iz 31,13 ; 7,1-9) ; iteka abasabaga uwo muryango guhinduka (Yer

7,1-15).

• Mu gihe bari barajyanywe bunyago, inyigisho z’abahanuzi zatunze agatoki :

*Ibyaha by’abateye ako kaga (Ezk 22,23-31)

*Agahinda k’umuryango (Igitabo cy’amaganya)

*Amizero no guhozwa (Iz 40-55 ; Ezk 37).

• Nyuma yo gutahuka, abahanuzi bakomeje umuryango bawushishikariza kuzayuka no kuzuka,

kuva ibuzimu basubira ibuntu : Iz 56-66 ; Ezk 37 ; Za 9-14.

3.13.2. Abahanga : Mu muco w’ibihugu byari bikikije Isiraheli bemeraga ko habaho abantu

b’inararibonye, bitonda, b’abahanga bamenya kwitwara neza mu bwema, mu kinyabupfura,

mu bushishozi no mu bwenge.

22

Icyo Isaraheli yashyizeho cy’akarusho ni ukwemeza ko ubuhanga ari impano y’Imana (Intg 39-

41 ; Sir 1,11-20) mu mategeko y’Imana niho haba isoko y’ubuhanga kuko Imana niyo izi ikibi n’icyiza

(Sir 1,1)

Kuva kuri Salomoni, umuhanga uhebuje (1Bami 3,4-15), Bibiliya ifite ibitabo byinshi bitanga

inyigisho zihereye ku migani, ibisakuzo n’ingero z’uburyo abantu babaho batunganiwe mu ihirwe

n’ibyishimo (Imig 3,1-16 ; 5,18-19).

Ubuhanga bwa muntu rero buvoma mu isoko y’ubuhanga bw’Imana (Imig 1,20-33), bityo

muntu akabona ibisubizo by’ibibazo by’ingorabahizi :

*Imvano n’amaherezo y’ubuzima bwa muntu (Intg 1-11; Buh 3,1-9; 4,16; 5,16)

*Ibyago by’umuntu w’intungane (Yobu)

*Ibisingizo binyura Imana (Zaburi)

*Ibisingizo n’amagambo y’urukundo ruhebuje (Indirimbo ihebuje)

*Ubucuti (Sir 6,5-17), umuryango (Sir 7,19), uburere bw’abana (Sir 30,1-13) n’ibindi byinshi byose

bihuriza ku ngingo y’ihirwe n’ibyishimo by’umuyoboke w’Imana, ndetse bikaba ibyishimo bizahoraho

iteka (Zab 16,63).

Ubuhanga bwafatanyije n’Imana mu irema (Imig 8,22-31), buyifasha amateka (Ubuh 10,1-

11,4), kuburyo Isezerano rishya rizabubonamo Kristu (Kol 1,15-18); abahanga rero babukura ku Mana

bafashije iyobokamana rya Isiraheli (2Mak 7,24-28).

Usibye ibitabo bya Musa, amateka, abahanuzi n’abahanga, hari ibindi bitabo dusangamo

inkuru zari zigamije kwerekana ubushishozi, ukwemera n’ubuyoboke butangaje bw’abantu bamwe na

bamwe Imana yakoresheje mu bihe bikomeye ngo irokore umuryango wayo.

Muri ibyo bitabo ibyari bigamije guhumuriza no gukomeza umuryango ni Tobi, Yudita, Esitera,

Daniyeli n’Abamakabe. Abayoboke b’intungane aba ari n’abahanga ku buryo inyigisho zabo zakomeje

iyobokamana rya Isiraheli (Ijambo ry’ibanze ry’uwahinduye igitabo cya Mwene Siraki).

3.14. UBUZMA BW’ABAYAHUDI KU NGOMA Y’ABAGEREKI

Ubuzima bwakurikiye ivugururwa rya Ezira na Nehemiya ntabwo buzwi neza, nyamara ni muri

icyo gihe Isezerano rya kera ryatunganyijwe mu myandikire, hakabamo n’abahanuzi ba nyuma: Yoweli

na Zakaliya (9-14). Igihe Alegizanderi yafataga ubutegetsi (333), intara ya Yudeya yagiye mu biganza

by’ubutegetsi bw’Abagereki. Nubwo nyuma y’urupfu rwa Alegizanderi (323) habaye intambara no

kugabana igihugu cyari kinini cyane, ntabwo ubuzima Abayahudi bari bafite mu gihe cy’Abaperisi

bwahindutse: Kugeza mu mwaka w’198, umuherezabitambo mukuru yakomeje gufatwa

nk’umuyobozi w’umuryango w’Abayahudi, haba ubukungu n’agahenge k’amahoro, ibitabo

by’Isezerano rya kera bihindurwa mu rurimi rw’ikigereki rwavugwaga na benshi, ariko imico

n’imigenzo y’abagereki bitangira kwototera iby’abayahudi.

Mu madini, indimi n’imico by’ibihugu byategekwaga n’Abagereki, iby’Abayahudi byakomeje

umutsi ndetse bihanyanyaza igihe kirekire; ukwigenga kw’idini n’ubuyobozi bwayo birakomeza,

ndetse ubuhanga bwabo baburata mu bitabo bya Mwene Siraki, Daniyeli, Tobi, Esiteri n’Umubwiriza.

Nubwo umutungo wa Hekaru wateraga ishyari abategetsi b’Abagereki (2Mak 3) kandi na

bamwe mu bayahudi bakagira agatima ko kurarikira iby’Abagereki ndetse no kugambanira bene wabo

(2Mak 4,1-6), akaga k’umuryango w’Abayahudi gatangirana n’ubutegetsi bw’umwami Antiyokusi wa 4

Epifane (175), ndetse watangiye no gutoteza abayahudi mu w’167.

23

3.15. INTAMBARA Y’ABAMAKABE N’UBWIGENGE BW’ABAYAHUDI IGIHE GITO (1 na 2 Makabe;

Daniyeli)

Mu w’169, umwami w’abagereki Antiyokusi wa 4 Epifane yakuyeho ubwigenge bw’amadini

anyuranye mu gace yategekaga (kuko imbibi za Alezanderi bari baraziciyemo ibice 3), ategeka ko

umuco n’idini by’Abagereki biyobokwa n’abaturage bose ategeka (1Mak 1); bamwe mu bayahudi

babisamira hejuru, abandi ariko babyamaganira kure (1Mak 1,10-15).

Iryo toteza-madini ryagize ingaruka zikomeye ku Bayahudi: Amategeko ya Musa yateshejwe agaciro,

iyobokamana ry’abanyamahanga rihabwa intebe i Yeruzalemu, iminsi mikuru isimburwa

n’iy’abapagani, agahomamunwa, Hekaru yitirirwa ikigirwamana Zewusi cy’abagereki ku ya 8 ukuboza

167 (Dan 9,27; 11,31; 12,11); ishusho yacyo ishyirwa ku rutambiro rw’ibitambo by’Uhoraho, maze

umwami w’Abagereki yigereranya n’Imana igaragara mu bantu (1Mak 1,41-64).

Mu bindi bihugu n’intara byategekwaga n’Abagereki ibyo ntabibazo bikomeye byateye, cyane

cyane aho basengaga Imana nyinshi byasaga no guhindura amazina yayo gusa, ariko muri Yudeya

byabaye intandaro y’ibihe bikomeye: Uhoraho ni Imana idasanzwe (Ivug 6,4-13).

Ku bayahudi bari baracengewe n’agatima k’iby’Abagereki babyohotse inyuma ndetse

bafatanya n’abahumanya-Ngoro (1Mak 11; 2Mak 4,9-17) ariko abandi biyemeza urugamba (1Mak

2,29-38; 2Mak 6,18-31), bahungira mu misozi aho abapolisi n’ingabo by’Abagereki babahigaga,

hatangwa itegeko ko buri kwezi, buri wese aza gutura ibitambo by’ubuyoboke bw’idini rishya

cyangwa abyanze akicwa.

Mu w’166, umuherezabitambo MATATIYASI, abahungu be n’abandi bakomeye ku kwemera

kwabo biyemeza urugamba (1Mak 2,25-28.42-44), baboneza iy’ishyamba. Aho apfiriye, umuhungu

we Yuda Makabe akomeza urugamba, babuza uburyo ubutegetsi mu dutero-shuma, ndetse abagereki

bagabanya ubukana bwo kurwanya idini y’Abayahudi, Ingoro y’i Yeruzaremu barayihumanura

(=kugangahura) ndetse bongera no kuyituriramo ibitambo (1Mak 4,36-61).

Mu w’142, Simoni Makabe yabohoje burundu intara ya Yudeya, yemerwa

nk’umuherezabitambo mukuru maze afata ubutegetsi bwa Leta, ubwa gisirikare n’ubw’idini (1Mak

13,41-42).

Kuva icyo gihe Abayahudi bazagira ubwigenge busesuye hafi imyaka 100 (142-63). Nubwo

Abayahudi basubiranye ubwigenge, hagati yabo harimo amakimbirane n’ubwumvikane bukeya

bizatuma ibyo barwaniye bitaramba:

*Ubuherezabitambo bukuru bwambuwe inkomoko ya Sadoki, kandi iyo nzu yari ibufite kuva kuri

Dawudi (2Bami 15,33; Ezk 40,46) ku buryo ndetse mu mvugo yo kubita bene Aroni, bari basigaye

bitwa bene Sadoki. Icyo gikorwa cya Yonatani (152) cyagaragaje agatsiko k’ABASENIYANI bari

bashishikariye gusenga.

*Umutware w’abayahudi Yohani HIRIKANI (134-104) yatonesheje itsinda ry’Abasaduseyi, bityo

Abafarizayi nabo bari baritabiriye urugamba batangira kugira ipfunwe.

*Umuhungu we ARISTOBULE wa mbere (104-103) yihaye izina ry’icyubahiro cy’ubutegetsi ry’umwami

(aho gukomeza kwitwa umutware w’abayahudi), ibyo birakaza Abafarizayi bemeraga ko umwami

agomba kuba inkomoko ya Dawudi gusa; icyo gikorwa bakibonyemo ubujura bwo kwiba icyubahiro

n’ikosa ritambamiye idini.

*Muri 76-67 hategekaga umwamikazi Alegizandara, abafarizayi bemeye kwinjira mu buyobozi

bw’urukiko rukuru (rwari rugizwe n’abantu 70), maze aho apfiriye abahungu be babiri barwanira

ubutegetsi bw’igihugu, n’ubuyobozi bw’idini, impaka ziba ndende hagati y’amashyaka (cyangwa

amatsinda) y’Abafarizayi n’Abasaduseyi.

24

Icyitonderwa: Icyo gihe igihugu cy’Abaromani ni cyo cyari gikomeye mu bya gisirikari n’ubutegetsi,

ndetse cyaratangiye kwigarurira intara zategekwaga n’Abagereki. Mu gushaka uko amakimbirane

ahosha, Abayahudi batabaje ubutegetsi bw’Abanyaroma ngo bubakiranure: Pompe, umusirikari

mukuru w’umuromani abahigika bombi, Abayahudi bongera gutakaza ubwigenge

n’ubutegetsi…noneho burundu. Imibereho yabo iba yinjiye mu bihugu bitegekwa n’Abaromani.

3.16. PALESTINA MU GIHE CYA YEZU: UBUTEGETSI BW’ABAROMANI

� 63-40: Pompe yashyizeho umuherezabitambo mukuru Hirikani wa 2 ahabwa n’ubutegetsi bwa Leta

ariko agakora ibyo abwirijwe iteka na ROMA.

� 39-4: Herodi (wari ufite nyina mu nkombe y’Abayahudi naho se akaba uwo mu karere begeranye

ka IDUMEYA) ahabwa ubutegetsi na ROMA, yitwa umwami w’Abayahudi, ariko amabwiriza

n’amategeko yabihabwaga n’Abaromani.

Ku bw’idini, Abayahudi bemerewe imihango yabo n’iminsi mikuru yabo; igihe Yezu Kristu

avutse, uyu Herodi niwe watsembye abana akeka ko harimo uzamusimbura (Mt 2,1-22); azwiho kuba

yaraguye Ingoro y’ i Yeruzalemu, ndetse ayigira nziza ngo arebe ko Abayahudi bamukunda.

Aho Herodi bitaga mukuru apfiriye igihugu cya Palestina cyategetswe gutya :

� Akarere ka Yudeya na Samariya: Kahawe umwe mu bahungu be, Arikelewusi (Lk

19,12) nyuma y’imyaka 2 asimburwa n’abayobozi b’intara, ba Perefe, boherejwe na Roma:

igihe Kristu aciriwe urubanza i Yeruzalemu mu ntara ya Yudeya. Pilato ni we wari uhagarariye

ubutegetsi bw’i Roma agatinya ko hari uwamurega ko atubaha umwami w’i Roma cyangwa ko

ajenjeka.

� Akarere ka Galileya: Kahawe Herodi Antipasi mwene Herodi mukuru; uyu ni we

wicishije Yohani Batisita (Mt 14,3-12) ni we Kristu yita ingunzu (umihari) Lk 13,31); mu rubanza

rwa Kristu; Pilato amenyeko Yezu akomoka mu karere gategekwa na Herodi; yasabye ko

bamumushyira akamucira urubanza (Lk 23,6-7) abonye urubanza rukomeye amusubiza Pilato:

ibya Kristu uvuka ahategekwa na Herodi, byagera aho aregwa ibyaha yakoreye ahategekwa na

Pilato, bongera kumugarura (Lk 23,9).

Mu ntangiriro ya Kiliziya (mu myaka ya 37-44), umwuzukuru wa Herodi (Herodi Agripa wa 1)

yari yarasubijwe ziriya ntara uko ari eshatu; yatotezaga Kiliziya agirango ashimishe rubanda (Intg

12,1-23) nyuma y’urupfu rwe, intara zose za Palestina uko ari 3 zategekwaga n’abayobozi boherejwe

na Roma.

3.17. ABAYAHUDI BIRUKANWA BURUNDU MU GIHUGU CYAHOZE ARI ICYABO

Mu gihe cya Yezu hakomeje kuboneka imyivumbagatanyo y’Abayahudi bizeraga kwiganzura

ubutegetsi bw’Abaromani bagasubirana ubwigenge nk’uko byari byabahiriye ku gihe cy’Abamakabe;

utwo dutsiko (cyane cyane abo bitaga abarwanashyaka) twabigenzaga kenshi (Intg 5,37) bityo

abasirikare n’abategetsi ba Roma bagahora barekereje ngo baburizemo iyo migambi (Lk 13,1-5). Aho

babikekaga babahanaga bihanukiriye ndetse na Kristu abamushinja baganishije muri uwo murongo

wo kugoma no kwigomeka (Lk 23,5-6) ngo akunde yicwe.

Ahagana muri 66-70 nyuma ya Kristu ku ngoma y’umwami Herodi Agripa wa 2 (Intg 25,13-

27), habayeho imyivumbagatanyo ikomeye y’Abayahudi, bituma Titusi, umugaba w’ingabo

z’Abaromani asenya burundu Hekaru ya Yeruzalemu (akeshi impaka zaberaga ku bibuga n’imbaraza

zayo). Igihe mu w’135 hongeye kuvuka indi myivumbagatanyo irwanya ubutegetsi bw’Abaromani

25

uwitwa umuyahudi wese yaratotejwe ameneshwa muri Yeruzalemu ndetse hatangwa n’itegeko

ribabuza kongera kuhasunuka burundu.

Amateka ya Isiraheli nk’igihugu na Yeruzalemu yongeye kuvugwa mu w’ 1948 ubwo

umuryango w’Abibumbye wemeye gukebera igihugu Abayahudi bari baratatanye iyo myaka hafi 2500

(uhereye igihe cy’ijyanwabunyago ry’i Babiloni) cyangwa 1800 uhereye ku iteka ryabacaga i

Yeruzalemu.

Icyo gihugu cyabaye isibaniro, n’ubu kirimo intambara hagati y’Abayahudi n’Abarabu, buri

bwoko bugifata nk’icyabo: Abayahudi bahereye ku isezerano rya Aburahamu n’amateka y’uko

bakirwaniye bakagitura, bakagisengeramo, bumva barakirukanywemo kurugomo, ubundi bwoko

bwose bwahatuye ni ubwo kumeneshwa; Abarabu nabo bakomeje izina rya Palestina, bahatura muri

urwo rujya n’uruza rw’intambara, bahamara imyaka myinshi kandi idini ya Islam yubakira ku kwemera

kwa Aburahamu.

Kubera ko ubutegetsi bw’igihugu kenshi bwari mu migi ikomeye nka Roma, Antiyokiya,

Alegizandiriya, Korinte n’indi nkayo, ubukristu bwo mu ikubitiro bwagabye amashami kure ya

Yeruzalemu, bityo Roma yari ihuriro ry’ibintu n’abantu iba umurwa mukuru w’ubukristu n’intebe ya

Petero. Yeruzalemu rero kimwe n’igihugu cya Isiraheli bizakomeza kuba isonga y’ukwemera

kw’abayahudi, abakristu (ndetse n’abayislamu bayikomeyeho nyuma ya Maka).

3.18. IBITEKEREZO BY’IYOBOKAMANA NA POLITIKI MU DUTSIKO TWARIHO MU GIHE CYA

YEZU

Nubwo iyobokamana ry’Abayahudi ryari rihuriye ku nkingi zimwe na zimwe; “Imana imwe,

amategeko ya Musa n’Isezerano”, hari amatsinda n’udutsiko tunyuranye mu buryo bwo gusobanura

aho ukwemera kwabo gushingiye.

Ibitekerezo byinshi babihuriraho, ariko hari n’aho batandukanye ku buryo babyicanira. Nko

mu gihe cy’Abaperisi no mu myaka ya mbere y’Abagereki, Abaromani bari bararekeye Abayahudi

ubwigenge busesuye mu mico n’iyobokamana: Gusenga, gutura ibitambo, guhimbaza iminsi mikuru,

guca imanza no gutanga ibihano (uretse icy’urupfu: Mt 27,1) ku birebana n’idini ryabo.

Ubuyobozi bw’abayahudi mu by’idini bwari bufitwe n’inama nkuru (Intu 5,21; Mt 26,57;

27,1), yari igizwe n’abantu 70, ikayoborwa n’umusaseridoti mukuru, igaterana kabiri mu cyumweru

muri Hekaru kandi ikiza ibibazo by’idini n’ibya politike.

*Ibibazo by’idini: Kureba uko amateko ya Musa yubahirizwa, gahunda y’imihango

n’ibindi byose by’iyobokamana.

*Ibibazo bya politike: Kureba uko amategeko ya politike y’abaperisi n’ubutegetsi

bw’Abanyaroma bubayobora.

Iyo nama nkuru rero yari igizwe: n’abakera b’umuryango wa Isiraheli, abaherezabitambo

bakuru bacyuye igihe hamwe n’abahagarariye ibyiciro by’Abasaduseyi, abigishamategeko

n’Abafarizayi.

Utwo dutsiko twose twari dufite ibitekerezo binyuranye ku iyobokamana, kandi bamwe

muri bo bajya impaka kenshi na Yezu kugeza ubwo bamugambaniye.

1. ABASADUSEYI: Ni abo mu nkomoko yo kwa Sadoki (2Sam 8,17; 1Bami 1,8) wari

umuherezabitambo mukuru mu gihe cya Dawudi, bongera kugaragara mu gihe cy’abamakabe

(135-104). Ni agatsiko kari kiganjemo abaherezabitambo n’abantu bo mu miryango y’abakire y’i

Yeruzalemu:

� Bemeraga ibitabo bitanu bya Musa n’abahanuzi

� Barwanyaga ibitekerezo by’uruhererekane

rutanditse muri Bibiliya byigishwaga n’abigishamategeko

26

� Barwanyaga ibitekerezo bishya byagaragaye mu

idini y’abayahudi igihe cy’Abaperesi n’Abagereki aribyo: abamalayika, izuka

ry’abapfuye, ibihembo n’ubuzima nyuma y’urupfu.

� Nta mukiza bizeye ko azaza

� Basuzuguraga rubanda giseseka

� Ubutegetsi bw’abanyamahanga ntacyo

bubabangamiyeho igihe cyose budatambamira ibitambo n’amategeko ya Musa.

� Nibo baba baratekereje kwicisha Yezu (reba Mt

22,23-33; Mk 12,18-27; 14,53; Lk 20,27-41; Intu 23,8).

2. ABAFARIZAYI: ni agatsiko k’abantu bafashije

abamakabe kurwana (1Mak 2,25-44), hanyuma igihe Yohani Hirikani (135-125) yihaye

icyubahiro cyo kwitwa umwami wa Isiraheli atari inkomoko ya Dawudi bitandukanya n’ubwo

butegetsi bw’abamakabe.

Buhoro buhoro babaye itorero, hinjiramo ingeri zinyuranye z’abantu: rubanda giseseka,

abaherezabitambo n’injijuke mu by’amategeko ku buryo mu gihe cya Yezu bari abayoboke barenga

6 000, kandi bari hirya no hino mu gihugu.

� Baziririzaga amategeko ya Musa hamwe n’utundi tugereka twayo, bakayakurikiza kugera mu

ducogocogo twayo (Mt 23,13-32; Mk 7,1-13).

� Bategereje umukiza w’umwami uzabarokora ubutegetsi bw’abanyamahanga, itahuka ry’abayahudi

banyanyagiye hose hamwe n’igihano kizahabwa abagome.

� Bemera izuka ry’abapfuye, urubanza rw’imperuka, roho n’abamalayika.

� Ntibivanga muri politike, bibanda ku iyobokamana.

� Bubashye na rubanda giseseka, bafitemo abayoboke, bararwigisha mu masengero no mu migi.

Igihe bategereje ko ibyo byuzuzwa bahindura abantu ngo bemere idini yabo (Mt 23,15; Intu

2,11). Nubwo yezu yanenze kenshi bakabyagamo hari ababaye inshuti ze (Lk 13,31), abarwanye ku

bakristu ba mbere (Intu 5,34), ndetse n’abahindutse abakristu nka Pawulo (Fil 3,5; Intu 15,5).

Mu byo batumvikanagaho na Yezu, harimo gukiza abantu kuri Sabato, kwiha ububasha nk’ubw’Imana

bwo gukiza ibyaha no kwireshyeshya n’Imana (Yh 5,18); igihe Hekaru isenywe muri 70, abafarizayi ni

ko gatsiko kakomeje umutsi kaba n’inkingi yakomeje iyobokamana ry’abayahudi.

3. ABASENIYANI (=ABASHISHIKARIYE GUSENGA)

Kimwe n’abafarizayi, ni agatsiko kafashije abamakabe kurwana (1Mak 2,25-44), ariko nyuma baza

kwitandukanya n’ubuherezabitambo bw’i Yeruzalemu, bitarura isi, bibumbira mu matsinda yibera mu

butayu no mu bigo (nk’amazu y’abihayimana y’ubu), begukira kubana kivandimwe, gusenga no

kuzirikana ijambo ry’Imana (kenshi ku mugoroba), bashyira hamwe umutungo wabo, bamwe muri bo

biyemeza kudashaka kandi bakubahiriza amategeko yo kwisukura.

Harimo ingeri nyinshi z’abantu, higanjemo abaherezabitambo banga urunuka ibitambo n’imihango

byakorerwaga muri Hekaru (bakabona abaherezabitambo babitura batabikwiye), nubwo na bo

bakoraga imihango isa n’iy’i Yeruzalemu.

Bari bategereje abakiza b’ingeri ebyiri (2): ukomoka kuri Dawudi, waba umwami, n’undi uzahumanura

ubuherezabitambo. Biyumvaga nk’udusigisigi tw’amazina ya Isiraheli.

Ntaho bavugwa muri Bibiliya, kandi kuko bari bitaruye abantu, ntabwo bagize uruhare runini

ku idini y’abayahudi. Nyamara abashakashatsi bemeza ko Yohani Batisita yaba yaravomye ibitekerezo

byabo, n’abakristu ba mbere bagize imyitwarire bashobora kuba babakomokaho (Lk 1,80; Mt 18,15-

17; Intu 2,44-45; 4,32-37; 5,1-11).

27

4. ABARWANASHYAKA: Ni agatsiko gafite ibitekerezo bisa n’iby’abafarizayi, ariko kuri politike bakaba

ishyaka rigamije mbere na mbere kubohora igihugu cyabo no kwirukanamo abanyamahanga.

Babakeka cyane cyane muri Galileya (Intu 5,37; Lk 13,1) no mu ntumwa za Yezu harimo Simoni (Lk

6,15; Intu 1,13), ariko babaye agatsiko gakomeye kuva muri 44.

Kuri bo, politike n’iyobokamana biragendana, bakoresha iterabwoba, bitwaza ibyuma mu

myenda bambaye byo kwica abaromani n’abayahudi babashyigikiye;

Barabasi (Mt27,17) babamukekamo; imyivumbagatanyo yabo (66-70) niyo yabaye intandaro

yo gusenya Hekaru. Nubwo Yezu yavuze ibisa n’ibyabo (Mt 10,34; 26,52); ntaho yari ahuriye nabo.

5. ABANYASAMARIYA (Abasamaritani): Ni abaturage bo mu ntara iri hagati ya Yudeya na Galileya;

amateka yatumye bagira umwihariko mu iyobokamana (1Bami 16,24; ikarita no 6).

Bemera ibitabo 5 bya Musa, basengera ku musozi wa Garizimu, ndetse naho urusengero rwabo

abayahudi barusenye (128), bakomeje kumva ko aribo basenga Imana y’ukuri (Yh 4,9-25; 8,48; Lk

9,52-54; Intu8,1-25). Abayahudi babitaga abayoboke, nyamara Yezu yabafashe ukundi (Lk 10,33;

17,16; Yh 4,40).

6. ABANYAGALILEYA: Ni abaturage bo mu majyaruguru ya Palestina, akarere Yezu akomokamo; muri

bo, kimwe no muri Samariya higanjemo abapagani (abanyamahanga, Iz 8,23; Mt 4,15), bafite imvugo

yihariye (Mt 26,73), basuzugurwa n’abandi bayahudi (Yh 7,52), niho Kristu yigishije (Mt 10,5) kandi

hakaba indiri y’abakomeye ku bwigenge bw’igihugu cyabo.

7. ABAHERODIYANI: Agatsiko ka politike kari gashyigikiye Herodi wategekaga Galileya, ategekera

abaromani, ari nawe wicishije Yohani Batisita; hariho abasaduseyi, bakaba batareba Yezu neza (Mk

3,6; 12,13; Mt 22,16).

8. ABAPAGANI (ABANYAMAHANGA): Nibo bari benshi muri Palestina barimo abakanahani gakondo,

abagereki benshi (ku buryo mu migi imwe n’imwe aribo gusa bari bahari), ndetse n’abaromani ariko

bo abenshi bari abasirikari bari mu bigo usibye i Yeruzalemu hari higanje abayahudi, indi migi yarimo

iyo mvange y’amoko (Intu 22,21; 2,4). Ntabwo rero mu butaka butagatifu bose basengaga Imana ya

Aburahamu; aha niho havuga abayoboke batinyaga Imana ya Isiraheli, bagahindura idini.

9. RUBANDA GISESEKA N’ABAKENE BA NYAGASANI

Usibye ayo matsinda n’udutsiko, hari na rubanda, badahambaye mu mategeko n’imihango

ariko bafite ukwemera kwa kiyahudi (Yh 7,49).

Abo rero bari bategereje umukiza, kandi niho tubona abakene ba Nyagasani, bakereye kwakira

umukiro bategereje (Zakariya, Elizabeti, Mariya, Yozefu, Ana, Simewoni,…); ni muri icyo cyiciro Kristu

yisanzuyemo (Intu 4,13), baramukurikira, ni nabo bazavamo abakristu bo mu ikubitiro.

10. YOHANI BATISITA

Uyu ni we usoza Isezerano rya kera; mu nyigisho ze, asa n’uwongeye gukomoza ku buhanuzi

bwari bwarakendereye; yitandukanyije n’udutsiko tundi, maze bose abaha inama yo guhinduka no

kwisubiraho (Lk 3,10-14); yamaganye aho badatunganya iyobokamana rishinze ku mitima (Mt 3,7);

muri we, amategeko n’abahanuzi byuzuza ubutumwa bwabyo (Mt 11,13), bityo inyigisho

y’Inkurunziza ya Yezu Kristu itangira yerekana Kristu ho umukiza (Yh 1,19-29). Umugaragu w’Imana

wahanuwe na Izayi (Iz 53,4-7), maze abo Yohani yigishije Yezu abatoraho abigishwa be ba mbere (Yh

1,35-51). Bityo Isezerano rya kera ryimukira Inkuru nziza ya Yezu Kristu, idini nshya iba iritaruye

byuzurira muri We (Lk 4,18-22).

28

IV. IMITERERE Y’IBITABO BYA BIBILIYA

A. ISEZERANO RYA KERA

4.1. IBITABO BITANU BY’AMATEGEKO

4.1.1. IGITABO CY’INTANGIRIRO

a) Ijambo ry’ibanze :

Igitabo cy’Intangiriro kibimburira ibitabo bitanu bya mbere by’Amategeko. Cyitwa

icy’Intangiriro kuko kidutekerereza amavu n’amavuko y’ijuru n’isi, ibintu n’abantu cyane cyane

umuryango wa Israheli.

Igitabo cy’Intangiriro kigizwe n’imitwe 50. Kibumbiyemo ibice bibiri bitareshya :

• Igice kiduterereza amateka ya kera na kare(Intg 1-11)

� Iremwa ry’ibintu byose n’abantu n’iyaduka ry’icyaha: (Intg 1-6,4)

� Umwuzure: (Intg 6,5-9,14)

� Kuva ku mwuzure kugera kuri Aburahamu: (Intg 9,18-11,32).

• Kuva ku mutwe wa 12 kugeza ku wa 50 tubona amateka ya:

� Aburahamu (Intg 12,1-20,18)

� Aburahamu na Izaki (Intg 21,1-25,18)

� Izaki na Yakobo (Intg 37,2-50,26).

b) Ibitekerezo by’ingenzi biri mu gitabo cy’Intangiriro.

1) Igitekerezo cy’iremwa (Intg1-3)

Tubonamo ingingo eshatu z’ingenzi:

� Ibiriho byose byaremwe n’Imana

� Ibiriho byose bibeshejweho n’Imana

� Muntu yaremanywe inshingano zo gukora ngo ahindure isi nziza kubera ikuzo

ry’Imana.

Igitabo cy’Intangiriro kirimo ibitekerezo 2 by’iremwa:

i) Igitekerezo cya mbere cy’iremwa (Intg 1,1-2,4a)

Umwanditsi w’iki gitekerezo abarirwa mu ruhererekane rwa gisaseridoti. Cyabayeho hagati

y’imyaka 587-538 igihe Abayisraheli bari mu ijyanwabunyago i Babiloni. Bagihimbiye kwifashishwa

muri Liturujiya ngo cyumvikanishe ko Imana imwe rukumbi yaremye byose. Niyo igomba guhimbazwa

kuri sabato: umunsi washyizweho n’Imana ngo abantu baruhuke imirimo bayisingiza. Iki gitekerezo

kiboneka muri Liturujiya y’ijoro rya Pasika ngo gikomeze ukwemera gushingiye ku Mana imwe,

umuremyi w’ijuru n’isi.

29

Imana irema ijuru n’isi ; ibintu n’umuntu :

Mu gitabo cy’Intangiriro umutwe wa mbere, umurongo wa mbere dusoma ko “Mu

ntangiriro Imana yaremye ijuru n’isi”. Ibi bikatwumvisha ko Imana ubwayo yahozeho mbere y’

ibiremwa byose; ntigira intangiriro n’iherezo.

Mu Intg 1,1-2,4a hagaragara ibikorwa by’Imana itunganya isi ngo Muntu ayiture imeze neza.

Hari ibikorwa bitatu by’ibanze aho Imana yatandukanyije:

� Urumuri n’umwijima

� Amazi yo mu nsi y’ikirere n’amazi yo hejuru y’ikirere.

� Inyanja n’ubutaka

Nyuma hari ibikorwa bine bigaragaza uko Imana yashyizeho ibituye ku isi:

� Kumeza ubwatsi butoshye

� Kurema ibinyarumuri biri mu kirere

� Inyamaswa z’amoko yose, ari izo mu mazi ku butaka no mu kirere.

� Kurema muntu wahanzwe mu ishusho ry’Imana.

Bigaragara ko umwanditsi w’iki gitekerezo cya mbere cy’iremwa (Intg1,1-2,4a) yifashishije

kwitegereza ibimukikije maze yerekana ko byose byaremeshejwe ububasha bw’ijambo ry’Imana;

bigaragazwa n’uko agenda asubiramo ngo: ”Imana iravuga iti”.

Amagambo akoreshwa n’umwanditsi aho agira ati : “Imana ibona ari byiza”, atwumvisha ko

ibyakomotse ku Mana ari byiza byose; Imana ni isoko y’icyiza. Ibi bitandukanye n’ibitekerezo byariho

byumvisha Imana ebyiri: iy’icyiza n’Imana y’ikibi (Mthyologie dualiste) cyangwa Imana nyinshi

(Polythéisme).

Mu gitekerezo cya mbere cy’iremwa, Muntu yaremwe nyuma y’ibindi biremwa byose. Ibi

umwanditsi yabishakiye kutwumvisha agaciro Muntu atambukije ibindi biremwa, kandi

agahamagarirwa kubitegeka.

Uwo mwanya w’icyubahiro Muntu yahawe umwegereza Imana, akayiba hafi mu ishusho

n’imisusire yayo muri kamere y’Imana yuje urukundo.

ii) Igitekerezo cya kabiri cy’iremwa (Intg2, 4b-25).

Ingingo z’ingenzi tuzirikana mu Intg2,4b-25, ni uko muri ikigitekerezo Muntu yaremwe mbere

y’ibindi biremwa. Ahabwa rero umwanya w’ibanze. Umwanditsi wacyo yari ashishikajwe no gushaka

ibisubizo by’ibibazo birebana na kamere-Muntu, umurimo Muntu ashinzwe, umwanya n’inshingano

za Muntu imbere y’Imana n’ibindi biremwa birimo inyamaswa; tutibagiwe umubano w’umugabo

n’umugore basabwa kunga ubumwe.

a) Ingingo ya mbere ireba isano hagati ya Muntu n’ibindi biremwa

Mu gitabo cy’Intangiriro umutwe wa kabiri, umurongo wa karindwi dusangamo iki

gitekerezo : « Ni uko Uhoraho abumba Muntu mu ibumba rivuye mu gitaka, amuhuha mu mazuru

umwuka w’ubuzima, nuko Muntu aba muzima. »

30

Mu gihebureyi « muntu » bamwita « ADAM » naho igitaka bacyita « adama ». Ayo magambo

y’igihebureyi agaragaza mu gisobanuro cyayo ko rimwe ryavuye ku rindi.

Kuvuga ko Muntu ari igitaka ni ukuvuga ko adakomeye, harimo kandi isano ya Muntu

n’ubutaka agomba guhinga ngo abeho, ikindi twumva hano ni uko amaherezo ya Muntu ari ugupfa

agasubira mu gitaka. Umwuka yahushyweho ni ubuzima bukomoka ku Mana yahawe. Mu Intg 2,15

batubwira ko Muntu yashyizwe mu busitani bwa Edeni ngo aburinde kandi abuhinge, aho tubona ko

Muntu kuva akiremwa yahawe inshingano zo gukora.

Umurimo rero wifujwe n’Imana ngo uheshe Muntu agaciro, umufashe gukomeza igikorwa

cy’iremwa ahindura isi nziza. Umurimo si igihano cy’Imana, si n’ingaruka z’icyaha ahubwo ni

ubutumwa bwahawe Muntu kuva mu ntangiriro.

b) Ingingo ya kabiri ni isano umuntu afitanye n’Imana

Imana ntiyatanze ubuzima gusa ahubwo ihora hafi ya Muntu imuha ibyiza byose. Imana yifuza

ko Muntu abaho mu mahoro n’amahirwe ntagihungabanya ubuzima bwe, Muntu rero yisanisha

n’Imana igihe agaragaza ishusho y’Imana ahari hose ; isano ikomeye hagati y’Imana na Muntu ni

urukundo Imana yakunze Muntu ikarubuganiza mu mutima we ; maze Muntu nawe agasabwa

kurugaragaza muri byose.

c) Isano ishingiye ku mugabo n’umugore

Umubano w’umugabo n’umugore ni ingingo umwanditsi w’igitekerezo cya 2 cy’iremwa

yibanzeho mu gitabo cy’Intangiriro umutwe wa 2 umurongo wa 18. Uhoraho yasanze atari byiza ko

Muntu aba wenyine amuremera umufasha bakwiranye, aho ni ho tubonera ishingiro ryo

gushyingirwa. Umubano w’umugabo n’umugore ushingiye ku rukundo Imana yabaremanye, urwo

rukundo rugashushanya urwo Imana ifitiye abantu. Abashakanye bagomba kunga ubumwe mu

bwuzuzanye, umugabo n’umugore basangiye kamere nkuko bigaragara mu gitabo cy’Intg 2,23.

Kuba umugore yarakuwe mu rubavu rw’umugabo (Intg 2,22) bivuze ko bangana, barareshya.

Ntibaremanywe rero ubusumbane nkuko bamwe babikeka. Ubwo buringanire bugomba kugaragara

mu mibereho yabo, imbuto z’umubano w’abashakanye ni ukororoka no kurera abana gikristu (Intg

2,28).

d) Ingingo ya kane yerekana ko Muntu yaremewe kubaha Imana

Kubaha Imana ni ishingiro ry’ubusabane bwa Muntu n’Imana ni itegeko rigomba kugenga

imibereho ya Muntu (Intg 2,16-17). Iryo tegeko ntiryari rigamije kubuza Muntu ubwisanzure ahubwo

Imana yaritanze kugirango imibanire yayo na Muntu ireke kuba nk’iy’umwana ubwirizwa gukora

ikintu cyose. Muntu yaremanywe ubwigenge bwuzuye n’ibikorwa bye bigomba kumwitirirwa imbere

y’Imana n’abantu. Ubwigenge nyabwo Muntu yahawe ni uguhitamo gukora icyiza; nkuko bigarara

bwakoreshejwe nabi Muntu ahitamo ikibi maze aracumura.

2) Igicumuro cya Adamu na Eva

Umutwe wa 5 w’igitabo cy’Intangiriro udutekerereza inkomoko y’icyaha cyashegeshe kamere

Muntu kandi bigakurikirana urubyaro rwa Muntu (péché originel). Twumve neza imvugo-shusho

ikoreshwa muri icyo gitekerezo cy’imvano y’icyaha cy’inkomoko:

-Iyo havuzwe inzoka humvikana sekibi, umushukanyi n’umuhendanyi ni ukuvuga ko igishuko

cyinjiye mu mutima wa muntu biturutse kuri sekibi umwanzi w’Imana n’abantu. Sekibi uwo yari

umumalayika wikujije agahanishwa kwirukanwa mu maso y’Imana.

31

-Imbuto zariwe zishushanya ugusuzugura Imana kwakozwe na Muntu, bityo akanga kuguma

mu murongo Imana yari yaramuteganyirije. Tureke gukurikira no kwemera abashaka guhuza

igisobanuro cy’imbuto no guca ku itegeko iri n’iri ry’Imana cyane cyane irya 6.

Ingaruka z’icyaha cy’inkomoko nk’uko zigaragara mu gitabo cy’Intangiriro

-Ingaruka ya mbere: ni imibanire ya Muntu n’Imana yononekaye kuva icyo gihe kugeza ubu

irangwa n’ubuhemu bwa Muntu.

-Ingaruka yakabiri: ni ihungabana ry’umubano w’umugabo n’umugore irangwa no

kwitandukanya umwe yikuraho amakosa akayashyira ku wundi (Intg 3,12-13).

-Ingaruka ya gatatu: ni uko imirimo ya Muntu irangwa n’imvune zikabije (Intg 3,17-79).

-Ingaruka ya kane yazanywe n’icyaha ni urupfu rwinjiye mu isi ruba ikimenyetso cy’uko Muntu

yatakaje ubushobozi bwo kunesha sekibi.

-Ariko nubwo Muntu amaze gucumura yibasiwe n’ibyago bikomeye Imana ntiyamutereranye,

yahise itangaza umugambi wo gukiza Muntu maze icyiza cyikaganza ikibi ubuziraherezo (Intg5,15).

Kuva aho Muntu akoreye icyaha ikibi n’icyiza ni imbangikane, kandi ntibituza kurwanira mu mutima

w’umuntu. Umukiro Imana yasezeranyije wuzurijwe mu mwana wayo Yezu Kristu, wigize umuntu

agatsinda urupfu, akazukira kuduha ubugingo bw’iteka.

Nyuma yo kubona ibikubiye mu mitwe itatu ibanza, igitabo cy’Intangiriro mu mitwe yacyo ya

kane, gatandatu, karindwi n’uwacumi n’umwe bikomeza kudutekerereza uburyo icyaha cyakomeje

gukwira ku isi.

3) Amateka y’Abakurambere (Intg 12-50)

Igice cya kabiri cy’igitabo cy’Intangiriro gihera ku mutwe wa 12 kugera ku wa 50 kitugezaho

amateka y’Abakurambere bacu mu kwemera: Aburahamu, Izaki na Yakobo.

Inyigisho zingenzi zikubiye muri iki gice (Intg 12-50) ni izi zikurikira:

a) Abakurambere baranzwe no kwemera, gusenga Imana imwe rukumbi.

Inkuru z’umukurambere Aburahamu Sekuruza w‘abemera bose zibimburirwa n’ihamagarwa

rye ava mu gihugu cya Harani akerekera mu gihugu cya Kanahani ari cyo cy’isezerano (Intg 12)

Guhaguruka ukava mu gihugu cy‘amavuko ukajya mu kindi utazi bisaba “ukwemera“

gukomeye.

Aburahamu yarakugize, bityo yitwa Sekuruza w’abemera bose. Urwo rugendo yakoze mu

mvune nyinshi rwari rugamije kumukura mu gihugu basengaga ibigirwamana rukamuganisha mu

gihugu cy’isezerano aho azasengera Imana imwe Rukumbi (Intg 12, 8).

Mu gihe cya none Aburahamu yakoze urugendo rushushanya urwo natwe tugomba gukora

mu mitima yacu, tumurikiwe n’ukwemera tuva mu gihugu cy’ubucakara bw’icyaha, tukagana mu

gihugu cy’ubutungane n’ubutabera.

Imana iduhamagara mu ngoma yayo irangwamo ibyiza n’amahoro, aho ni ho tugomba

gusengera Imana mu kuri no muri Roho wayo.

b) Imana y’ abakurambere bacu yagiranye nabo Isezerano

Umubano w’Imana n’umuryango wayo ushingiye ku isezerano yagiriye Abakurambere.

Inkuru z’isezerano muri Bibiliya tuzihera mu gitabo cy’Intangiriro umutwe wa 15. Icy’ingenzi

dusangamo ni uko Imana itigera yivuguruza ku isezerano; Muntu we arangwa no kurenga ku

isezerano. Ariko igihe cyose Muntu yubahirije isezerano abaho mu mahoro, akagira uburumbuke

32

n’umunezero (Intg 12,2-3; 13,14-17). Aburahamu yaduhaye urugero rw’ubudahemuka ku isezerano,

yubahiriza itegeko ryo kumvira nk’uko bigaragara mu mutwe wa22.

c) Amateka y’Abakurambere yerekana uburyo bahimbazaga Imana.

Mu gice cya kabiri cy’igitabo cy’Intangiriro dusangamo uko Imana batangiye kuyisenga no

kuyihimbaza ku mugaragaro.

Umuhimbazo (culte) muri icyo gihe ntiwayoborwaga n’umusaseridoti akikijwe n’imbaga, ibyo

byatangiriye mu butayu kugeza ubu. Ahubwo umukuru w’umuryango (père de famille) yahurizaga

hamwe abavandimwe, maze akabayobora mu gikorwa cyo gusenga no guhimbaza Imana. Ibyo

byaberaga mu rugo. Nyuma byaje guhinduka aho kugirango umuhimbazo ubere mu rugo, ukabera

ahantu Imana yagiye yigaragariza. Hamwe muri ho ni Beteli, Sikemu n’ahandi. Abakurambere

(Aburahamu, Izaki, Yakobo) ntibigeze batura ibitambo bimena amaraso ya Muntu (Intg 22,9-13) ;

Imana rero itanga ubuzima ntikeneye icyabuhungabanya n’iyo byaba ibitambo byo kuyishimisha.

d) Amateka ku mibereho mu miryango

Inkuru z’amateka mu miryango ziboneka mu mutwe wa 12 kugeza ku wa 50, zibanda ku

mazina y’abantu mu miryango itandukanye, ku mihango irebana no kuvuka k’umwana mu muryango

arimo, kwitwa izina, ku mihango yo gushyingira, ndetse n’imihango ireba urupfu.

Ibi biratwumvisha ko amateka y’Abakurambere ashingiye ku mibereho y’ubuzima busanzwe

bw’abantu. Atandukanye rero n’amateka ashingiye ku butegetsi bw’igihugu.

Ayo mateka ashimangira imyumvire y’Abayisiraheli bari bakomeye ku muco wo kwemera

Imana imwe, kugira umuryango umwe, usangiye igihugu kimwe

Muri make ni amateka atangirana n’itorwa ry’umuryango; Imana ikawuremarema ngo uture

igihugu cy’isezerano. Icyo gihugu kigenura ingoma y’Imana iturwamo n’abemera. Abantu bose

basabwa kuyigarukira bakiri ku isi, kuko ikazakomeza mu ijuru, iruhande rwayo.

4.1.2. IGITABO CY’IYIMUKAMISIRI

Igitabo cy’iyimukamisiri gikurikira icy’intangiriro muri Bibiriya. Kigizwe n’imitwe 40. Kivuga ku

buryo burambuye amateka y’Abayisiraheli bimuka bava mu Misiri bagana mu gihugu cy’isezerano.

Kubohorwa ubucakara bwa Misiri, isezerano rya Sinayi, urugendo rw’imyaka 40 mu butayu,

ukwigaragaza k’Uhoraho nk’umukiza ni ingingo zibandwaho mu gitabo cy’Iyimukamisiri.

Iki gitabo kigizwe n’ibice bitandatu by’ingenzi bikurikira:

1) Imana yimura Abayisiraheli mu gihugu cya Misiri (Iyim 1,1-15,21).

2) Urugendo rw’Abayisiraheli mu butayu: (Iyim15,22-18,27).

3) Imana igirana isezerano na Israheli: (Iyim 19-24).

4) Amategeko yerekeye ingoro y’Uhoraho: (Iyim 25-31).

5) Ikimasa cya zahabu: (Iyim 32-34).

6) Iyubukwa ry’ingoro y’Uhoraho: (Iyim 35-40).

Igitabo cy’Iyimukamisiri kitugezaho ku buryo bwuzuye amategeko Isiraheli yagombaga

kubahiriza, agashingiraho isezerano ry’Imana n’umuryango wayo.

33

Ayo mategeko akubiye mu bika bine bikurikira:

� Igika cya mbere gikubiyemo amategeko menshi yerekeye uburyo bwo guhimbaza umunsi

mukuru wa Pasika yibutsaga iyambuka ry’inyanja itukura. Mu bihe bya kera cyane,

Abayisiraheli bizihizaga Pasika buri mwaka basaba Uhoraho kurinda amatungo n’ingo zabo.

Ariko igihe Musa abakuye mu Misiri, Pasika yabaye urwibutso rw’ibohorwa ryabo mu

bucakara.

Izina Pasika riva ku gihebureyi”Pesah”. Iri jambo rigereranywa n’inshinga “Pasah” ivuga

“kwambukiranya”cyangwa “guca hagati” (Iyim 12,13) .

� Igika cya kabiri cyihariye umutwe wa 20; kikatugezaho Amategeko 10 y’Imana. Ayo Mategeko

ni cyo gipimo cy’urukundo Abayisiraheli bafitiye Imana.

Amateka yigisha umuryango w’Imana, akibutsa ibyo yawushinze; Ni ishingiro ry’iyobokamana

nk’uko ryahishuriwe Musa . Yezu na We ntiyaje kuyavanaho, ahubwo yaje kuyuzuza (Mt 5 17) .

� Igika cya gatatu (Iyim 20,22-23,33) kivuga ku mategeko yerekeye ibitambo n’abagenewe

kubitura, akerekana icyo buri wese ashinzwe n’uburenganzira bwe.

Mu mutwe wa 24,1-11 barondora imihango y’isezerano rihuza Imana n’Abayisiraheli.

� Igika cya kane (Iyim 34,14- 26). Ni icy’amategeko avuga ko nta yindi mana igomba

guhimbazwa uretse iya Isiraheli ari yo y’ukuri.

Iby’ingenzi tuzirikana mu gitabo cy’Iyimukamisiri

A) Amavu n’amavuko y’Iyimukamisiri

Amateka y’Iyimukamisiri, ahera mu mwaka wa 1650 mbere ya Yezu. Ubwo Yakobo

n’abahungu be 12 bagiye gutura mu Misiri bitewe no guhunga inzara n’amapfa yari mu gihugu.

Bamaze mu Misiri imyaka igera kuri 400. Barororotse baragwira, Abanyamisiri batangira kubikanga no

kubinuba.

Muri uko kubishisha, imyifatire y’Abanyamisiri n’umuryango w’abafarawo wari ku butegetsi,

umwami Seti I (1317-1301); Ramses II (1301-1234) baranzwe n’ibintu bibiri bigamije kubuza

Abayisiraheli kugwira:

� Hari ukujugunya mu ruzi rwa Nili umwana wese w’umuhungu uvutse ku Bahebureyi

� Hari no gukoreshwa imirimo y’agahato n’uburetwa yagombaga kubangamira ubuzima bwabo,

maze bakicwa n’imvune z’umuruho.

Iyo mibereho y’ubuja n’ubucakara yateye Uhoraho kohereza Musa ngo arokore umuryango

watoranyijwe kuzaba ihanga rikomeye.

B) Pasika y’Abayisiraheli yibutsa ibohorwa ryabo

Umuhanuzi Musa ni we wayoboye Abayisiraheli mu bikorwa byo kwigobotora ingoyi

y’ubucakara bw’Abanyamisiri. Gutambamira umugambi w’Imana kwa Farawo n’Abanyamisiri

kwatumye ibyago 10 bibagwirira biba imbarutso yo kureka Abaheburayi bagasohoka mu Misiri

34

Mbere ko umuryango w’Imana utangira urugendo, wambuka inyanja, wafashe ifunguro

rigizwe n’umwana w’intama, imboga zisharira n’imigati idasembuye. Hanyuma baboneza nzira

bambuka inyanja itukura, yaguyemo Abanyamisiri bari babakurikiye, biba ikimenyetso cy’Imana

irokora umuryango wa Israheli abanzi babo.

Bityo biyemeza kujya bibuka icyo gikorwa uko umwaka utashye bakora ibirori by’umunsi

mukuru. Uwo munsi ni Pasika y’Abayisraheli.

Ihimbazwa ry’iyo Pasika ryarangwaga no gufata ifunguro rigizwe n’ibi bikurikira:

-Umwana w’intama ya Pasika; bibuka ko Imana ari yo murengezi n’umuvugizi w’umuryango

wayo; bakibuka ijoro baviriyeho mu Misiri.

-Imboga zisharira; zibutsa umubabaro, amagorwa, ibyago, ishavu n’agahinda Abahebureyi

bagiriye mu Misiri.

-Imigati idasembuye; yibutsa ibakwe, umuhate, ingoga Israheli yakoranye urugendo.

Itangwa ry’Amategeko y’Imana n’Isezerano ryayo

Nyuma yo kuva mu Misiri, Isiraheli yahamije ko Uhoraho ari Imana yabo; Uhoraho nawe atora

Israheli kuba umuryango we.

Kuva icyo gihe Isiraheli ntiyabonye ubwigenge ahubwo yahindutse imbata y’Imana. Ibyo

byabereye ku musozi wa Sinayi aho Musa yaherewe Amategeko n’amabwiriza yo gutangariza

Abayisraheli, maze agakurikizwa n’abantu bose.

Ibyo bitwumvisha ko Imana yafashe umugambi wo kwitegekera no kwiyoborera umuryango wayo.

Ukwigaragaza kw’Imana nk’umukiza byahaye umwanya Abayisiraheli wo kumva ko ari nayo

yaremye byose maze baherako bahimba igitabo cy’Intangiriro. Imana umuremyi w’abantu bose, niyo

yonyine ifite ububasha bwo kubereka inzira banyuramo.

Igisubizo cya Isiraheli cyabaye icyo kumvira Amategeko y’Imana ubudatezuka. Ukumvira

Imana rero ni ko kubohoka by’ukuri kuri Muntu. Abayisraheli uko umwaka utashye bashyizeho

umunsi mukuru wa Pentekositi ngo uzajye ubibutsa itangwa n’iyakira ry’Amategeko y’Imana ku

musozi wa Sinayi.

Umwanzuro ku gitabo cy’Iyimukamisiri.

Abahanga muri iki gihe kuri Bibiliya bakeka ko igitabo cy’Iyimukamisiri batangiye kucyandika

igihe cy’Umwami Salomoni n’abamusimbuye, kikarangira kwandikwa nyuma y’uko Abayisiraheli

bajyanwa bunyago i Babiloni.

Igitabo cy’Iyimukamisiri n’icy’Intangiriro bifitanye isano ikomeye kandi biruzuzanya. Umukiro

w’Abayisiraheli twumva mu Iyimukamisiri washishikaje Imana bitewe n’uko ari yo yahanze byose. Ibi

tubyumva mu gitabo cy’Intangiriro, Imana ikiza abantu kuko ari yo yabahanze ikabarema.

Musa intumwa y’Imana yohererejwe Abayisraheli, atwigisha ko natwe tugomba kurengera

abari mu kaga, bahohoterwa, bari ku ngoyi zibatsikamiye cyane cyane ingoyi y’icyaha, intege nke,

umutima mubi, ubugome, ubwirasi, ubugomeramana n’ibindi.

Imana muri iki gihe turimo ishaka kudukiza ikoresheje umwana wayo Yezu Kristu. Umukiro

utugeraho iyo twemeye kugengwa n’ijambo ry’Imana tugatungwa n’Amasakaramentu Yezu

yaduhaye. Kwambuka inyanja y’urufunzo kuri twe Abakristu bivuga Batisimu duhabwa idukiza icyaha

n’ikibi cyose, ikatwinjiza mu muryango mushya w’abana b’Imana ari wo Kiliziya.

35

Muri rusange Iyimukamisiri rigamije kuturinda gutatira ukwemera kwacu gushingiye ku Mana

imwe, igihe twibasiwe cyangwa twageze mu bigeragezo nk’ibyo Abayisiraheli banyuzemo.

Igitabo cy’Iyimukamisiri ni cyo gikubiyemo kuburyo bwuzuye Isezerano rya Kera ryagenuraga

Irishya ryujurijwe muri Yezu Kristu. Bityo ukurokorwa nti kukiri ukw’Abayisiraheli gusa ahubwo ni

ukw’amahanga yose yibumbiye hamwe muri Yezu. Agakora umuryango umwe Imana yihitiyemo.

4.1.3. IGITABO CY’ABALEVI

Igitabo cy’Abalevi kigizwe n’imitwe 27. Cyiswe icy’Abalevi kuko kirimo amategeko n’imihango

bigenga ibitambo n’amaturo, Abayisiraheli baturaga Imana; Abalevi bakaba bari bashinzwe

kubibayoboramo.

Uwo murimo Abalevi bawutangiriye mu butayu aho Musa yabatoreye kwita ku Ngoro

y’Uhoraho, bawukomeza i Kanahani bashinzwe imihango yose yo gusenga Uhoraho. Babanje i

Sikemu, Beteri na Silo, hanyuma i Yeruzalemu mu ngoro yubatswe na Salomoni. Igitabo cy’Abalevi

cyatangiye kwandikwa kera, kirangira nyuma y’ijyanwabunyago i Babiloni, hagati y’umwaka wa 500

n’uwa 400 mbere ya Yezu Kristu.

Muri rusange umwanditsi wacyo agamije kutugezaho amategeko n’amabwiriza agenga iminsi

mikuru, ishyirwaho ry’abaherezabitambo, kugangahura ibyahumanye no kubaho mu butungane.

Ibice by’ingenzi by’igitabo cy’Abalevi n’inyigisho dusangamo

A) Imihango y’ibitambo (Lev 1-7)

Muri iki gice dusangamo ubwoko butatu bw’ibitambo:

� Igitambo gitwikwa burundu : Nk’uko tubisanga mu mutwe wa mbere w’icyo gitabo,

cyaherekezwaga n’ituro ry’amavuta n’ifu, kikaba cyari kigenewe guhamyako Uhoraho ari nyiri

ibintu byose na Rugaba. Cyarangwaga no gutwika itungo ryatuwe rigakongoka rigashira

ntihagire igisigara kuri iryo tungo.

� Igitambo cy’Ubuhoro: Cyari kigenewe gukomeza, kunoza ubucuti n’ubumwe hagati y’Imana

n’ugitura. Batwikaga igice kimwe cy’ituro batuye, igisigaye bakakirira ahabugenewe (Lev 3;

7,11-21).

� Igitambo cy’impongano y’icyaha: Kigenewe kurura cyangwa kugusha neza Uhoraho ngo

atange imbabazi z’ibyaha. Ibyerekeye icyo gitambo tubisanga mu mutwe wa 4 n’uwa 5.

B) Ishyirwaho ry’Abaherezabitambo ba mbere (Lev 8-10).

Muri iki gice batwereka ko umuherezabitambo ari we muhuza w’imbaga y’abantu

n’Imana. Abo Imana yari yaratoreye uwo murimo ni abakomoka kuri Levi; aribo Aroni

n’abahungu be.

C) Inyigisho zerekeye ibyahumanye n’ibitahumanye(Lev 11-16)

Muri iki gice tubonamo inyigisho zigamije kubuza ibintu bidasanzwe ngo bitamerera nabi

abantu cyangwa bikabatera guhumana, maze bagasaba Imana ngo ibarinde, ibakize

ingaruka mbi byabatera. Muri ibyo bintu twavuga:

� Inyamaswa zigaragaza ubusembwa ku mubiri. Birindaga kuzirya cyangwa kuzitangaho ituro

(Lev 11).

� Umugore wabyaye ntiyagombaga gukomeza imirimo atabanje kwisukura, ngo abone

uburenganzira bwo gutura Imana igitambo (Lev 12).

� Kwirinda indwara batazi neza inkomoko cyane cyane iz’uruhu n’ibibembe (Lev 14).

36

Ikigaragara ni uko kwirinda ibihumanye babiterwaga n’ubwoba bwo kwegera ibintu bidasanzwe

cyangwa bidafite ibisobanuro.

D) Itegeko ryo kuba intungane (Lev 17-26)

Guharanira ubutungane byari ishingiro ry’imibereho y’Abayisiraheli. Hari amategeko menshi

yagombaga kubahirizwa ngo abafashe kubaho mu butungane:

� Amategeko abuza kunywa amaraso kuko ari yo ubuzima bushingiyeho (Lev 17)

� Kwirinda ubusambanyi (Lev 18)

� Kudahemukira mugenzi wawe cyane cyane umukene n’umunyamahanga (Lev 19)

� Itegeko ry’urukundo (Lev 19,18)

� Amategeko y’Abaherezabitambo n’ibitambo (Lev 21-22); iminsi mikuru, amaturo n’imyaka

mitagatifu (Lev 23-25).

� Umugisha cyangwa umuvumo bitewe n’imyifatire imbere y’amategeko (Lev 26)

E) Umugereka (Lev 27)

Umugereka dusanga mu gitabo cy’Abalevi uvuga icyo umuntu azatanga ngo gisimbure icyo

yagombaga gutanga kubera umuhigo yahize.

Muri rusange igitabo cy’Abalevi kitugezaho ibitekerezo bitatu umuntu yashingiraho inzira

y’ubutungane:

� Kwitandukanya n’ikibi cyose cyaduhumanya

� Kwiyegurira burundu Imana mu mubano utagira amakemwa

� Kwiyemeza kubaho ukora ugushaka kw’Imana.

4.1.4. IGITABO CY’IBARURA

Igitabo cy’Ibarura kigizwe n’imitwe 36. Cyitwa icy’Ibarura kuko kidutekerereza ku buryo

burambuye ibyerekeye ibarura ry’imbaga y’Abayisiraheli ryari ryarategetswe na Musa (Ibar 1,1-4,49),

mbere yo gutangira urugendo mu butayu, bava ku musozi wa Sinayi berekeza mu burasirazuba bwa

Yorudani, ahateganye na Yeriko.

Inyigisho z’ingenzi dusanga mu gitabo cy’Ibarura twazikubira mu ngingo 2 zikurikira:

� Uko umuryango wa Isiraheli wumvaga cyangwa watekerezaga Imana yabo

� Ishusho nyakuri ya Musa, umugaragu w’Imana, imbere y’Abayisiraheli.

1) Uko Abayisiraheli bumvaga Imana mu gitabo cy’Ibarura

Mbere ya byose twiyibutse ko Isiraheli wari umuryango usenga kandi ukihutira kurangiza

imihango mitagatifu yerekeye gutura ibitambo.

Ntiwari rero umuryango wishingikirije imbaraga z’intwaro ngo ugire ijambo mu rugaga rw’amahanga.

Ku bayisiraheli umutegetsi wabo bumvaga ko ari Imana, iba rwagati muri bo, mu rugendo barimo

bagana mu gihugu cy’isezerano.

Iyo myumvire y’Imana ibari hafi yarabakomezaga, ariko kandi ikabahangayikisha. Bibazaga

ukuntu Imana Nyirubutagatifu yakwemera kubana n’umuryango w’abanyabyaha. Bityo bahoranaga

ubwoba bwo kurimburwa n’Imana (Ibar 17,28).

Uko guhagarika umutima byorohejwe n’ishyirwaho ry’Abaherezabitambo n’itorwa ry’Abalevi

bari bashinzwe guhuza imbaga n’Imana. Bari babereyeho gutakambira imbaga y’abanyabyaha no

kuyironkera imbabazi zikomoka ku Mana, maze ibyaha ntibikomeze kuremerera umuryango w’Imana.

37

2) Ishusho nyakuri ya Musa

Igitabo cy’Ibarura kitwereka ishusho yihariye ya Musa mu maso y’Abayisiraheli. Musa ni

umuntu ubasha gucyaha no gucyamura umutima wanangiye w’Abayisiraheli (Ibar 20,10). N’ubwo

Musa yari umunyakuri mu mbaga y’Abayisiraheli yari ayoboye, mu Ibarura 11,11-15 tumubona

yibasiwe n’intege nke za Muntu, zatumye yiheba bigeza aho yijujutira Uhoraho, ndetse ashaka no

kwanga ubutumwa Imana yari yaramuhaye.

Nyamara Musa yaranzwe n’ubudahemuka ku Mana mbere y’ubutumwa bukomeye kandi

buruhije yari afite, maze isengesho rye rikaronkera Abayisiraheli imbabazi (Ibar 14,13-19). Musa rero

yaranzwe n’isengesho ridatezuka, kandi ryuzuye amiringiro.

Twakwanzura tuvuga ko igitabo cy’Ibarura kinaniza kugisoma kubera umwirondoro wose

w’amazina y’ababaruwe. Ariko kuri buri mukristu tubonamo ko kubahiriza isezerano twagiranye

n’Imana ari byo bigomba kuranga imibereho yacu.

4.1.5. IGITABO CY’IVUGURURAMATEGEKO

Igitabo cy’Ivugururamategeko kigizwe n’imitwe 34. Ni cyo gihera ibitabo bitanu

by’Amategeko.

Izina “Ivugururamategeko” rishingiye ku mategeko n’inyigisho dusanga muri iki gitabo kuva ku

mutwe wa 12 kugeza ku wa 26. Ayo mategeko avugurura, kandi agorora ku buryo budasubirwaho

amategeko ya mbere dusanga mu bitabo by’Iyimukamisiri, Abalevi n’Ibarura; bidutekerereza

ibyabereye kuri Sinayi.

Ingingo z’ingenzi dusanga mu gitabo cy’”Ivugururamategeko” ziri inyabutatu ari zo igihugu cya

Isiraheli cyubatseho.

Izo ngingo ni izi zikurikira:

� Isiraheli izi kandi igasenga Imana imwe Rukumbi

� Isiraheli ni umuryango umwe, ubwoko bwatoranyijwe n’Imana

� Isiraheli ni umuryango ugengwa kandi ukayoborwa n’itegeko ry’Imana.

Turebe muri make ibikubiye muri izo ngingo;

1) Imana ya Isiraheli ni Imwe Rukumbi

a) Iyo Mana ya Isiraheli ni yo yitoreye umuryango mu yandi mahanga yose, ukomoka kuri

Aburahamu, Izaki na Yakobo. Isiraheli nta ruhare cyangwa se ubutoni yagize muri iryo torwa,

ni ubushake bw’Imana gusa. Imana ni yo yafashe umwanya w’ibanze muri icyo gikorwa.

b) Mu kurokora Abayisiraheli ubucakara bwa Misiri, Imana yerekanye umugambi wayo udakuka

wo gukiza. Ibyo byerekanywe n’ibimenyetso byinshi byakomejwe no mu butayu.

c) Imana ya Isiraheli ni Imwe, ishobora byose, irakiza kandi yita ku muryango wayo. Ni yo

yonyine igomba gutegwa amatwi (Ivug 6,4-5) ni amagambo atangira isengesho Abayahudi

bose bavugaga mu munsi, bakayita ‘Shema Israheli’.

d) Imana ya Isiraheli ni umugenga w’ubuzima, uburumbuke, isi n’ibiyiriho (Ivug 28,4).

2) Isiraheli ni umuryango ugengwa kandi ukayoborwa n’Imana

38

a) Isiraheli ni umuryango wamenye ku ikubitiro ko watowe n’Imana, Nyirubutagatifu, ibigira ku

bushake bwayo. Ni umuryango Imana yitayeho nk’uko umubyeyi yita ku mwana we.

b) Isiraheli ni umuryango usabwa kwitwararika kuri ubwo butorwe, yegurira Imana umutima

wicisha bugufi (Ivug 10,16).

c) Isiraheli ni umuryango ugomba guca ukubiri n’icyitwa ikibi cyose, ukirinda gufatanya

n’amahanga y’abapagani, kugirango ubeshweho n’ijambo ry’Imana n’umutima wayo wose,

n’amagara yawo yose n’imbaraga zawo zose (Ivug 6,5).

3) Isiraheli ni umuryango ugengwa kandi ukayoborwa n’itegeko ry’Imana

a) Itegeko, Abayisiraheli bita TORA , ni umuyoboro ushingiyeho ukwemera kwabo, ukaganisha ku

mico n’imyifatire iboneye kandi izira amakemwa. Urukomatanye rw’amategeko Abayisiraheli

bagombaga kurushyikiriza urubyaro rwabo, mu bisekuruza byose (Ivug 6,21-25).

b) Umwami ubwe, ibyegera bye n’ibikomangoma bagengwaga na bo n’itegeko ry’Imana.

Birindaga kurijya hejuru kandi bagasabwa kuryubahirisha mu bo bashinzwe, bakaryumvira ngo

barambe ku butegetsi (Ivug 17,18-20).

c) Uburyo itegeko ryubahirizwaga byerekanaga uguhitamo urupfu cyangwa ubugingo (Ivug

11,26-28). Kumvira itegeko ni rwo rugero Abayisiraheli bagombaga guha abandi ; aho

kuryiratana bagombaga kuricengeza mu mitima yabo, rikayigenga (Ivug 30,14).

d) Itegeko ry’Imana ni ryo shingiro ry’ubuhanga bwa Isiraheli. Kutarenga ku itegeko byafashaga

umuryango guhugukira ibikorwa by’umukiro, kumvira itegeko bikagira ingaruka nziza ku

muryango.

e) Ivugururamategeko ryibutsaga rikanagorora imyumvire ya kera ikubiye mu ngingo zikurikira :

� Isiraheli igomba guhora yibuka ko Imana yayigejeje mu gihugu cy’isezerano, ikagomba

gutanga umuganura ku musaruro weze, ikubahiriza na Sabato.

� Isiraheli igomba kwibuka buri gihe ko yakandamijwe mu Misiri, maze ikirinda gukandamiza

umunyamahanga n’umusuhuke (Ivug 15,1-18).

Umwanzuro kuri iki gitabo :

Igitabo cy’Ivugururamategeko kirimo ahanini inyigisho n’amabwiriza Musa yahaye

Abayisiraheli, abibutsa isezerano bagiranye n’Uhoraho kuri Sinayi.

Musa yibanda ku ivugururwa ry’amategeko yo mu bitabo bibanza, hongeweho andi agomba

kubahirizwa nta buhemu. Inyigisho y’iremezo iri muri ikigitabo ni : « Isiraheli izahabwa umugisha,

imererwe neza kandi isagambe igihe cyose izaba yubahirije isezerano yagiranye n’Uhoraho ; naho

niramuka ihemutse, izagira ibyago, icibwe mu gihugu burundu».

4.2. IBITABO 16 BY’AMATEKA

Kugirango tuvuge birambuye ku bitabo 16 by’amateka ni byiza ko tubishyira mu matsinda ane

dukurikije uko biteye.

A) IBITABO BYA YOZUWE, ABACAMANZA, RUTA, 1 NA 2 SAMWELI, 1 NA 2 ABAMI

4.2.1. IGITABO CYA YOZUWE

39

Iki gitabo kigizwe n’imitwe 24 . Yozuwe yafashije Musa kuyobora umuryango w’Imana,

aramusimbura nyuma y’urupfu rwe, maze yinjirana n’umuryango mu gihugu cy’isezerano (Ivug 31,7-

8). Cyitiriwe Yozuwe kuko ari we ukivugwamo cyane. Ibyo dusangamo byerekana ikuzo ry’Imana

itsinda abanyamahanga, igafasha Abayisiraheli kwigarurira igihugu cya Kanahani.

Yozuwe yari muntu ki ?

Yozuwe yavukiye mu Misiri igihe cy’ubucakara ; akomoka mu muryango wa Efurayimu, yari

hamwe na Musa kuri Sinayi Imana itanga Amategeko yayo.

Yozuwe yatsinze Yeriko na Hayi, maze yizerwa n’Abayisiraheli kandi ayobokwa n’abaturage b’i

Gibewoni.

Inyigisho z’ingenzi z’iki gitabo :

Inyigisho ya mbere y’iki gitabo cya Yozuwe ni ukwamamaza ubudahemuka bw’Imana ku

masezerano yagiriye Aburahamu yo kumuha urubyaro n’igihugu (Yoz 21,45).

Inyigisho ya kabiri ni ukutwereka Yozuwe nk’umutabazi wabanjirije abandi boherejwe

n’Imana, kugeza k’uwimperuka Yezu Kristu, umwana wayo wacunguye isi.

4.2.2. IGITABO CY’ABACAMANZA

Igitabo cy’Abacamanza kigizwe n’imitwe 21. Gisesengura amateka yabaye ku gihe

cy’abasimbuye Musa kugeza ku ishyirwaho ry’ubwami muri Isiraheli.

Abacamanza ni abantu b’ibirangirire Imana yoherereje umuryango wayo ngo bawukize amakuba

awugarije. Uretse kuyobora urugamba bafashaga guhosha amakimbirane mu baturage, bagaharanira

gukwiza amahoro no gufasha umuryango kudahemukira Uhoraho.

Ibihe by’amakuba n’imidugararo birangiye abacamanza bamwe bakomezaga uwo murimo abandi

bagasubira mu buzima bahozemo, urugero twatanga ni Ehudi, Shamugari na Debora. Abacamanza

bari bakubiye mu bice bibiri aribyo :

• Abacamanza bakuru aribo Otiniyeli, Ehudi, Baruki, Gidewoni, Yefute na Samusoni.

• Hari Abacamanza bato aribo Shamugari, Tola, Yayiri, Ibusani, Eloni na Abudoni.

Inyigisho z’ingenzi z’iki gitabo

Inyigisho ikomeye y’iki gitabo ni uko icyaha cy’umuryango cyahanishwaga no guterwa

n’amahanga akawukandamiza ; naho igihe cyose umuryango wicujije, Uhoraho yoherezaga

umutabazi. Ibi twabikubira mu magambo ane : gucumura= guhanwa ; kwicuza= kugirirwa imbabazi.

Igihe cyose Imana ntiyitaye ku buhemu bw’umuryango, ahubwo yarawukijije ikoresheje Abacamanza.

4.2.3. IGITABO CYA RUTA

Igitabo cya Ruta kigizwe n’imitwe 4 ; kitwereka ko amateka y’umwami Dawudi avuga ko

yakomotse ku munyamahanga-kazi wo mu gihugu cya Mowabu.

Ruta azwiho kudatererana nyirabukwe nyuma y’urupfu rw’umugabo we. Yamukurikiye i

Beterehemu, ashakana na Bowozi ngo amubyarire uzungura umugabo we. Ruta yabyaye umuhungu

witwa Obedi se wa Yese wabyaye Dawudi. Umwanditsi w’igitabo cya Ruta atwigisha kwakira

abanyamahanga, kwiyumanganya mu kaga ; gufasha abakene no kubana mu rukundo.

40

Ruta ni urugero rw’uko umuntu wese ashobora kuba mu muryango w’Imana kimwe n’Abayahudi,

igihe yemeye Imana imwe Rukumbi, akavuga ko Imana ya Isiraheli ari yo Mana ye.

4.2.4. IGITABO CYA MBERE N’ICYA KABIRI CYA SAMWELI

Igitabo cya mbere cya Samweli kigizwe n’imitwe 31 naho icya kabiri kigizwe n’imitwe 24.

Mu mateka ya Isiraheli byari igitabo kimwe. Cyagabanyijwemo kabiri gihinduwe mu kigereki. Ibitabo

bya Samweli bitugezaho inkuru z’abantu bakurikira :

1) Samweli ubwe, ari we uheruka abacamanza ; yimitse umwami wa mbere muri Isiraheli (1Sam 1-7)

2) Samweli na Sawuli (1Sam 8-15)

3) Sawuli na Dawudi (1Sam 16-2Sam 1)

4) Dawudi (2Sam 2-24).

Ibyo dusanga mu gitabo cya 1 n’icya 2 bya Samweli

Mu mibereho ya Isiraheli habaye ivugururwa rikomeye mu butegetsi, guhora bimuka

byaracitse, maze kuba hamwe bituma batunganya ubutegetsi n’ingabo z’igihugu.

Mu birebana n’iyobokamana Isiraheli yanze gukomeza gufata Imana nk’umwami wabo,

bishakira undi “Sawuli”.

Bikumvikana ko Samweli yagaye imihindukire y’ubutegetsi, agira impungenge ko Isiraheli

izitarura Imana. Ibyo yabitewe n’uko Isiraheli izikurikirira umwami w’umuryango ukomeye ikareka

Imana (1Sam 12,14-15).

Samweli yari muntu ki ?

Samweli ni umuntu Imana yatoreye umurimo w’ubuhanuzi n’ubusaseridoti kandi akaba ari we

washoje igihe cy’ubucamanza muri Isiraheli ariko ntiyakomokaga mu muryango wa Levi.

Ubutumwa yari afite bwari ukugaya ibitagenda neza, agafasha Isiraheli gushyiraho abami ba mbere

abasiga amavuta y’ubutore: Sawuli na Dawudi.

4.2.5. IGITABO CYA MBERE N’ICYA KABIRI BY’ABAMI

Igitabo cya mbere cy’Abami kigizwe n’imitwe22, naho icya kabiri ni imitwe 25.

Ibyo bitabo bidutekerereza amateka y’Abayisiraheli ya nyuma y’umwami Dawudi n’urupfu rwe,

ahagana mu mwaka wa 970 mbere y’ivuka rya Yezu kugeza ku ngoma ya Yoyakimu mu mwaka wa 598

mbere ya Yezu. Muri rusange ni ibihe bibanziriza ijyanwabunyago i Babiloni. Mu by’ukuri byombi

byahoze ari igitabo kimwe, nyuma kigabanywamo kabiri kubera ubunini bwacyo.

Ibiri muri ibi bitabo n’imiterere yabyo

Mu gitabo cya mbere cy’Abami 3-11 dusangamo amateka ya Salomoni; agizwe n’ubuhanga

bwe bwamamaye kugera mu mahanga. Ubwiza buhambaye bw’inzu ye, ingoro y’i Yeruzalemu yari

iteye ubwuzu n’umutungo we.

Ubuhemu bwe, bwakurikiwe n’ingorane yagize, abandi bafashe nk’igihano cyo kugomera

Imana. Salomoni yategetse kuva mu mwaka wa 970 kugeza muri 931. Nyuma y’urupfu rwe igihugu

cyigabanyijemo kabiri. Mu miryango 10 yibumbiye mu ngoma ya Isiraheli mu majyaruguru,

41

ikayoborwa na Yerobowamu. Imiryango 2 yo mu muryango wa Dawudi yibumbiye mu ngoma ya Yuda

mu majyepfo, ikayoborwa na Robowamu.

Mu nkuru ndende zo mu gitabo cya mbere cy’Abami dusangamo iz’umuhanuzi Eliya (1Bami

17-2Bami 1). Naho mu cya kabiri batugezaho inkuru y’umuhanuzi Elisha (2Bami 2-13).

Ibyerekeye ingoma ya Yuda n’ibihe byayo bya nyuma, tubisanga mu gitabo cya kabiri cy’Abami

umutwe wa 18 kugeza kuwa 25. Muri icyo gice badutekerereza iby’umwami Hezekiya: 2Bami 18-20

n’umwami Yoziya: 2Bami 22-23.

Ku ngoma z’abo bami umwanditsi arahibanda kubera amavugurura y’iyobokamana yakozwe.

Igitabo cya kabiri cy’Abami giherwa n’imisozo ibiri:

• Uwa mbere: 2Bami 25,22-26 dusangamo Gedaliyahu, umutegetsi w’igihugu cya Yuda.

• Uwa kabiri: 2Bami 25,27-30 batugezaho umwami waherutse abandi ariwe Yoyakini.

INYIGISHO Z’INGENZI DUSANGAMO

Ibitabo by’Abami bitwereka ko ukwemera n’iyobokamana by’umwami ari byo n’abaturage

bakurikiza. Ni muri urwo rwego abami barimo ibice bibiri:

� Hari abumviraga amabwiriza y’Imana, bakagendera mu nzira zayo ni uko ubutegetsi bwabo

bukarangwa n’ubutabera, ubudahemuka, cyane cyane bakita ku ngoro y’i Yeruzalemu

n’imihango yakorerwagamo. Ibyo byatumaga abaturage bubaha Uhoraho, bigahesha igihugu

umugisha w’Imana.

� Abandi bami baranzwe no kugomera Uhoraho bakabitoza abaturage. Muri bo hari abategetse

abaturage gusenga ibigirwamana, gusengera ahantu hatateganyijwe, gukandamiza rubanda

rugufi, gutoteza no kumenesha abahanuzi, guteza intambara n’ibindi.

Isenywa n’irimbuka ry’ingoma ya Isiraheli na Yuda byafashwe nk’ingaruka mbi z’abami batumviye

Imana bacumura kandi bagacumuza umuryango w’Imana. Bamwe ariko muri abo bami babi

baricuzaga, bakisubiraho.

B) IBITABO BY’AMATEKA, EZIRA NA NEHEMIYA

Ibi bitabo byanditswe n’umuntu umwe. Adutekerereza inkuru ndende ku muryango w’Imana.

Izo nkuru yazikubiye mu bitabo bine ari byo: Igitabo cya mbere n’icya kabiri cy’Amateka, Igitabo cya

Ezira n’Igitabo cya Nehemiya.

4.2.6. IGITABO CYA MBERE CY’AMATEKA

Kigizwe n’imitwe 29. Umuntu yakigabanyamo ibice 2:

• Igice kivuga amasekuru (1-9): umwanditsi ashishikajwe no kwerekana Dawudi, umugi

mutagatifu n’iyobokamana.

• Ikindi gice kivuga amateka ya Dawudi (10-29).

Umwanditsi w’igitabo cya mbere cy’Amateka agamije kutugezaho mbere ya byose imibereho

y’umwami Dawudi n’uruhare rwe mu kubahirisha Isezerano ry’Imana yumvisha abantu b’igice cye

uko bazagenza ngo bagire ihirwe.

Iryo hirwe rishingiye ku kumvira Imana hakurikizwa amategeko yayo no kurangiza neza imihango yo

guhimbaza Imana ikorerwa mu ngoro.

42

4.2.7. IGITABO CYA KABIRI CY’AMATEKA

Kigizwe n’imitwe 36. Gikomeza inkuru zo mu gitabo cya mbere cy’Amateka, ariko kikibanda ku

mateka ya Salomoni (1-9); ubwitandukanye bw’igihugu n’amateka y’ingoma ya Yuda (10-

36).Umwanditsi agamije gushima imyifatire myiza y’Abami ba Yuda bagenderaga mu murongo

w’umukurambere wabo Dawudi. Ariko kandi agaya imyifatire mibi y’abami batakurikizaga urugero

rwa Dawudi.

4.2.8. IGITABO CYA EZIRA

Iki gitabo gifite imitwe 10. Cyitiriwe Ezira kuko ari we ukivugwamo cyane, nibura guhera ku

mutwe wa 7, ariko mu by’ukuri umwanditsi wacyo ni we w’ibitabo by’Amateka.

Umwanditsi atwumvisha ukuntu umwami w’Abaperisi, Sirusi mu kwigarurira igihugu cya

Babiloni yagaragaye nk’igikoresho cy’Imana, ikiza umuryango wayo ubucakara. Kuva ku mutwe wa

mbere kugeza kuwa 6 dusangamo iteka ry’umwami Sirusi, itahuka ry’umuryango wa Isiraheli

n’iyubakwa ry’Ingoro nshya.

Iryo teka ryahaga buri wese uburenganzira bwo kuyoboka idini ashaka no gukomeza umuco

we. Ibi bigaragaza ko Abayahudi babohowe ku ngoyivyabahatiraga gukurikiza imico y’Abanyababiloni.

Sirusi yabategetse gutahuka i Yeruzalemu ngo bongere bubake ingoro y’Imana.

Kuva ku mutwe wa 7 kugeza ku wa 10 tubona ubutumwa bwa Ezira bushingiye ku kuvugurura

iyobokamana ryagombaga gushingira ku kubaha amategeko y’Uhoraho.

4.2.9. IGITABO CYA NEHEMIYA

Igitabo cya Nehemiya kigizwe n’imitwe 13. Gikomeza icya Ezira. Nehemiya yari umuyahudi

akaba n’umuhereza w’umwami Aritashuweri w’umuperisi. Nehemiya yayoboye imirimo yo kubaka

inkike za Yeruzalemu, ayobora ibirori byo gutaha inkike, ashishikariza Abalevi gutunganya neza

umurimo bashinzwe.

Yagize uruhare mu kubaha itegeko rya Sabato n’iryo kudashaka mu banyamahanga.

Nehemiya atugezaho amasekuru n’urutonde rw’amazina y’abaturage b’i Yeruzalemu bakuye mu

bubiko bw’ingoro n’ubw’umugi.

C) IBITABO BYA TOBI, YUDITA, ESITERA

Ibi bitabo n’ubwo bibarirwa mu by’Amateka, inkuru bitugezaho zerekeye Tobi, Yudita na

Esitera ntizivuga ibintu byabayeho koko, ahubwo ni imigani ikubiyemo inyigisho zo kugira imigenzo

myiza, kuba intwari mu bigeragezo n’ibitotezo. Ibi byasabwaga Abayahudi bari baturanye n’abanzi

benshi.

Ibi bitabo byanditswe mu gihebureyi nyuma bihindurwa mu kigereki. Byanditswe igihe ingoma

y’Abaperisi yari imaze gusimburwa n’iy’Abagereki mu mwaka wa 333 mbere y’ivuka rya Yezu Kristu.

Hari hashize ighe kirekire Isiraheli ivuye mu bunyago.

4.2.10. IGITABO CYA TOBI

43

Iki gitabo ni umugani ugamije kwigisha Abayahudi bari baratataniye mu mahanga. Ukubiyemo

inyigisho z’iyobokamana n’iz’imbonezamubano.

Mu gitabo cya Tobi tubona ko Imana yita ku bayo, ikabarengera. Ibahora hafi n’ubwo bo

batayibona. Ihirwe urugo rwa Tobin a Sara rwakize rubikesha ubusabaniramana n’umuco mwiza

wabo, ryerekana ko amasengesho yabo yakiwe n’Imana. Igitabo cya Tobi kigizwe n’imitwe 14.

4.2.11. IGITABO CYA YUDITA

Kidutekerereza ukuntu Abayahudi bagobotowe mu makuba akomeye babikesheje umugore

w’intwari Yudita.

Kigizwe n’imitwe 16 twagabanyamo ibice 2:

• Kuva ku mutwe wa mbere kugeza ku wa 7 bavuga icyago cyugarije umuryango w’Imana.

Isiraheli yagoswe impande zose bitegetswe n’umwami Nebukadinetsari maze ibura amazi

ndetse iriheba.

• Kuva ku mutwe wa 8 kugeza ku wa 10 tubona ubutwari bwa Yudita wasabye abakuru b’umugi

gukomera kubarwanya umwanzi biringiye Uhoraho. Igitabo kitwereka uburyo Yudita yageze

ku mugambi we.

Inyigisho y’ingenzi dusanga muri iki gitabo ni uguhumuriza abantu ukomeza ubutwari bwabo haba

mu byago n’ibitotezo kuko muri byose ntakidutandukanya n’Imana.

Iyi nyigisho yari ikenewe cyane cyane igihe abami ba Antiyokiya bahatiraga abantu kuyoboka umuco

n’iyobokamana by’Abagereki.

4.2.12. IGITABO CYA ESITERA

Icyi gitabo cyongera kutugezaho ukuntu Abayahudi bongeye kurokoka babikesheje umugore.

Umwanditsi atwigisha yifashishije inkuru yahimbye, ko Imana idatererana abayo kabone n’iyo baba

bugarijwe n’amakuba akomeye. Esitera nubwo yari intwari yaguye mu gishuko cyo kwihorera birenze

urugero. Utandukanye n’iyo migirire tuzabona ko ari Yezu Kristu wigishije urukundo ruzira kwihorera

ku banzi bacu. Igitabo cya Esitera kigizwe n’imitwe 10. Cyanditswe mu gihebureyi nyuma gihindurwa

mu kigereki ngo abari batuye mu Misiri b’Abayahudi babashe kugisoma. Inyandiko y’ikigereki isumba

iy’igihebureyi kuko yongerwaho ibindi bintu.

Muri Bibiliya y’ikinyarwanda nyuma y’imibare yerekana umutwe n’umurongo bongeraho

inyuguti a,b,c…ziranga izo nyongera.

D) IGITABO CYA MBERE N’ICYA KABIRI CY’ABAMAKABE

“Makabe” ni izina bahimbye uwitwa Yuda n’abavandimwe be, bari intwari mu kurwanirira

umuryango wabo. Bitugezaho amateka yabo hagati y’imyaka 175 n’135 mbere y’ivuka rya Yezu.

4.2.13. IGITABO CYA MBERE CY’ABAMAKABE

Iki gitabo kidutekerereza uburyo Abayisiraheli batotejwe bazira gukomera ku idini ryabo. Ibyo

byabaye igihe Antiyokusi akuraho imigenzo y’Abayahudi agategeka ko umuco w’Abagereki ukwira mu

bihugu byose.

Kwica Sabato no gutura ibitambo ibigirwamana byatumye Matatiyasi ashishikariza

abavandimwe be gukomera ku rugamba, banga guhumanya ingoro n’ibikoresho bitagatifu.

44

Umwanditsi w’iki gitabo atwigisha kudatatira amabwiriza y’Imana kuko aribyo bitanga amahoro

n’ituze. Kurwanira ishyaka ingoro y’Imana twirinda icyayihumanya cyose ni isomo umukristu wese

akuramo.

Twanzure tuvuga ko ikigitabo kigizwe n’imitwe 16. Cyanditswe mu gihebureyi nyuma

gihindurwa mu kigereki.

4.2.14. IGITABO CYA KABIRI CY’ABAMAKABE

Iki gitabo kigizwe n’imitwe 15. Ntigikomeza icya mbere ahubwo cyongera kudutekerereza

itotezwa ry’Abayisiraheli ku ngoma ya Antiyokusi Epifani. Kivuga abagabo babaye indatsimburwa ku

rugamba mu gihe cya Yuda Makabe. Cyabonetse mu kigereki.

Usoma igitabo cya kabiri cy’Abamakabe agisangana ingingo 3 z’ingenzi dusanga mu mahame

y’ukwemera mu Isezerano rishya:

• Ingingo ya mbere ihamya ukwemera: Twemera Nyagasani Imana ko ari Umuremyi w’ibintu

byose, Umwami, Umucunguzi n’Umushobora byose.

• Ingingo ya kabiri ihamya izuka ry’abapfuye: Tubona icyizere bari bafite cy’uko abapfuye

bazazuka bagahembwa (2Mak 7,1-41).

• Ingingo ya gatatu isobanura akamaro k’isengesho ryo gusabira abapfuye ngo Imana

ibababarire ititaye ku byiza bakoze (2Mak 12,39-45).

Igitabo cya kabiri cy’Abamakabe ni kimwe mu by’Isezerano rya kera kigaragaramo kwemera izuka

ry’abapfuye. Koko rero tutizeye izuka gusabira abapfuye byaba impfabusa.

4.3. IBITABO BY’IBISIGO N’UBUHANGA

Ijambo ry’ibanze:

Ibitabo by’ibisigo n’ubuhanga bigize igice cya gatatu cy’inyandiko dusanga mu Isezerano rya

kera nyuma y’inyandiko z’amategeko n’amateka.

Izi nyandiko z’ibisigo n’ubuhanga zicukumbura amateka y’ugucungurwa kwa Muntu.

Ku ikubitiro ibitabo by’ubuhanga biri mu itsinda rya bitanu: Yobu, Imigani, Umubwiriza, Mwene Siraki

n’Ubuhanga.

Kuri iri tsinda hiyongeraho ibindi bibiri: Zaburi n’Indirimbo Ihebuje bigakora itsinda ry’ibitabo 7.

Abahanga muri Bibiliya bemeza ko ibitabo by’ubuhanga byatangiye kugaragara mu gihe cy’ingoma

y’Abaperisi, ijyanwabunyagi ry’i Babiloni rirangiye, ahagana mu kinyejana cya gatandatu mbere

y’ivuka rya Yezu.

Abanditsi b’ibitabo by’ubuhanga bari bashishikajwe no kurengera umurage w’abasokuruza mu

byerekeye iyobokamana.

Mu itsinda ry’ibitabo bitanu by’ubuhanga twabonye, bitatu muri byo byari mu gihebureyi: Imigani,

Yobu n’Umubwiriza. Bibiri bisigaye aribyo: Mwene Siraki n’igitabo cy’Ubuhanga byabonetse mu

kigereki bityo ntibyakirwa n’abatsimbaraye ku gihebureyi muri Bibiliya.

Abanditse ibitabo by’Ubuhanga twashyize mu itsinda rya bitanu ntibatubwira amateka yahise ya

Isiraheli, ntibibanda ku mategeko y’Imana, yewe si n’Abahanuzi, bari ingenzi mu kwitegereza ukuri ku

bibera ku isi maze bagatanga inyigisho n’inama zifasha abantu. Intego yabo ni ugucengeza mu bantu

ubuhanga nyabwo ngo babushingireho imyifatire n’imyitwarire yabo. Uwiziritse ku buhanga yabaga

intangarugero mu bandi. Kuri bo ubuhanga nyakuri ni ugutinya Uhoraho, ugendera mu nzira ze

n’amabwiriza ye. Impanuro z’abanyabuhanga zigeza ku muntu ku munezero yifuza, akagira ubumenyi

mu byo akora.

45

Abenshi mu banyabuhanga inganzo yabo bayivomye mu mashuri cyangwa amatorero yariho.Urugero

rwa hafi ni ishuri rya Mwene Siraki ryari ihuriro ry’abashaka kugera ku buhanga. N’ubwo aya mashuri

yariho Abayisiraheli bizeraga ko ubuhanga nyakuri bukomoka ku Mana.

Turebe ibikubiye mu bitabo by’Ibisigo n’Ubuhanga uko ari 7:

4.3.1. IGITABO CYA YOBU

Igitabo cya Yobu kigizwe n’imitwe 42. Giteye ku buryo bukuriira:

1) Imitwe ibiri ibanza: Intangiriro cyangwa Iriburiro. Tubonamo ukuntu Yobu yari yarahiriwe muri

byose, nyuma akaza kwibasirwa n’ibyagoby’amoko yose.

2) Ikiganiro cya mbere (Yobu 3-14): Umutwe wa gatatu ni Yobu wivugisha; kuva ku mutwe wa 4

kugeza ku wa 14 ni igisigo kirekire cy’impaka Yobu ajya n’inshuti ze arizo Elifazi, Bilidadi na

Sofari.

3) Ikiganiro cya kabiri (Yobu 15-21): Kirimo Yobu aganira na Elifazi, Bilidadi na Sofari.

4) Ikiganiro cya gatatu (Yobu 22-27): Yobu arongera akaganira n’inshuti ze inshuro ya gatatu.

5) Igisingizo cy’ubuhanga (Yobu 28).

6) Ikiganiro cya Yobu yiregura, kandi aganya (Yobu 29-31).

7) Elihu, indi nshuti ya Yobu afata ijambo akavuga kimwe n’abamubanjirije (Yobu 32-37).

8) Imana ubwayo ifata ijambo igasubiza Yobu (Yobu 38-42,6).

9) Umwanzuro (Yobu 42,7-14).

Yobu ni muntu ki?

Yobu si umuntu wabayeho. Ni izina bahimbye umuntu, bamuhitamo ngo ahagararire kandi yerekane

imibereho y’intungane zose zibasirwa n’akarengane cyangwa ibyago bikomeye ntizimenye impamvu

Imana itihutira kuzirengera.

Inyigisho ziri mu gitabo cya Yobu

Muri iki gitabo bagaruka ku kibazo cy’ukuntu Imana ihemba intungane, igahana abagome.

Abayisiraheli bumvaga ko ibyago ari igihano cy’ibyaha by’umuntu cyangwa umuryango. Inshuti za

Yobu nazo zari zifite iyi myumvire.

Yobu ni urugero rw’abihanganira imibabaro, bakumva ko Imana idatererana abayo. Iki gitabo

kitwigisha ko Imana itaduha ibyiza kubera ubutungane bwacu. Imana itanga ntaho ibogamiye.

Umuntu nawe agomba kwakira no gukoresha neza ibyo yahawe.

Imibabaro igomba kubaho mu buzima kubera ingaruka z’icyaha cya muntu, kuyakira ni ukwikorera

umusaraba wacu nk’uko Yobu yabigenje.

4.3.2. IGITABO CYA ZABURI

Igitabo cya Zaburi kigizwe n’indirimbo 150. Zakoreshwaga n’Abayahudi igihe basengera mu ngoro y’i

Yeruzaremu, mu masengero no mu ngo zabo. Zaburi zigizwe n’amasengesho asingiza Imana, kandi

abakristu barayakunda.

Muri Bibiliya Zaburi zirangwa n’imibare. Zaburi zikurikira igitabo urugereko rw’igihebureyi umubare

wazo ntuba mu dukubo. Iz’ikigereki umubare wazo uba mu dukubo kandi ukanyurana n’uwa mbere

ho rimwe. Urugero: Z 63(62).

46

Inkomoko ya Zaburi n’abazihimbye biragoye kubimenya. Ariko Zaburi 73 zitirirwa Dawudi, umwami

w’ikirangirire, wari umuririmbyi, umusizi w’umuhanga n’umucuranzi.

Abahanga ba Bibiliya bavuga ko izo Zaburi zanditswe n’abandi batazwi, kwitirirwa Dawudi bikaba

byaratewe n’icyubahiro yari afite. Zaburi ya 90 yitiriwe Musa, iya 72 n’iy’127 zitirirwa Salomoni.

Umuntu ntiyaba yibeshye cyane avuze ko Zaburi zahimbwe n’Abalevi bari abahereza n’abaririmbyi

mu ngoro y’i Yeruzalemu. Bamwe muri bo ni Asafu, abahungu ba Kore, Etani na Yedutuni.

Zaburi zakomotse henshi. Zimwe ni iza kera cyane ; hari iz’igihe cy’abami, ijyanwabunyago na nyuma

yo gutahuka.

Umwanya Zaburi zifite mu gusenga Uhoraho ni indasimburwa. Hari Zaburi zari zitegetswe kuvugwa

mu ngendo ntagatifu bajya i Yeruzalemu. Bita « Indirimbo z’amazamuko ». Izo ni Z120-134. Ibikoresho

bakoreshaga baririmba Zaburi ni inanga, imiduri, iningiri, gukoma amashyi no guhanika amajwi

yarimo cyane cyane «Amen na Alleluya».

� Alleluya bivuga “dusingize Imana”

� Amen bikavuga ngo “ibyo Uhoraho atubwiye turabyemeye”.

Muri Zaburi harimo impande ebyiri ziganira : umuntu n’Imana. Hari Zaburi zidafitanye isano

n’imihango ya Liturujiya. Ni izisabira umuryango wose cyangwa umuntu ubwe, akenshi zirimo

inyigisho z’ubuhanga.

Amoko ya Zaburi n’icyo zigamije

Zaburi twazigabanyamo amoko atatu:

a) Zaburi zisingiza Imana

Ni Zaburi zikuza Imana, umuremyi wa byose, Nyagasani wagiranye isezerano n’umuryango we. Zaburi

z’ibisingizo usanga imiririmbire yazo iri mu ntera eshatu:

� Umuririmbyi yibwiriz a gusingiza Imana, arata, ashimira ibyiza yakoze, agasaba imbaga yose

kwifatanya na we (Z 34,2).

� Ku ntera ya kabiri umuririmbyi avuga impamvu zimuteye gusingiza. Arondora ibigwi by’Imana,

ibitangaza yakoze nko kurema isi n’ijuru, gukiza umuryango wayo ubucakara n’ibindi.

� Umuririmbyi asoza yibutsa amagambo yatangiriyeho, akagaruka ku mppamvu yo gusingiza,

maze akisabira kandi agasabira imbaga yose.

Zaburi zisingiza Imana zirimo amatsinda ane:

1) Ibisingizo bisanzwe: Izo Zaburi ni iya 8; 19; 29; 33; 100; 103; 104; 111; 113; 114; 117; 134;

135; 136; 145-150.

2) Indirimbo z’ingoma y’Imana: Ni Zaburi basingizamo Uhoraho, Umwami wa byose, kandi

ubwami bwe butandukanye n’ubwo tubona ku isi. Izo Zaburi ni iya 47; 93; 96-100.

3) Indirimbo zirata Siyoni cyangwa Yeruzalemu: Muri izo Zaburi bahamagarira isi yose gusingiza

Imana kubera umurwa wayo Mutagatifu Yeruzalemu. Imana yawuhisemo ngo hubakwe ingori

ituyemo. Izo Zaburi ni iya 46; 48; 76; 84; 87; 122.

4) Zaburi zivuga abami: Ntituzitiranye n’indirimbo z’Ingoma y’Imana. Zo ni Zaburi zisingiza abami

bategetse Yeruzalemu, baharanira ubutabera n’amahoro kubera izina ry’Imana. Izo Zaburi ni

iya 2; 18; 20; 21; 45; 72; 89; 101; 110; 132; 144.

b) Zaburi zisabira abantu

Umuririmbyi wazo arisabira, agasabira umuryango we. Ziri mu matsinda atatu:

47

1) Zaburi zo gutakambira Imana: Muri izi Zaburi dusangamo iz’umuntu umwe cyangwa iza

rusange zivugwa mu makuba yose. Umuririmbyi abanza kuvuga ibyago arimo, hanyuma

akagusha neza Uhoraho ngo amukize, agasoza agaragaza icyizere cyo gusubizwa n’Imana.

Ingero za Zaburi y’umuntu umwe, ni nka Zaburi ya 5; 6; 7; 51; 54-57. Zaburi za rusange, ni nka

Zaburi ya 12; 44; 60.

2) Zaburi z’amiringiro: Izi Zaburi zirangwa n’ukwemera kujyana n’icyizere umuririmbyi afitiye

Imana. Uririmba yerekena ko Imana itanga ibyishimo n’amahoro y’umutima. Muri izi Zaburi

harimo izivuga amiringiro y’umuntu umwe. Izo ni nka Zaburi ya 3; 4; 11; 16; 23; 27; 62; 91;

121; 131. Hari na Zaburi zivuga amiringiro rusange.Izo ni nka Zaburi y’115; 125; 129.

3) Zaburi zo gushimira: Umuririmbyi wazo ashimira Imana ibyiza yamugiriye, birimo kumukiza

ibyago n’amakuba yagize. Uririmba asubiramo ingorane yahuye nazo, yatakambira Imana

ikamwumva. Muri Zaburi zo gushimira Imana harimo iz’umuntu ushimira ku giti cye. Izo ni nka

Zaburi ya 9; 10; 30; 32; 34; 40; 41; 92; 116; 138. Harimo na Zaburi zishimira muri rusange. Izo

ni nka Zaburi ya 65; 68; 107; 118; 124.

c) Zaburi zikubiyemo inyigisho

Zaburi zikubiyemo inyigisho usanga inyinshi zigaruka ku ngingo ebyiri z’ingenzi :

� Ubudahemuka bw’Imana

� Ubuhemu bw’umuryango.

Mu kuduha inyigisho zitandukanye Zaburi zibutsa amateka y’isezerano ry’Imana na Isiraheli. Hari

izigaruka ku mabwiriza y’Abahanuzi, izindi zikerekana ibyiza byo gukurikiza amategeko y’Imana.

Akamaro n’umwanya wa Zaburi

Zaburi zifite akamaro ku bakristu b’ibihe byose. Ni isengesho buri wese yiyumvamo. Ni isengesjo

rigera ku mpande zose z’ubuzima rigafasha umuntu gushyikirana n’Imana. Zaburi ni isengesho riranga

imiterere y’umutima w’umuntu, igihe yishimye cyangwa ari mu makuba.

Igihe dusenga twifashishije Zaburi, tuyiririmba cyangwa tuyizirikana bidufasha guhumurizwa.

Bikanadutera imbaraga zo kwitagatifuza. Muri Liturujiya y’ijambo ry’Imana Zaburi ifite umwanya

ukomeye. Ikurikira isomo bateganyije, ikadufasha kuricengera kurushaho.

Twanzure twibutsa ko gusenga twifashishije Zaburi bitera ingorane. Izo ngorane tuziterwa n’umuco

cyangwa amateka zahimbwemo bitari ibyacu. Ni yo mpamvu hari Zaburi umuhimbyi yishimira

kwihorera, ubwironde, intambara n’ibindi. Nyamara ibyo ntibihungabanya umutima w’usenga

amurikiwe na Roho Mutagatifu.

4.3.3. IGITABO CY’IMIGANI

Igitabo cy’Imigani kigizwe n’imitwe 31. Incamarenga n’imigani dusanga muri iki gitabo bikomoka

henshi.

Dufite imigani ya Salomoni umwami wa Isiraheli, mwene Dawudi. Bavuga ko igera ku bihumbi bitatu

ku buryo igitabo cyitwa « Imigani ya Salomoni ». Ariko imigani yose ntiyahimbwe na Salomoni.

Harimo n’iy’Abanyamahanga nka Aguri na Lemuweli.

Imigani yabonetse mu bihe bitandukanye. Hari iya mbere Isiraheli itarajya mu bunyago ; hari n’iya

nyuma yo gutahuka. Mu kinyejana cya 6 mbere ya Yezu Kristu niho igitabo cy’Imigani cyabonetse ku

buryo bwuzuye.

Imiterere y’iki gitabo

48

Iki gitabo kirimo ibice bikurikira :

1) Inyigisho y’ibanze : Umubyeyi agira umwana we inama nziza (Imig 1-9).

2) Igice cya mbere cy’Imigani ya Salomoni : Harimo inama zo kubana neza n’abandi ; iby’Imana

ishima ; ingeso mbi cyangwa nziza z’umuntu (Imig 10-22,16).

3) Imigani 30 ya mbere y’Abanyabuhanga (Imig 22,17-24,22).

4) Imigani 6 y’Abanyabuhanga (Imig 24,23-34) .

5) Igice cya kabiri cy’Imigani ya Salomoni. Umwami Hezekiya ni we wategetse kuyikusanya no

kuyandika (Imig 25-29).

6) Amagambo ya Aguri akubiyemo kwirinda ikinyoma n’uburyarya (Imig 30,1-14).

7) Imigani y’imibare (Imig 30,15-33).

8) Amagambo ya Lemuweli (Imig 31,1-9).

9) Umwanzuro ugizwe n’igisingizo cy’umugore w’umutima (Imig 31,10-31).

Inyigisho y’igitabo cy’Imigani

Inyigisho dusanga mu gitabo cy’Imigani ziduha inama yo gukunda no gukora icyiza tukareka ikibi.

Imigani myinshi idusaba kugirira abandi neza tubitewe n’urukundo dufitiye Imana na bagenzi bacu.

Dusabwa kuba inyangamugayo mu mibereho isanzwe ya buri munsi, tukerekana ko twayobotse

Imana by’ukuri. Umukristu ukunze igitabo cy’Imigani akuramo inama nyinshi zimugirira akamaro.

4.3.4. IGITABO CY’UMUBWIRIZA

Igitabo cy’Umubwiriza kigizwe n’imitwe 12. Batangira bagira bati:”Dore amagambo ya Koheleti

mwene Dawudi, umwami w’i Yeruzalemu”.

Koheleti si umuntu wabayeho, ahubwo ni izina rusange ry’igihebureyi risobanura “umuntu uyobora

ikoraniro” abigisha kandi abafasha gusenga. Kumwita mwene Dawudi ntibivuga ko ari Salomoni,

ahubwo ni ukumwitirira igitabo kuko yari umuhanga w’ikirenga.

Iki gitabo cyanditswe mu gihebureyi kivanze n’icyaramu, ijyanwabunyago rirangiye. Hari mu kinyejana

cya gatatu mbere ya Yezu. Ingingo zirimo zumvisha ko cyagize abanditsi benshi, ibitekerezo byabo

bigahurizwa hamwe.

Umutwe wa mbere ku murongo wa 13 tubona uburyo bwakoreshejwe n’umwanditsi. Yitegereje

ibiriho maze mu buhanga bwe arashishoza agira icyo abivugaho.

Imiterere y’igitabo n’inyigisho z’ingenzi dukuramo

Iki gitabo cyibanda ku ngingo imwe rukumbi igira iti: “Ibintu byose ni ubusa”. Bigaragara mu ntangiriro

y’igitabo. “Byose ni ubusa” ni ijambo rigaruka inshuro 38.

� Umubwiriza umutwe wa 1,4-11 tubona ko ibintu bihora ari byabindi, ntagihinduka : Izuba,

umuyaga, inzuzi. Mbese ibituye ku isi bigenda bigana aho byatangiriye, ibyahozeho bigakomeza.

Umuntu nawe ntiyigera anyurwa n’ibiriho, ahora ahindagurika, ntahazwa n’ibyo yumva cyangwa

abona (Mubw 1,8-11).

� Koheleti mu gisigo cye ahamya ko ubuhanga bwo ku isi budatanga umunezero, ahubwo

imibabaro (Mubw 1,12-2,26). Kuri we ibintu bitera ibyishimo ntibimara kabiri. Koheleti yibaza ku

rupfu rukamubera amayobera. Asanga ruba hose, ntirugire ibambe, ntiruteguze. Umunyabuhanga

n’umusazi bapfa kimwe.

49

� Umuruho w’umuntu ntugira igihembo kuko ibyo agokera urupfu rudatuma abitunga

ubuziraherezo.

� Koheleti aduhamagarira kuzirikana ku gihe. Ikiriho cyose dusanga cyaragenewe umwanya

wacyo (Mubw 3,1-8).

� Ibintu ni amayobera kandi bimarwa n’urupfu (Mubw 3,9-22:).

� Koheleti yamagana iyobokamana ridashyitse, riranga abapfayongo, bakora nabi ntibabimenye

(Mubw 4,14-4,6).

� Ubukungu ni ubusa, bityo ibyo dutunze tubikoreshe neza (Mubw 5,9-19).

� Koheleti atanga inama zinyuranye umuntu akurikiza ngo abeho neza (Mubw 8-11,6).

� Koheleti atugira inama yo gukoresha neza igihe twahawe, haba mu buto, ubusoren’ubusaza

(Mubw 11,7-12,7).

� Igisingizo cya Koheleti n’umwanzuro. Bigizwe no gutinya Imana kandi hagakurikizwa

amategeko yayo (Mubw 12,9-14).

Dusoze iki gitabo tuvuga ko abakristu bakwiye gutega amatwi ibyo Umubwiriza atubwira. Kwirinda

kwihambira ku bintu bihita, tugakurikira Yezu utugeza ku byiza bidashira ni intego y’umuntu usoma

igitabo cy’Umubwiriza.

4.3.5. IGITABO CY’INDIRIMBO IHEBUJE

Indirimbo Ihebuje ni igitabo kigizwe n’ibisigo 5 bikubiye mu mitwe 8. Ni igitabo gitangaje kuko

kitibanda ku Mana, ahubwo ku rukundo umukwe agirira umugeni we.

Muri iyi ndirimbo umwe aba aganira na mugenzi we. Ni yo mpamvu hagaragaramo cyane ngenga ya

mbere “Njyewe, Ndi” na ngenga ya kabiri “ Wowe, Uri”.

N’ubwo iki gitabo cyibanda ku rukundo rw’umukwe n’umugeni we, Abayahudi n’Abakristu

bakibonamo igitabo gitagatifu. Gifite akamaro nk’ibindi byose. Abagize impungenge zo kugifata

nk’igitabo gitagatifu babiterwa n’uko kivuga urukundo ku buryo wa Muntu.

Abayahudi n’Abakristu baje kurenga iyo myumvire maze urukundo ruvugwamo barusobanura ku

buryo busumbye abantu. Indirimbo Ihebuje basanze ivuga urukundo Imana yakunze Isiraheli n’urwo

Isiraheli ifitiye Imana.

Mu byukuri urukundo ruhuza Imana n’abantu rugereranywa n’uruhuza abashakanye. Urwo rukundo

ni ishusho y’urwo Kristu afitiye Kiliziya ye. Ni umubano abayoboke ba Kristu bagirana n’Imana yuje

urukundo.

Indirimbo Ihebuje yitiriwe Salomoni kuko yari umwami w’umuhanga, ariko si we wayihimbye.

4.3.6. IGITABO CY’UBUHANGA

Igitabo cy’Ubuhanga cyanditswe mu kigereki mu mwaka wa 50 mbere ya Yezu. Cyabonetse mu mugi

wa Alegizandiriya mu Misiri. Hari hatuwe n’Abayahudi bafashe umuco n’ururimi by’Abagereki.

Cyemewe n’Abayahudi bavuga urwo rurimi ; muri Palestina baragishima ariko ntibacyita gitagatifu

kuko kitabonetse mu gihebureyi. Abakristu bambere ntibatinze kucyemera nk’ibindi bitabo bitagatifu

byose.

Imiterere y’iki gitabo n’inyigisho zikubiyemo

Igitabo cy’ubuhanga kigizwe n’imitwe 19. Kirimo ibice bikurikira.

50

1) Ubuhanga n’amaherezo ya Muntu (Buh 1-5) : Umwanditsi yerekana akamaro k’ubuhanga mu

buzima bw’abantu, akagereranya imibereho y’umuhanga w’intungane n’iy’umugome muri

ubu buzima na nyuma y’urupfu. Amaherezo y’intungane ni ugukuzwa ihabwa igihembo naho

abagome bakarimbuka.

2) Inkomoko y’ubuhanga n’uburyo bwo kubugeraho (Buh 6-9) : Ubuhanga bwigaragariza

ubushaka wese. Kubugeraho ni ugukomera ku kuri nk’uko bivugwa na Salomoni,

ntuguteshukeho (Buh 6,22-23).

3) Akamaro k’ubuhanga mu mateka y’abantu (Buh 10-19) : Kuva ku mutwe wa 10 kugeza ku wa

12 basubira mu ntangiriro y’amateka y’Abayahudi uhereye kuri Adamu kugera kuri Musa

(kugera ku Iyimukamisiri).

Umwanditsi agaragaza ko ubuhanga bwakomeje umuntu wa mbere, bukamureka igihe acumuye.

Ubuhanga bwavanye umuryango mutagatifu mu gihugu cy’ubucakara. Kuva ku mutwe wa 13 kugeza

ku wa 15, umwanditsi yamagana abasenga ibigirwamana. Mu mitwe ya 16-19 tuzirikana ibyabaye

igihe Abayisiraheli bimutse mu Misiri.

Inyigisho y’ingenzi umwanditsi w’igitabo cy’ubuhanga atanga, ni ugushishikariza abavandimwe be

kudahemukira Imana. Bagomba kudasenga ibigirwamana, kudatwarwa n’amaraha y’imigi nka

Alegizandiriya. Kuri we, nyuma y’urupfu uwaranzwe n’ubuhanga azahembwa, uwabaye umupfapfa

ahanwe.

4.3.7. IGITABO CYA MWENE SIRAKI

Igitabo cya Mwene Siraki kigizwe n’imitwe 51. Gitangirwa n’ijambo ry’ibanze ry’imirongo 35.

Umwanditsi asobanura uko yahinduye igitabo agikura mu gihebureyi akagishyira mu kigereki.

Yagihinduye mu mwaka wa 38 w’ingoma y’umwami Everigeti, hari mu mwaka w’132 mbere ya Yezu.

Izina ry’uwagihimbye ntirizwi naho irya sekuru ni ‘‘Yezu Mwene Siraki’’ nk’uko bigaragara mu mutwe

wa50 umurongo wa 27. Hanyuma igitabo bacyita «

Ubuhanga bwa Yezu, Mwene Siraki ». Yari

umuhanga w’i Yeruzalemu.

Igitabo cya Mwene Siraki tugisangamo ibice bibiri by’ingenzi:

� Igice cya mbere kitugezaho inyigisho zinyuranye z’ubuhanga (Sir 1,1-42,14).

Dore zimwe mu ngingo zingenzi zikubiye muri icyo gice:

� Inkomoko y’ubuhanga

� Gutinya Uhoraho ni yo soko y’ubuhanga

� Umujinya n’ukwihangana

� Kwicisha bugufi, gukunda no gutinya Uhoraho

� Kudahemuka mu bigeragezo

� Kwiringira Imana no kubaha ababyeyi

� Kugira umutima wiyoroshya, utarangwa n’ubwirasi

� Gufasha abakene mu bwitonzi n’ubutabera

� Kubura amahoro ku mukire n’umunyabyaha kuko bagira uburyarya n’ubwirasi

� Ubucuti nyakuri, kwitondera abagore n’imibanire y’abagabo.

Nyuma y’izi ngingo hari izindi nama nyinshi zo kwiringira Uhoraho. Muri make ibyo dusanga mu

gitabo cya Mwene Siraki ni ukubaha Imana, kwiyumanganya mu byago, kugenzereza neza ababyeyi,

kwirinda ubwirasi n’incuti mbi.

� Igice cya kabiri kirimo “gukuza Imana” kuko ibikorwa byayo bitangaje (Sir 42,15-51,30).

51

Ibiremwa by’Imana birimo ibinyarumuri mu kirere n’ibindi byiza bitatse isi, byerekana ubuhangange

bw’Imana (Sir 42,15-53,33). Dusangamo ubuhanga bw’Imana mu mateka ya Isiraheli (Sir 44-51):

Umwanditsi asingiza Imana ahereye ku bantu b’indatwa ahereye ku muryango wayo nka Nowa,

Aburahamu, Musa, Aroni, Abacamanza, Abami n’Abahanuzi ukagera kuri Simoni wabaye

umuherezabitambo mu gihe cya Mwene Siraki.

Iki gitabo gisozwa n’indirimbo yo gushimira (Sir 51,1-12) ndetse n’inama zo gushyigikira ubuhanga (Sir

51,13-30).

Inyigisho tugezwaho n’umwanditsi ntitandukanye n’iy’abandi bamubanjirije. Nawe adusaba kubaha

Uhoraho tumusenga kandi tumukunda. Ibyo biha urbyiruko uburere bwiza. Nyuma y’urupfu abakoze

neza bazagororerwa, abagize nabi bahanwe. Mwene Siraki adusaba gukurikiza amategeko n’isezerano

kuko bigeza ku mukiro.

4.4. IBITABO 18 BY’ABAHANUZI

Ijambo ry’Ibanze

Abahanuzi mu gihebureyi ni Nebiim bivuga “Uwahamagawe”. Ubuhanuzi bwatangiye mu gihe

cy’ubwami ahagana mu mpera z’ikinyejana cya 11.

Hari ibintu by’ingenzi byatumaga umuhanuzi ahaguruka, akavuga ashize ubwoba, akibutsa imbaga

Isezerano ry’Imana.

Muri ibyo bintu twavuga:

� Abami bakaga Imana icyubahiro, bakica, bagakiza babitewe no gukomera cyangwa kunesha

abanzi.

� Ubukungu n’uburumbuke bw’igihugu byateraga imbaga kwibera mu munezero bagasuzugura

Imana. Barangajwe imbere n’umwami bohokaga mu bigirwamana, bakarenganya abakene,

ubutabera n’amahoro bikabura mu gihugu.

Muri make kwimakaza ubugizi bwa nabi byatumaga Abahanuzi bahagurukira gucyaha imbaga y’Imana

bayibutsa isezerano yarenzeho.

Kuvuga ijambo ry’Imana no kubera abandi urugero byasabaga Abahanuzi kugirana n’Imana umubano

uzira amakemwa.

Abahanuzi b’ukuri wasangaga amagambo yabo aherekejwe n’ibimenyetso biturutse ku Mana.

Ntibacikaga integer kubera ibitotezo, bamwe bemeraga gupfa aho guhemukira Imana. Bakomezaga

ukwemera n’amizero mu Bantu.

Ingirwabahanuzi zo zarangwaga n’amaco y’inda, amarangamutima, gushaka inyungu, guhakwa ku

bami n’abatware babavugira aho kuvugira Imana. Imyifatire yabo yerekana ko batatumwe n’Imwana.

Kubera ko Abahanuzi bigishaga mu magambo, abakera ntibazize inyandiko. Ibyo bavuze biri mu

bitabo by’Amateka. Ingero dufite ni Samweli, Natani, Eliya na Elisha. Abahanuzi ba nyuma bo

inyigisho zabo tuzisanga mu bitabo byabitiriwe.

Muri Bibiliya habanza “Abahanuzi bakuru”, abo ni Izayi, Yeremiya na Ezekiyeli, Daniyeli nawe

bamushyira muri icyo cyiciro.

Inygisho zabo zikoranyirijwe mu bitabo 4 binini. Ikindi kibagira bakuru ni inyigisho baduhaye

zikomeye. Nyuma hakurikira abandi 12( Hozeya, Yoweli, Amosi, n’abandi) bitwa “Abahanuzi bato”

kuko ibyo batugezaho Atari byinshi cyane.

4.4.1. IGITABO CY’UMUHANUZI IZAYI

52

Igitabo cy’umuhanuzi Izayi bavugako ari cyiza mu bigize Bibiliya kandi ni kinini kuko gifite imitwe 66.

Kigizwe n’ibice bitatu binyuranye. Buri gice cyagize umwanditsi wacyo maze ibyanditswe bihurizwa ku

izina rya Izayi.

� Igice cya mbere bacyita “Izayi wa mbere”. Gihera ku mutwe wa mbere kugera ku wa 39,

harimo ibyerekeye umuhanuzi Izayi n’igihe yabereyeho. Cyanditswe mu mwaka wa 770, kiri ku

isonga y’ibindi byose.

� Igice cya kabiri cyitwa “Izayi wa kabiri”. Gihera ku mutwe wa 40 kugeza ku wa 55. Ni igitabo

cy’ihumurizwa rya Isiraheli, kuko gihumuriza abari mu bunyago kibabwira ko bazatahuka.

Cyanditswe n’umwe mu bajyanywe bunyago mu myaka ya 550-540.

� Igice cya gatatu cyitwa “Izayi wa gatatu”. Gihera ku mutwe wa 56 kugeza ku wa 66.

Cyanditswe ahagana mu myaka ya 537-500. Kigamije gukomeza abashidikanya mu kwemera

kwabo. Tubona ko amahanga yose azahurizwa i Yeruzalemu, agasingiriza Uhoraho mu Ngoro

ye Ntagatifu.

Ibyadufasha ku mva igitabo cy’umuhanuzi Izayi

1) Umuhanuzi Izayi

Umuhanuzi Izayi ni mwene Amosi ariko si wawundi w’umuhanuzi; yavukiye i Yeruzalemu mu mwaka

wa 770 mbere ya Yezu.

Umuryango we wari ukize, umerewe neza, utuye mu murwa mukuru i Yeruzalemu, ufite ubutegetsi.

Ibyo byatumye Izayi abasha kwiga, ahabwa uburere bwiza. Yagize umwanya n’ijambo mu gihugu kuko

yabashaga kwivuganira n’umwami.

Izayi ntiyari rero umuntu usanzwe, ahubwo yari ajijutse, azi neza amateka y’igihugu cye. Yari inzobere

mu gihebureyi.

2) Itorwa ry’umuhanuzi Izayi

Umuhanuzi Izayi atorwa hari mu mwaka wa 740 mbere ya Yezu. Imana yamutoye imubonekeye mu

Ngoro.

Icyo gihe Imana yamubonekeye ari umwami ukomeye kandi wicaye ku ntebe ya cyami ndende. Yari

yiteye igishura kinini, akikijwe n’Abamalayika baririmbaga: “Nyirubutagatifu (×3) ni Uhoraho,

Umugaba w’ingabo, isi yose yuzuye ikuzo rye!!”. Twibuke ko aya magambo agize igice cya mbere

cy’indirimbo “Nyirubutagatifu” ikoreshwa muri Liturujiya. Tumenye ko iyo abuze iba ituzuye, aboneka

muri Iz 6,3. Mu ntangiriro y’ibonekerwa, umuhanuzi Izyi yagize ubwoba, ahinda umushyitsi (Iz 6,5).

Ariko amaze gutagatifuzwa n’Imana, yemeye adashidikanya gutumwa n’Imana guhanura umuryango

(Iz 6,8).

Ubutumwa bwa Izayi bwari buruhije kuko yagombaga kubwira umuryango wigometse (Iz 6,10).

Uwo muryango uzarimburwa, ariko agasigisigi ashibuke ho umuryango mutagatifu (Iz 6,13).

Umuhanuzi yakoze ubutumwa bwe ku ngoma ya Oziya (781-740); Yotamu (740-736); Akhazi (736-

716) n’iya Hezekiya (715-687. Abo bose ni abami ba Yuda).

3) Imiterere y’igihugu mu ntangiriro y’ubutumwa bwa Izayi

Izayi atangira ubutumwa bwe hari ubutegetsi bw’umwami Ozeya bwuje ubushishozi kuburyo yateje

igihugu imbere. Ariko ingorane nyinshi zari zugarije igihugu : Kurya ruswa, akarengane k’ubwoko

bwose, ubwirasi no gukandamiza abandi. Ibyo byakorwaga n’umuryango wari waratoneshejwe.

53

Inzira zose zigeza ku bukire zari zemewe n’iyo zabangamira abandi. Mu nkiko ufite imbaraga

n’igitinyiro yaratinyaga, umukene akabura ijambo, uburenganzira bwe bugatsikamirwa.

Hari ubusumbane bukabije mu gusaranganya umutungo w’igihugu. Bamwe bari mu munezero abandi

barazahajwe n’ubutindi bukabije. Iyi myifatire itaboneye ntiyabuzaga ko i Yeruzalemu ku gicumbi

cy’iyobokamana haba ihuriro ry’abaje gusenga mu ngoro. Iminsi yose baturaga ibitambo bitwikwa,

hamwe n’imibavu, bakaririmba Zaburi n’ibisingizo baha Imana icyubahiro. Umuhanuzi Izayi amaze

kwitegereza ibyo byose, ntiyihanganiye iryo yobokamana ribangikanye n’iyo myifatire itaboneye.

Ayobowe n’ijambo ry’Imana yahanuye umuryango ngo ugaruke ku muco mwiza w’ubunyangamugayo

n’ubupfura.

4) Ingingo z’ingenzi dusanga mu gitabo cy’umuhanuzi Izayi

Ubuhanuzi bwa Izayi nta kibazo mu byariho bwasize inyuma, ariko bwibanze ku ngingo zikurikira :

a) Umuryango w’Imana ugomba kuba «Umuryango Mutagatifu.

»

Iyi ngingo tuyisanga mu gice ca mbere twita “Izayi wa Mbere” (1-39)

Kuba Nyagasani Imana ari Nyirubutagatifu, Asumba byose, atandukanye n’icyitwa akarengane, ububi

n’icyaha cyose; Izayi asanga n’umuryango ariko ugomba kumera ugaragaza ishusho y’Imana.

Niba kandi Imana ari Nyirubutagatifu, n’umuryango ugomba guharanira kuba mutagatifu. Izayi asanga

ari ngombwa kurandura mu muryango w’Imana akarengane kuva ku cyaha. Niyo mpamvu umuhanuzi

Izayi atangira aburira Yeruzalemu na Yuda (Iz 1-5): Imico irushaho kuba mibi bitewe n’umurengwe.

Kwisubiraho ni ngombwa.

Izayi ntiyihanganira amaraha y’abakire no gukandamiza abakene. Ubwirasi bw’umuryango bugomba

guhanirwa (Iz 3,16-17). Ubuhemu bw’umuryango buzatuma Isiriheli na Yuda bisenywa (Iz 6, 11-13).

Umuhano Izayi yibutsa ko ubutagatifu n’ubutabera bidashingiye ku bitambo bitwikwa ahubwo ku

mutima wicujije kandi uciye bugufi (Iz 1, 11-18).

b) Amizero y’umuryango ashingiye ku Mana.

Kuba Isiraheli ari umuryango w’Isezerano, biyitandukanya n’iyidi yose. Umukiro n’amizero yabo

ntibishingiye ku kwifatanya n’abapagani, ahubwo biri mu Mana. Uwo muryango watowe uzakizwa no

kudahemukira Isezerano, ukemera gushyira amizero yawo muri Nyagasani Imana.

Imana nayo izarinda umuryango nk’uko yabisezeranyije umwami Dawudi (Iz 23).

c) Umuryango w’Imana urangwa no gutekereza Umucunguzi uzimika ingoma y’Imana.

Umuhanuzi Izayi yahanuye ko Imana izagoboka umuryango wayo. Izawuha Umwami usumba bose,

Umucunguzi wa Isiraheli.

Izina rye ni Emmanueli bivuga “Imana turi kumwe”. Ni umwana wagombaga kuvuka akaba

ikimenyetso cy’uko Imana izakomeza kurinda umuryango wayo, yitoreye (Iz 7,14). Uwo mwana Izayi

yahanuraga yavutse ku mwami Akhazi, maze amwita Hezekiya. Ariko mu by’ukuri yagenuraga

umwana w’Imana Yezu Kristu wagombaga kubyarwa n’umwari w’isugi Bikira Mariya. Ni we wujuje ku

buryo bw’agatangaza Isezerano.

Ni Umwami w’amahoro, ingoma ye irangwa n’ituze igatemba amata n’ubuki nk’uko Izayi abivuga.

Ibyerekeye gutegereza Umucunguzi, umuhanuzi Izayi atubwira, tubyibandaho cyane mu gihe cya

Adiventi, igihe Kiliziya yose yitegura ukwigira umuntu kwa Jambo, Umukiza w’isi yose.

54

5) Isomo dukura mu gitabo cya Izayi twebwe Abakristu

• Umuhanuzi Izayi ashishikariza abantu by’umwihariko Abakristu guharanira ubutagatifu nk’uko

Nyagasani Imana ari Nyirubutagatifu.

• Izayi ni umuhanuzi Abakristu bakwigiraho kwamagana inabi n’akarengane nta gutinya igitsure

cy’abakomeye.

• Izayi tumwigiraho guhembera amizero y’umukristu ugeze mu kaga cyangwa wibasiwe

n’ibyago nk’uko yakomeje amizero y’Abayisiraheli igihe bari mu ijyanwabunyago.

• Izayi yerekana ishusho nyakuri y’Imana iri rwagati mu muryango. Ni Imana igira impuhwe

kandi yiteguye kudutabara Igihe cyose tuyigarukiye tuyobowe n’urukundo hamwe

n’ubutabera iratwumva.

4.4.2. IGITABO CY’UMUHANUZI YEREMIYA

Igitabo cy’umuhanuzi Yeremiya kigizwe n’Imitwe 52.

1) Umuhanuzi Yeremiya ni muntu ki ?

Umuhanuzi Yeremiya yavutse mu mwaka wa 650 mbere ya Yezu. Avukira mu muryango

w’Abaherezabitambo, mu mudugudu witwa Anatoti, uri mu majyaruguru ya Yeruzalemu. Mu buzima

bwe bwose yabayeho ari umuhanuzi. Uhoraho yatoye Yeremiya ataranavuka, amugenera kuba

intumwa (Yer 1,5).

Yeremiya yatangiye ubutumwa bwe akiri muto mu mwaka wa 627 (Yer 1,6), ashaka ku bwanga ariko

Uhoraho aramukomeza. Kwitangira umurimo w’Imana byatumye Yeremiya adashaka (Yer 16,1-2)

maze ubuzima bwe bwose buba ikimenyetso cy’uko yiyeguriye Imana.

2) Ubutumwa bwa Yeremiya

Ubutumwa bwa Yeremiya twabushyira mu byiciro bitatu :

a) Kuva ku ihamagarwa rye kugera mu myaka ya 605 intambara itera. Ni igihe cy’umwami Yoziya

(640-609). Muri icyo gihe Yuda yari afite umutekano ugereranyije. Hari ishyaka ry’umwami

avugurura iyobokamana. Ni muri iyo myaka Yeremiya yatangiye imvugo ye ikarishye arwanya

ibigirwamana byari muri Yuda. Abo yabwiraga ntibamwumvise bahitamo kumutoteza.

Ubuhemu bwa Yuda na Yeruzalemu bwatumye Yeremiya atangaza impuruza y’uko Uhoraho

agiye guteza ibyago muri Yuda.Ibyo bikaba igihano cy’umuryango wigometse. Koko rero mu

ibonekerwa Yeremiya yabonye igitero cy’abanzi giturutse mu majyaruguru maze kiyogoza

igihugu (Yer 4-6). Ibyo byabaye ukuri maze Abanyashuru batsimira igihugu kugeza muri 612,

nyuma haza ibitero by’Abanyababiloni byagiye bikurikirana.

b) Igihe cya kabiri kiva mu mwaka wa 605-587. Hari ku ngoma y’umwami Yoyakimu (609-598).

Icyo gihe igihugu cya Yuda cyaguye mu bucakara bw’umwami Nebukadinetsari wa Babiloni.

Muri icyo gihe ubuhanuzi bwa Yeremiya bwagaragajwe n’uko Yeruzalemu yasenywe maze

igice kimwe cy’abaturage kijyanwa i Babiloni.

c) Igihe cya gatatu gihera mu mwaka wa 587 nyuma y’amakuba ya Yeruzalemu, ni mugihe

cy’umwami Sedekiya (597-587). Ubutumwa bwa Yeremiya bwasabaga umwami kutivumbura

ngo agahenge kari mu gihugu ngo gakomeze yandikiye abajyanywe bunyago gutahuka bitari

hafi (29). Ibi byatumye Yeremiya ahabwa akato, ashyirwa mu buroko ariko akomeza

55

guhumuriza imbaga, yayibwiye ko niyisuburaho Imana izongera ikagira isezerano rishya (Yer

30-33).

3) Inyigisho zo mugitabo cy’umuhanuzi Yeremiya.

a) Yeremiya ni urugero rw’umuntu utotezwa n’umuryango we bwite (Yer 11,18-12,6).

Umuntu wese uvuga ubutumwa bw’Imana ntabura kuyiganyira, ibyo bigaterwa n’abo abwira

ubutumwa cyangwa umuryango we bwite umutoteza nk’uko byagendekeye Yeremiya. Umuhanuzi

rero ntaba ari hejuru cyangwa iruhande rw’abo abwira ahubwo aba ari rwagai muri bo. Niyo

mpamvu ingaruka nziza cyangwa mbi z’inyigisho atanga zigomba kumugeraho.

Amaganya n’imibabaro umuhanuzi agira agomba kubyereka Imana kuko bidatana n’ubutmwa.

b) Icyaha cyacu ni ugutera Imana umugongo tukayibagirwa

Nk’uko tubibona mu gitabo cy’umuhanuzi Yeremiya icyaha cy’umuryango wa Isiraheli arinacyo cyacu,

ni ukwibagirwa Imana maze tukohoka ku bigirwamana, twica amategeko kugeza aho tunangira

imitima rwose. Kwibagirwa Imana no kuyitarura nibyo bidukururira igihano bituma kandi tuganzwa

n’irari ry’ubwoko bwose tugaharanira inyungu zacu bwite. Ikinyoma n’akarengane biraganza,

ubutabera n’ubutungane bigapfukiranwa (Yer 5,28).

c) Ikurwaho ry’ubutegetsi

Yeremiya atwereka ko ubutegetsi buva ku Mana. Ariko iyo bukoreshejwe nabi n’ababufite

nk’Abatware, Abaherezabitambo n’Abahanuzi bakazikama mu ngeso mbni barabwamburwa. Abakuru

n’abato bahanwa kimwe ingoma yabo igahabwa abandi (Yer 25,11). Niyo mpamvu abayobozi

b’umuryango w’Imana bagomba guharanira kuyobora neza. Bagomba kubahirisha Isezerano ry’Imana

mu bo bashinzwe bagatoza icyiza, bakanatanga urugero rwiza.

d) Ihumure ry’umuryango : Ni Isezerano rishya ryatangajwe na Yeremiya (Yer 31,31-34).

Yeremiya yumvise umuryango wa Isiraheli wari mu byago ko Imana iwutegerejeho kwisubiraho, bityo

agatangaza Isezerano rishya ritandukanye n’irya Musa. Amategeko yari yanditse ku mabuye

azandikwa mu mitima yabo, Uhoraho azababera Imana nabo bamubere umuryango (Yer 31,33). Iryo

sezerano rishya ryujujwe muri Yezu Kristu igihe aje gushinga itegeko ry’urukundo.

4) Ubutumwa bwa Yeremiya ku Bakristu b’igihe turimo

Ku Bakristu b’igihe turimo Yeremiya adukangurira kutarangwa n’iyobokamana ry’umuhango ahubo

ryuzuye. Adusaba kutajya mu nzira ebyiri icyarimwe ngo tujye mu ngoro y’Imana kandi tubeshya,

twiba kandi turahira ibinyoma. Ibyo Yeremiya avuga biranga Abakristu benshi b’igihe turimo, hari

abarangwa n’imyifatire ivanga ubukristu n’imigenzo ya gipagani, hari ababatizwa bakajya mu misa,

ariko ntibabeho nk’abana b’Imana koko. Ntibashaka kwigora mu kunoza umubano wabo n’Imana,

ntibashishikazwa n’isengesho ritaretsa kandi ryuzuye ukwemera kujyana no kwisubiraho.

Yeremiya abona Abakristu b’igihe turimo batagira umwete wo kwegera umuvandimwe ngo

bamukunde nkuko Kristu yabidutegetse. Yeremiya ashaka ko ubukristu bwacu burangwa n’icyizere

cy’uko Imana ari umubyeyi udukunda.

4.4.3. IGITABO CY’AMAGANYA

56

Igitabo cy’Amaganya kigizwe n’indirimbo cyangwa ibisigo bitanu bijyana n’imitwe yacyo uko ari 5.

Byari bigamije kuganyira Imana kubera isenywa rya Yeruzalemu ryakozwe n’ingabo z’i Babiloni mu

mwaka wa 587 mbere ya Yezu.

Umwanditsi w’ibyo bisigo ntazwi neza:

• Mu ndirimbo ya mbere umusizi aganya kubera Yeruzalemu yasenywe mu 587, abantu benshi

bakajyanwa bunyagi i Babiloni.

• Indirimbo ya kabiri igaragaza ibyago byaguye kuri Yeruzalemu n’uko byagendekeye abatware,

abaherezabitambo, Abahanuzi, abakuru b’imiryango, abana ndetse n’abari. Muri iyo ndirimbo

tubona ko abahanurabinyoma bayobeje Siyoni igomba gutakambira Uhoraho.

• Indirimbo ya gatatu irimo akababaro bwite k’umusizi. Araganya kubera ibyago

byamugwiririye, agakurikizaho ibigeragezo n’amakuba umuntu wese agira hanyuma akarata

ubudahemuka bw’Imana. Mu ndirimbo ya kane umusizi avuga ko amakuba akomeye yaguye

ku muryango wose.

• Indirimbo ya gatanu ni isengesho ritakambira Uhoraho ngo agire impuhwe yibuke umuryango

wugarijwe n’ibyago.

4.4.4. IGITABO CYA BARUKI

Igitabo cya Baruki kigizwe n’imitwe itandatu. Cyandikiwe i Babiloni Abayahudi bari mu bunyago.

Uwacyanditse ntazwi nyamara cyitiriwe Baruki wari umukarani wa Yeremiya kubera icyubahiro yari

afitiwe. Iki gitabo kirimo ibice bine :

� Isengesho ryo kwicuza ibyaha byakozwe n’abajyanywe bunyago, rigize igice cya mbere (Bar

1,15-3,8).

� Haza igisigo gisingiza ubuhanga bwahawe Isiraheli ho umurage (Bar 3,9-4,4).

� Amaganya n’amizero bya Yeruzalemu (Bar 4,5-5,9).

� Ibaruwa ya Yeremiya (Bar 6,1-7,22) : Ntabwo yanditswe na Yeremiya tuzi nk’umuhanuzi

ahubwo barayimwitirira, irimo amagambo arwanya ibigirwamana.

Igitabo cya Baruki kigamije kutwereka ukuntu Abayisiraheli banze gucika intege igihe bari mu

bunyago, bakomeje gusenga Imana bubahiriza amategeko yayo bizeye n’umukiro uzayiturukaho.

4.4.5. IGITABO CY’UMUHANUZI EZEKIYELI

Igitabo cy’umuhanuzi Ezekiyeli kigizwe n’imitwe 48.

a) Umuhanuzi Ezekiyeli n’uko yatowe

Umuhanuzi Ezekiyeli yari Umuherezabitambo nk’uko se Buzi yabikoraga (Ezk 1,3). Ni umwe mu

bahanuzi bakomeye Isiraheli yamenye, bamugereranya na Izayi, kimwe na Yeremiya kubera inyigisho

ze. Itorwa rye n’inyigisho ze bifitanye isano n’uburyo umuryango wa Isiraheli wari ubayeho. Ezekiyeli

yatorewe ubuhanuzi mu bucakara bw’i Babiloni aho we n’Abayisiraheli bari mu buhunzi nyuma

y’ifatwa rya Yeruzalemu ryabaye mu mwaka wa 587 mbere ya Yezu. Aho i Babiloni, Abayahudi

bagizwe abacakara n’imfungwa ibyobari bashingiyeho kwishongora ku bandi nk’ingoro

n’ubudahangarwa babonaga ntacyo byabamariye. Ni bwo batangiye imibabaro n’imihangayiko

y’ubuhunzi yatumye bibaza mu mutima wabo ni uko babaza Ezekiyeli niba gutahuka biri hafi. Ezekiyeli

yabashubije ko Yeruzalemu izongera gufatwa, igasenywa burundu. Yabasobanuriye ko bizaterwa

n’uko yoramye mu bigirwamana igakurikiza abahanuzi b’ibinyoma, bityo Uhoraho akiyemeza

kuyihana kuko yanze kwisubiraho. Ni muri urwo rusobe rw’ibibazo Uhoraho azatora Ezekiyeli ngo

57

ahumurize kandi areme agatima umuryango wihebye, urambiwe gukandamizwa mu buhungiro. Uwo

murimo wo guhoza umuryango ushavuye ntuzorohera Ezekiyeli, mubukuri Imana yamutumye ku

muryango urakaye, ushinze ijosi, umutwe ukomeye n’umutwe unangiye. Ibyo bizatera ubwoba

Ezekiyeli ariko Imana imukomeze kandi ishyire amagambo yayo mu munwa we (Ezk 3,1-2). Ezekiyeli

yagombaga kuvugana ubutwari n’ubudacogora, akavuga ukuri kose atikanga Abayisiraheli. Mu

byukuri Ezekiyeli yari ashinzwe kuburira umunyacyaha wese bahuraga. Kutabikora byatumaga

Ezekiyeli agira uruhare kuri icyo cyaha (Ezk 33,1-9).

b) Ibitekerezo by’ingenzi dusanga mu gitabo cy’umuhanuzi Ezekiyeli

1) Ihanurwa ry’igihano cya Isiraheli (Ezk 12,1-20)

Ezekiyeli yahanuye ko igihano cya Isiraheli cyegereje mbere y’uko Yeruzalemu ifatwa igasenywa. Icyo

gihano cyabaye ukujyanwa bunyago mu mahanga aho bazakwizwa imishwaro, bakarya umugati

baruhiye, bahinda umushyitsi, bashavuye, mbese bifashe mapfubyi kuko igihugu cyabo kizaba

cyararimbutse.

2) Ezekiyeli ahumuriza umuryango wa Isiraheli (Ezk 34,1-31)

Uburyo Ezekiyeli yitabaje ngo ahumurize Abayisiraheli ni ukubanza kubaha igisobanuro cy’ibyago

n’ibigeragezo barimo. Kuri Ezekiyeli Imana yemeza ko Abayisiraheli baca mu bubabare bw’ubuhungiro

ngo basubize amaso inyuma bareba ikibi bakoreye Uhoraho. Bizabatera kwisubiraho maze bagarukira

Uhoraho. Ezekiyeli yakurikijeho ko Imana idahinduka ku isezerano, izagarura Isiraheli mu gihugu

cyayo, izahuriza hamwe umuryango watatanye nk’uko umushumba ahuriza intama mu rwuri rumwe,

zigakora ubushyo bumwe. Ni Imana izayibera umushumba mwiza utandukanye n’abashumba babi,

baca inshuro ntibakenure izo baragiye (Ezk 34,10-12).

3) Imana izatora umuryango mushya bagirane Isezerano rishya (Ezk 37,12-14)

Umuhanuzi Ezekiyeli yafashije Isiraheli kwigiramo icyizere. Imana izakura Isiraheli ibuzimu ijye ibuntu

(Ezk 37,12-14). Uhoraho azasukura kandi akenure umuryango we, azawukuramo umutima w’ibuye

awushyiremo umutima mushya n’umwuka mushya (Ezk 37,25-27). Muri make Ezekiyeli yerekana ko

umugambi Imana ifite wo gukiza Isiraheli ari intakuka kabone n’ubwo yanyura mu bigeragezo

bikomeye.

Umwanzuro

Umuhanuzi Ezekiyeli tumushimaho byinshi. Hari ugufasha umuryango w’Imana mu bucakara

awubumbira hamwe maze ntiwohoke inyuma y’ibigirwamana by’amahanga. Yafashije Isiraheli

gukomeza umuco karande n’iyobokamana barazwe n’Abakurambere.

Igitabo cy’umuhanuzi Ezekiyeli tugisoze twibutsa ko mu byo kivuga harimo integuza y’Ivanjili cyane

cyane aho kivuga umushumba mwiza. Uwo mushumba ni Yezu Kristu cyagenuraga kuza agahuriza

hamwe intama ze zigakora ubushyo bumwe.

58

4.4.6. IGITABO CY’UMUHANUZI DANIYELI

Igitabo cy’umuhanuzi Daniyeli kigizwe n’imitwe 14.

a) Daniyeli ni muntu ki ?

Umuhanuzi Daniyeli yari umusore w’umuyahudi, wajyanywe hamwe n’abandi bunyago i Babiloni.

Ibyo byakozwe n’umwami Nebukadinetsari Yeruzalemu imaze gusenywa muri 587 mbere ya Kristu.

Iki gitabo cyanditswe nyuma cyane ibi bibaye. Ni igihe abami ba Antiyokiya bategekaga Abayahudi

gukurikiza umuco n’iyobokamana by’Abagereki mu mwaka w’65 mbere ya Kristu.

Imitwe yacyo 12 ibanza iri mu gihebureyi n’icyaramu, ukuyemo agace gato k’umutwe wa 3, naho

imitwe ya 13 na 14 iri mu kigereki.

b) Iby’ingenzi dusanga muri iki gitabo

1) Umwanditsi w’iki gitabo yari agamije gukomeza ubutwari n’ubudahemuka bw’umuryango

w’Imana imbere y’ibitotezo byo mu bucakara. Atwereka kandi ko Imana ari umugenga

w’ibihe, ntitererane abari mu kaga (Dan 6). Muri iki gitabo twongera guhishurirwa ko

abapfuye bazazuka bagahabwa ingororano.

2) Kubera ubutungane Daniyeli yagaragaje, Imana yamuhaye ingabire y’ubuhanga budasanzwe.

Bityo yabashije gusobanura inzozi z’umwami n’ibindi bimenyetso birimo amayobera. Turebe

uko umwuka w’Imana wari uri muri Daniyeli kandi ukamukoresha :

• Daniyeli asobanura inzozi z’umwami Nebukadinetsari (Dan 4).

• Daniyeli asobanurira umwami Baritazali ibyerekeye ikiganza yeretswe n’inyandiko cyanditse

zigira ngo : « Mene, Mene, Tekeli Parisini

» (Dan 5) ;

bikavuga :

� Mene : Imana yabaze imyaka umaze ku ngoma irayisoza

� Tekeli: Uburebure bwawe ntibushyitse

� Parisini: Igihugu gihabwa abandi.

• Daniyeli yajugunywe mu rwobo rw’intare ntizagira icyo zimutwara (Dan 6)

• Daniyeli akemura urubanza rwa Suzana; akagaragaza ubugome bw’abasaza babi (Dan 13).

c) Ubutumwa dusanga mu gitabo cy’umuhanuzi Daniyeli

� Ubutumwa bwa mbere dusangamo ni uko Imana inyaga abami bikuza, ikimika abandi beza,

abahanga ibahunda ubuhanga, abanyabwenge ibaha ubushishozi. Imana niyo ihishura ibihishe

kure n’amabanga ikayagaragaza (Dan 2,21-22).

� Ubutumwa bwa kabiri ni uko umuyahudi wese, aho yaba ari adashobora guhemuka ku idini

rye asenga ibigirwamana, ahubwo yakwemera gupfira ukwemera kwe. Natwe Abakristu b’iki

gihe tugire ukwemera guhamye (Dan 6).

� Urubanza rwa Suzana rutwigisha kurangwa n’ubushishozi mu guca imanza, kuko Imana

idatererana abanyakuri bayitakambira.

� Tugomba kurangwa n’ubudahemuka, abategetsi ntibitwaze umwanya bahawe mu kugirira

abandi nabi, babarenganya.

Twanzure tuvuga ko igitabo cy’umuhanuzi Daniyeli kigaragaza ko ingoma y’Imana igomba gukurira

mu mahanga yose. Iyo ngoma yeguriwe “Umwana w’umuntu” yegurirwa icyitwa ububasha cyose

(Dan 7,13-14). Umwana w’umuntu Daniyeli avuga ni Yezu Kristu umucunguzi w’abantu bose wari

ugiye koherezwa (Mt 8,20).

59

4.4.7. IGITABO CY’UMUHANUZI HOZEYA

Igitabo cy’umuhanuzi Hozeya kigizwe n’imitwe 14.

a) Umuhanuzi Hozeya ni muntu ki?

Umuhanuzi Hozeya ni mwene Beyari (Hoz 1,1). Akomoka mu ntara y’amajyaruguru ari yo Isiraheli.

Yatangiye kwigisha mu mwaka wa 750 mbere ya Kristu igihe umwami Yerobowamu II yategekaga

Isiraheli.

Hozeya yari yarahanuye ifatwa n’isenywa ry’umurwa mukuru w’intara ya Isiraheli ariwo Samariya,

ryabaye mu mwaka wa 721 maze abaturage bajyanwa bunyago muri Ashuru.

Umihanuzi Hozeya azwiho kudahirwa mu rugo rwe (Hoz 1-3). Umugore we yaramutaye arigendera,

ariko Hozeya akomeza kumukunda ndetse amugarura mu rugo. Uwo mugore ashushanya Isiraheli

yateye Imana umugongo ariko yo igakomeza gukunda Isiraheli (Hoz 2).

Isiraheli mu mibanire yayo n’Imana yabaye nk’umugore w’ihabara bitewe no kwimika ibigirwamana

nka Behali na Ashitaroti. I Beteri Uhoraho bamusingiza ku buryo bihimbiye, bunyuranye n’amategeko

ye.

Hozeya yagombye kwibasira abategetsi b’igihugu n’abaherezabitambo bayoboye umuryango mu

rwobo rw’ubugiranabi. Yarwanyije ubusumbane no gukandamiza rubanda rugufi.

b) Ubutumwa bw’umuhanuzi Hozeya

Inyigisho ya Hozeya yerekeye urukundo rw’Imana yihanganira umuryango utayitaho. Hozeya

yerekena ko Imana ishimishwa n’impuhwe kuruta ibitambo n’amaturo bitwikwa (Hoz 6,6).

Kuri Hozeya Imana ihana umuryango igamije kuwigisha, ihana ishaka gukiza. Hejuru y’ubuhemu

bw’umuryango, Hozeya yerekana ubundi bukabije.Ni ubw’abaherezabitambo bifuza ko umuryango

wakomeza kwibera mu byaha kuko batungwa n’amaturo yawo (Hoz 4,8). Ikindi kibabaje ni uko

biremyemo agatsiko kicira abantu ku nzira yerekeza i Sikemu, bityo bakagenza nk’abandi bambuzi

bose (Hoz 6,9).

Mu magambo avunaguye ubutumwa bwose bwa Hozeya buvuga ko Uhoraho atareka guhana

umuryango we wanze kwisubiraho. Ariko Hozeya yiyumvisha ko nyuma y’igihano agasigisigi

k’umuryango kazisubiraho, Isiraheli izagarukira Uhoraho ibikuye ku mutima. Impuhwe z’Imana zizaba

igisagirane n’intaganzwa.

Dusoze twibutsa ko igitabo cy’umuhanuzi Hozeya kigizwe n’imitwe 14 irimo ibice bikurikira :

� Ishyingirwa rya Hozeya n’icyo rishushanya (Hoz 1-3)

� Isiraheli izahanirwa ubugome bwayo (Hoz 4,1-14,1)

� Isiraheli yisubiraho ikagirirwa imbabazi (Hoz 14,2-10)

Ntitwarangiza tutavuze ko Hozeya atambutse Abahanuzi bamubanjirije kwigisha icyo ari cyo

iyobokamana nyaryo. Ni irishingiye ku rukundo aho kuba ibitambo cyangwa imihango y’inyuma.

Natwe tugaragaze urukundo nyarwo mu mibanire yacu n’abandi cyane cyane abaduhemukiye

n’abatishoboye.

4.4.8. IGITABO CY’UMUHANUZI YOWELI

Igitabo cy’umuhanuzi Yoweli kigiwze n’imitwe 4. Kirimo inyigisho zerekeye “umunsi w’Uhoraho” ni

ukuvuga umunsi w’indunduro n’amateka y’abantu n’icibwa ry’urubanza. Umuhanuzi Yoweli yabayeho

nyuma y’ijyanwabunyago ry’i Babiloni nko mu mwaka wa 400 mbere ya Kristu.

60

Yoweli atangaza ko uwo munsi uzabanzirizwa n’icyunamo no gutakamba, nta munezero uzaba

ukirangwa mu bantu (Yow 1,1-2). Ukuza k’umunsi w’Uhoraho ni intangiriro y’ibihe bishya, aho

umwuka w’Uhoraho uzasesekara kuri buri wese (Yow 3,1-5). Nk’uko bigaragara mu mutwe wa 4, uwo

munsi w’Uhoraho ni ho Imana izacira urubanza amahanga.

Muri make ubutumwa bwa Yoweli bwibanda ku ngingo ebyiri zigarukwaho mu isezerano rishya:

� Isenderezwa ry’umwuka w’Imana (Yow 3,1-5) byujujwe kuri Pentekosti (Intu 2,16-21) bikaba

koko byarabaye intangiriro y’ibihe bishya.

� Kwihana, gusiba no gutakambira Uhoraho (Yow 2,12-17), Yoweli yarayivuze ariko na Kiliziya

idusaba kuyizirikana mu ntangiriro y’igisibo cya buri mwaka. Igitabo cy’umuhanuzi Yoweli rero

gifite umwanya ukomeye muri Liturujiya kuko cyerekana ko kwambaza Uhoraho bitanga

umugisha, maze umuryango ukarushaho kuba indahemuka.

4.4.9. IGITABO CY’UMUHANUZI AMOSI

Igitabo cy’umuhanuzi Amosi kigizwe n’imitwe 9.

Amosi n’inyigisho ze

Umuhanuzi Amosi yakomokaga mu ntara ya Yuda, agatura mu mudugudu witwa Tekowa uri mu

majyepfo ya Yeruzalemu, Amosi yari umushumba w’amatungo i Beterehemu. Ahagana mu kinyejana

cya 8 ni ho Uhoraho yamuhamagaye amukura mu matungo ye amwohereza guhanura muri Isiraheli.

Yagiye muri Samariya mu murwa mukuru wari ukungahaye. Icyo gihe umwami Yerobowamu

yategekaga Isiraheli.

Umuhanuzi Amosi bamwita kandi uw’ubutabera bwa rubanda, impamvu ni uko atahwemye

kwamagana abakire bibera mu minsi mikuru n’amaraha, bagatura mu mazu meza (Am 3,13-4,3).

Rubanda rugufi rwari mu butindi bitewe n’ubwikanyize buvanze n’ukwikubira kw’abakire. Ibintu byari

byarazambye umwiryane ari wose iyobokamana risigaye mu magambo gusa (Am 21-22).

Amosi rero yahagurukijwe no kuburira Isiraheli kubera ubuhemu bwayo yibutsa ko gutorwa mu yandi

mahanga bitayiha kwigira uko ishaka. Amosi yatangaje ko Imana izahana umuryango kubera

ibicumuro, igamije kuwugorora. Ariko Amosi yongeyeho ko umuryango utazarimbuka burundu (Am

3,12), ahubwo ko agasigisigi kazarokoka mu nzu ya Isiraheli. Amosi ashishikariza Isiraheli guhinduka

igashakashaka Uhoraho hakiri kare ikaronka ubuzima nyabwo bushingiye ku kubaha itegeko

ry’Uhoraho (Am 5,4-6,14). Icyo Amosi agamije ni uko isi yarangwa n’ubutabera akarengane kagacika

muri rubanda, bakareka uburyamirane n’iyobokamana ryuzuye uburyarya kuko ari nko gutuka Imana

(Am 2,8).

Inyigisho za Amosi zerekeye kurenganura abaciye bugufi zisa n’izateguraga isezerano rishya. Ni koko

mu Isezerano rishya Kristu ntiyahwemye kwigisha ko hazagororerwa uzita ku mukene, akagoboka

umuntu wese uri mu kaga (Mt 25,31-46). Amosi atwigisha ko tugomba gukunda Imana duhereye ku

bavandimwe bacu.

4.4.10. IGITABO CY’UMUHANUZI OBADIYA

Igitabo cy’umuhanuzi Obadiya ni gito cyane mu bindi by’Abahanuzi, kigizwe n’imirongo 21.

Ubutumwa bwe bwarebaga Abayahudi bari mu bunyago i Babiloni. Bari bihebye kubera isenywa

ry’ingoro. Obadiya yibukije ko Imana igenga amahanga yose, akanayahana ku munsi yagennye.

61

Obadiya yahanuye ko Edomu izarimbuka kuko yishimiye ibyago byagwiririye Yeruzalemu; igihe

abanyamahanga bayigabije bakayisenya (Obd 10-14).

Abanyedomu biratana ubuhanga bwabo bityo bazahanwa. Kuri Isiraheli, hazaza iminsi y’amahirwe,

maze imbohe zizatahuke mu gihugu cyazo, ni uko Uhoraho azibere umwami (Obd 17-21).

4.4.11. IGITABO CYA YONASI

Igitabo cya Yonasi kigizwe n’imitwe4.

Igitabo cya Yonasi cyashyizwe mu bitabo by’Abahanuzi n’ubwo kitameze nkabyo na Yonasi ntabe

umuhanuzi.

Mu byukuri ibivugwamo ntabwo ari inkuru yabayeho, ahubwo ni umugani urimo inyigisho yuje

ubuhanga. Igamije kwereka abantu ko bagomba guharanira kubaho ku buryo bunyuze Imana.

Iki gitabo kibarirwa mu by’Abahanuzi bitewe n’uko uwacyanditse yacyitiriye “umuhanuzi Yonasi” wari

usanzwe azwi mu mateka ya Isiraheli.

Ibitekerezo bikubiye mu gitabo cya Yonasi

• Imana itegeka Yonasi kujya kwigisha no guhindura abaturage ba Ninivi ariko we akanga

ndetse akageza aho guhunga Imana (Yon 1,1-16).

• Yonasi amirwa n’igifi maze agahimbira Zaburi mu nda yacyo (Yon 2,1-11).

• Yonasi i Ninivi yigisha abo yahasanze, bakisubiraho. Imana ikabagirira imbabazi (Yon 3,1-

10).

• Yonasi afatwa n’uburakari ariko Imana ikamwumvisha impuhwe zayo (Yon 4,1-11).

Inyigisho z’ingenzi z’iki gitabo

� Imana ikunda abantu bose, baba Abayisiraheli, baba Abanyamahanga. Yifuza ko buri wese

yakora ikiyinogera (Yon 4,11)

� Abantu bose bashobora kumenya Imana no kuyemera bagakurikizaho guhinduka nk’uko

byagendekeye Abanyaninivi. Baduhaye urugero rwiza.

� Imana ihorana imbabazi. Ni yo yemeye ko habaho ibigeragezo bishobora gufatwa

nk’igihano aba ari umwanya iduhaye ngo twisubireho (Yon 1,2; 3,4).

� Abanyaninivi bigisha buri wese ko umunyabyaha ashobora kwisubiraho akagirirwa

impuhwe. Imbabazi z’Imana rero ntizijya ziba imfabusa.

� Yonasi ni ishusho y’umuntu wese wanga gutega amatwi inkuru nziza Imana imubwiye,

akanga ko ikwira hose. Ntiyemere ko imbabazi z’Imanazigenewe abantu bose.

Mu bitekerezo bya Yonasi tubonamo wa mutima uturanga wo kwifuza ko ibyiza bitagera ku bandi

(Yon 1-3).

4.4.12. IGITABO CY’UMUHANUZI MIKA

Igitabo cy’umuhanuzi Mika kigizwe n’imitwe 7.

1. Umuhanuzi Mika ni muntu ki?

Umuhanuzi Mika yavukiye i Moresheti, umugi muto uri mu majyepfo ya Yeruzalemu. Yabayeho mu

gihe cy’abami Yotamu, Akhazi na Hezekiya. Bikatwereka ko ari uwo mu gihe kimwe na Hozeya na

62

Izayi. Ubutumwa bwe bwarebaga mbere na mbere intara ya Yuda, ariko n’iya Isiraheli ntiyasigaye

dore ko Mika yiboneye n’amasoye isenywa ry’umurwa mukuru w’intara ya Isiraheli ari wo Samariya

mu mwaka wa 721.

Mu mvugo ye idaca ibintu ku ruhande, ihura neza n’iy’umuhanuzi Amosi. Kimwe na Amosi rero, Mika

arega abakire bahuguza abakene. Ashinja abakandamiza ababarimo imyenda n’abacuruzi bica

iminzani bagahenda abandi. Agaya kandi abatware, abaherezabitambo n’abahanuzi bishakira

amaramuko bakandamiza rubanda rugufi.

Ibyo byose binyuranye n’ugushaka kw’Imana yifuza ubtabera, gukunda ubudahemuka no kubaho mu

bwiyoroshye.

N’ubwo tubona ko Mika atangaza ko Uhoraho azahana umuryango wigometse, ukingira intumva,

awurema agatima avuga ko hari agasigisigi kazarokorwa n’Uhoraho. Kakazakomokaho imbaga

y’Uhoraho.

2. Ubutumwa bw’umuhanuzi Mika

Kimwe na Amosi, Mika mu butumwa bwe agaragaza ko imiborogo y’abarenganywa yageze mu ijuru

ku Mana (Mik 2,1-11). Atangaza ko bidatinze Imana izacira abagiranabi urubanza.

Mika yagize ibonekerwa ry’ibihe bizaza maze avuga ko umunsi wo kugaragaza ibyo buri wese yakoze

uzakurikirwa n’umutsindo wa Siyoni.

Inyigisho y’umuhanuzi Mika ikomatanya iy’Abahanuzi bamubanjirije muri aya magambo :

Uhoraho ashaka ko Muntu amenya kandi agakunda icyiza ; akubahiriza ubutabera, akimika

ubudahemuka, akicisha bugufi maze akagendana n’Imana mu bwiyoroshye (Mik 6,8).

4.4.13. IGITABO CY’UMUHANUZI NAHUMU

Igitabo cy’umuhanuzi Nahumu kigizwe n’imitwe 3.

Umuhanuzi Nahumu yari umusizi uzi kuvuga mu magambo aboneye icyo ashaka guhanura. Izina rye

risobanura “Uwahojejwe n’Imana”. Iryo zina ryumvikanisha ubutumwa bwe bwari uguhumuriza Yuda

yari yugarijwe n’akarengane ikorerwa n’Abanyashuru.

Yahanuye ko Ninivi, umurwa mukuru wa Ashuru izasenywa. Ibyo byabaye impamo muri 612 igihe

Abakarideya bahiritse ubutegetsi bwa Ashuru.

Iki gitabo kigabanyijemo ibice bibiri :

• Imana igira impuhwe, ibabazwa n’umuryango wayo mubi (Nah 1,2-2,1).

• Irimburwa rya Ninivi (Nah 2,2-3,19).

Nahumu yerekanye ko irimbuka rya Ninivi ari urubanza Imana yaciriye uwo migi wirata, ukica, kandi

ukuzura ingeso mbi zose. Ninivi ishushanya amahanga yose atubaha Imana, ntakurikize amategeko

yayo. Igitabo cya Nahumu cyerekana ko ubutegetsi bwose bushingiye ku kwigomeka no kurenganya

abandi butamara kabiri.

63

4.4.14. IGITABO CY’UMUHANUZI HABAKUKI

Igitabo cy’umuhanuzi Habakuki kigizwe n’imitwe itatu.

Umuhanuzi Habakuki azwiho kugeza ku muryango wa Isiraheli igisubizo cy’Uhoraho. Ni igihe wibazaga

niba wakwiringira Imana. Yuda yari ku nkeke n’imidugararo biterwa n’Abakalideya.

Iki gitabo gifite ibice bitatu :

• Umuhanuzi abaza Imana ikamusubiza (Hab 1,2-2,4) : Aka gace kerekana igitero

cy’Abakalideya nk’igihano cy’inabi yakwiriye hose ; ariko intungane ikabeshwaho

n’ubudahemuka bwayo (Hab 2,4).

• Imivumo yerekeye ubusahuzi (Hab 2,5-20) : Abakalideya baravumwa inshuro zigera kuri

eshanu kubera amarorerwa bakoreye abo batsinze mu ntambara.

• Umuhanuzi yinginga Uhoraho ngo abatabare (Hab 3,1-19): Habakuki yizera ko ubutabera

bw’Imana buzatsinda.

Inyigisho umuhanuzi Habakuki aduha ni ukudashidikanya mu kwemera dufitiye Imana, kuko twizera

ko idutabara mu gihe cy’amagorwa.

4.4.15. IGITABO CY’UMUHANUZI SOFONIYA

Igitabo cy’umuhanuzi Sofoniya kigizwe n’imitwe itatu.

1. Umuhanuzi Sofoniya ni muntu ki ?

Umuhanuzi Sofoniya akomoka mu muryango wa Hezekiya, yahanuye igihe Yoziya yari umwami wa

Yuda (640-609) mbere y’uko haba ivugururwa ry’iyobokamana ryakozwe n’uwo mwami mu mwaka

wa 622 mbere ya Kristu.

Umuhanuzi Sofoniya yabayeho mu myaka ya mbere y’igihe cy’umuhanuzi Yeremiya. Amagambo

Uhoraho yavugishije umuhanuzi Sofoniya atwumvisha ko mu gihugu hari imyifatire idakwiye :

� Mu ikubitiro tubona ko abami barimo Manase na Amoni bategetse kuva mu mwaka wa 687

kugeza mu mwaka wa 640, bashyigikiye imihango yo gusenga ibigirwamana (Sof 1,4-5).

� Hari imico itaboneye bari baratoye mu mahanga (Sof 1,8).

� Ingirwabahanuzi zari zaradutse zirangwa n’ubwirasi no kubeshya (Sof 3,4).

� Akarengane n’ubugizi bwa nabi muri rubanda (Sof 3,1-3) byari ikibazo gikomeye.

Iyi myifatire iratwumvisha ko ukuza k’umuhanuzi Sofoniya kwagombaga gutegura inzira y’ivugururwa.

Umuhanuzi Sofoniya yerekenye ko ibihe byose bigengwa n’Imana igenga byose. Ni yo mpamvu

yahannye Yuda kimwe n’amahanga (Sof 1,3). Ariko Imana mu kwinjira mu mateka yacu ntiyari igamije

guhana, ahubwo yari ifite umugambi udakuka wo kudukiza no kutugorora.

Umuhanuzi Sofoniya tumuziho kwigisha ubwiyoroshye n’ugushaka kw’Imana.

2. Ingingo z’ingenzi dusanga mu gitabo cy’umuhanuzi Sofoniya

a) Umunsi w’Uhoraho

64

Kubera amakimbirane yariho mu butegetsi bw’igihugu, umuhanuzi Sofoniya yatangaje ko umunsi

w’Uhoraho uzaba uwo kurenganura rubanda. Uzaba uteye ubwoba amahanga ariko ube uwo

kuvugurura amasezerano. Abigometse kuri Uhoraho bazahanirwa imbere ye (Sof 1,2-18).

Si umunsi w’ishira ry’isi ahubwo Si umunsi w’ishira ry’isi ahubwo ni uwo kugarukira Uhoraho no guca

ukubiri n’icyitwa icyaha cyose.

b) Amahanga na Yeruzalemu biburirwa

Umuhanuzi Sofoniya aburira Yeruzalemu n’amahanga ko bagiye kwibasirwa n’ibyago. Impamvu y’ibyo

n’uko abatware, abakuru b’umuryango, abacamanza, abahanuzi n’abaherezabitambo batacyumva

ijambo ry’Imana.

Abandi baburirwa n’umuhanuzi Sofoniya ko bazagerwaho n’ibihano ni abakire, abacuruzi, abasenga

ibigirwamana n’abahakanyi kuko birengagije Uhoraho.

c) Agasigisi k’umuryango

Iyi ngingo twabonye mu gitabo cy’umuhanuzi Izayi igarukwaho na Sofoniya. Irakomeye rero kuko

igaragaza ko abagize umuryango batazashira bose. Abake bazarokorwa bacike uburakari bw’Uhoraho

kuko bumviye Imana muri byose.

Bazakora umuryango mushya, ihanga ryizihiye Uhoraho. Bazatura muri Yeruzalemu nshya irangwa

n’ibyishimo. Izabaumurwa wigenga kandi mutagatifu maze Imana ubwayo izababere umwami.

4.4.16. IGITABO CY’UMUHANUZI HAGAYI

Igitabo cy’umuhanuzi Hagayi kigizwe n’imitwe ibiri.

Kidutekerereza uko imirimo yo kubaka ingoro yasubukuwe muri 520 mbere ya Kristu babitewemo

umwete n’umuhanuzi Hagayi (Hag 1,1).

Kuba ingoro y’Uhoraho yarahindutse itongo (Hag 1,1-14), umuhanuzi Hagayi abona ko aribyo bitera

ibyago byugarije imbaga birimo ubukene n’umusaruro ukaba muke.

Umuhanuzi Hagayi yongera gutangaza ibihe bishya, aho Uhoraho azitoranyiriza umuryango (Hag 2,20-

23), ikuzo rye rigasakara ku ngoro nshya.

Nk’uko tubibona mu gitabo cye, umuhanuzi Hagayi yaranzwe no gutera abavandimwe be ishyaka

ryatumye bakanguka, barahaguruka barakora bitegura ibihe byiza Imana igiye kubaha.

Ibyo bihe Abayahudi bari bizeye ko hazategeka umwami wo munzu ya Dawudi, ndetse baza no

gukeka ko ari Zorobabeli umutware wa Yuda. Nyamara ibyo bihe byateguraga umwami uzima

ingoma, akaba n’umukiza usumba bose Yezu Kristu.

4.4.17. IGITABO CY’UMUHANUZI ZAKARIYA

Igitabo cy’umuhanuzi Zakariya kigizwe n’imitwe cumi n’ine.

Umuhanuzi Zakariya yabayeho mu gihe kimwe n’umuhanuzi Hagayi mu myaka ya 520-519 mbere ya

Kristu.

Igitabo cy’umuhanuzi Zakariya kigabanyijwemo ibice bibiri :

• Igice cya mbere kiva ku mutwe wa 1-8.

• Igice cya kabiri gihera ku mutwe wa 9-14.

Mu gice cya mbere (Zak 1-8) tubonamo impanuro zavuzwe n’umuhanuzi Zakariya ubwe.

Havugwamo amabonekerwa 8 akubiyemo ubutumwa bwa Zakariya mu ngingo zikurikira:

65

� Uhoraho ahorana urukundo n’impuhwe, akazazisesekaza kuri Yeruzalemu, kandi yiteguye no

kuyitabara (Zak 1,7-15).

� Amahanga arwanya Isiraheli agiye kurimburwa (Zak 2,1-4).

� Yeruzalemu izongera yubakwe itazengurutswe inkike kuko inkike zayo ari Uhoraho ubwe (Zak

2,5-8).

� Abatware bayo bombi bazayobora umuryango mu kuri: Hari Yozuwe uzayobora mu

by’iyobokamana na Zorobabeli ayobore mu by’ubutegetsi busanzwe (Zak 3,1-4,14; 6,9-15).

Igihugu kizasukurwa (Zak 5,1-11) abanzi bahanwe.

Igice cya kabiri k’igitabo cy’umuhanuzi Zakariya (Zak 9-14) cyanditswe bitinze n’abantu batazwi neza.

Inyigisho ikomeye dusangamo ivuga ko umukiza azaza. Inzu ya Dawudi izasubirana (Zak 12,7-10):

Umwami ukiza, woroshya kandi w’amahoro azaza (Zak 9,9-10).

Havugwamo inyigisho zerekeza kuri Yezu Kristu mu Isezerano Rishya: Zakariya avuga agenura

ibyujurijwe kuri Yezu ko umushumba azakubitwa hanyuma umukumbi w’intama utatane (Zak 12,7).

Ahandi agira ati:”uwo bahinguranyije bazamugira mu cyunamo (Zak 12,10).

Ibi byuzurijwe kuri Yezu igihe yinjiye muri Yeruzalemu, agahabwa impundu, yamara gufatwa

abigishwa be bagatatana (Mt 26,31); yahinguranyijwe urubavu n’icumu ry’umusirikare (Yh 19,37).

Ibi bitwereka ko umuhanuzi Zakariya ari mu bahanuye ukuza kwa Nyagasani Yezu wagombaga kuza

gukiza gukiza isi abigirishije urupfu n’izuka rye.

4.4.18. IGITABO CY’UMUHANUZI MALAKIYA

Igitabo cy’umuhanuzi Malakiya gisoza Isezerano rya Kera. Kigizwe n’imitwe itatu.

“Malaki” ni izina ry’igihebureyi rivuga : “intumwa yanjye”(Mal 1,1;3,1). Umuhanuzi Malakiya yabaye

muri Yeruzalemu hagati y’imyaka 480 na 460 mbere ya Kristu. Ni igihe ukwemera kwa benshi kwari

kwaradohotse. Ingoro yari yarubatswe ariko Abayahudi bagitegereje iyuzuzwa ry’Isezerano

ry’Uhoraho, ndetse bamwe batangiyenkurambirwa, bavuga ko Imana ibatenguha.

1. Ubutumwa bw’umuhanuzi Malakiya

Umuhanuzi Malakiya yaharaniye mu butumwa bwe kugaragaza urukundo rw’Imana rwatumye

yitorera umuryango.

Kuri Malakiya umuntu agomba kugira igisubizo atanga kuri urwo rukundo yitanga ashyiraho umwete.

Ntiyahwemye kwamagana ukudohoka kw’Abaherezabitambo n’imbaga mu kubahiriza imihango

y’iyobokamana (Mal 1,7). Yarwanyije akarengane muri rubanda, ntiyihanganira umuco wo gushakana

n’abanyamahanga. Kubera ko umuryango wari wihebye, Malakiya yatangaje ko uzasubizwa agaciro,

ubutabera bw’Imana bukaba ku ntungane. Ariko abiyanduza bakazikama mu byaha Uhoraho

azabahana.

2. Inyigisho dukura ku muhanuzi Malakiya

a) Imana ikunda umuryango wayo (Mal 1,1-5)

Umuhanuzi Malakiya yerekana ko urukundo rw’Imana rwitanga ku buntu, ntirugira umupaka.

Nyamara umuryango ntubura kwibaza ngo “Uhoraho adukunda ku buhe buryo?” Iki kibazo

kizanwa n’ingorane abantu bahura na zo ntibabashe kuzikuramo, zikabangamira imibereho yabo

cyane.

b) Abaherezabitambo baburirwa (Mal 1,6-2,9)

66

Aha umuhanuzi Malakiya akusanya ibirego by’umuryango bishingiye ku buryarya

bw’Abaherezabitambo. Malakiya ahishura ko babeshya ngo basingiza Imana kandi bayitura amaturo

atayinogeye.

c) Malakiya ahamagarira abantu gukomeza amasezerano y’abashakanye (Mal 2,10-16)

Kuri iyi ngingo umuhanuzi ashishikariza abashakanye kuzirikana ku bufatanye bugomba kuranga

umubano wabo. Kuba dufite Imana ho umubyeyi umwe nibyo biduha kuba abavandimwe bamwe.

Ariko Malakiya asanga Atari ko bimeze, abantu babaho mu bwumvikane buke kugeza aho umugabo

asenda umugore we.

Umuhanuzi Malakiya aragaragaza ibintu bibiri bibabaje mu mubano w’abashakanye:

� Umugabo ushaka umugore usenga ibigirwamana maze agakurikiza urwo rugero rubi.

� Umugabo urenga ku masezerano y’abashakanye hanyuma akirukana umugore we. Yirengagiza

ko abashakanye bagize umubiri umwe kandi ko icyo Imana yafatanyije ntawe ushobora

kugitandukanya (Intg 2,23-24).

d) Urubanza rw’abahemu (Mal 2,17-3,5)

Abahemu cyangwa abagomera Imana bavugwa n’umuhanuzi Malakiya ni abantu bose bababaza

Imana mu magambo yabo mabi, bakiroha mu bikorwa bigayitse kandi biteye isoni. Abo Imana

ntizabihanganira ku munsi izaciraho imanza.

e) Intungane zizahembwa ku munsi w’Uhoraho

Iyi nyigisho umuhanuzi Malakiya yayitanze ashaka kugaragaza ko intungane n’umugome

bazatandukanywa ku munsi Uhoraho yagennye ugeze. Buri wese azahembwa hakurikijwe ibyo

yakoze. Abakoze neza bazahabwa ingororano naho abakoze nabi bahanwe.

Dusoze iki gitabo twibutsa ko mu gihe cye umuhanuzi Malakiya yatanze ubutumwa bugamije

gukangurira abantu kubaho mu budahemuka. Ibyo bikaba umugambi w’ubuzima bwa buri mukristu

muri iki gihe.

4.4.19. UMWANZURO

Abahanuzi mu Isezerano rya.Kera bahuriye ku kuba intumwa z’Imana. Bari bashinzwe gucengeza no

gushimangira iyobokamana muri rubanda cyane cyane mu muryango watowe n’Imana. Abahanuzi

bagize umwanya wibanze mu gushyigikira ukwemera kw’Abayisilaheli. Basobanuye umugambi

w’Imana uko wagiye wigaragaza mu mateka ya Muntu. Basabye abantu bose kurangamira Imana,

umukiza rukumbi w’abantu bose.

Ubutumwa bwa buri muhanuzi bwajyanaga n’imiterere y’iyobokamana, ubutegetsi n’imibereho

y’abaturage. Niyo mpamvu bwari bugize inyabutatu:

� Mu bireba iyobokamana, inyigisho z’Abahanuzi zibanze ku kwamagana ibigirwamana.

Bashyigikiye gusenga Imana imwe kandi y’ukuri.

� Mu butegetsi bw’igihugu, Abahanuzi baratinyukaga bakamagana abategetsi babi,

bagaharanira ko ubutabera bw’Imana buganza muri rubanda.

� Mu mibereho yaburi munsi y’abaturage, Abahanuzi bigishaga icyatuma babaho neza kandi

bakagira umunezero.

67

Muri rusange Abahanuzi mu nyigisho zabo bagize uruhare rukomeye mu kubaka umuryango w’Imana

no guharanira ko wagira imibereho ishingiye ku Mana.

B. ISEZERANO RISHYA

Ijambo ry’ibanze :

Isezerano Rishya rikubiyemo ibitabo 27. Birimo ibyo Imana yaduhaye ngo bijye bitwibutsa

Isezerano Rishya Imana yagiranye n’abantu, ibinyujije kuri Yezu Kristu, umwana wayo. Mu by’ukuri

nta wigeze abona Imana, Yezu uba muri Se ni we wabanje kuyitumenyesha byimazeyo (Yh 1,18).

Isezerano Rishya rigamije kutumenyesha imibereho, urupfu ndetse n’izuka bya Yezu Kristu.

Ibyanditswe mu Isezerano Rishya bidutera umwete wo kurushaho kuzirikana ku iyobera rya Jambo

wigize umuntu n’ubutumwa yatugejejeho. Tuzirikana kandi iyobera rya Kiliziya yashinze, bigatuma

dutekereza mu budahemuka ihindukira rye yuje ikuzo.

Kuvuga Isezerano Rishya ryujurijwe mu rupfu n’izuka rya Yezu Kristu bijyana no kwibuka ko

hari Isezerano rya Kera ryo ryari rishingiye ku mategeko y’Abahanuzi.

Ibitabo bikubiye mu Isezerano Rishya twabishyira mu byiciro bitatu :

• Hari ibitabo by’amateka ni ukuvuga iby’Inkuru Nziza ya Yezu Kristu twita Amavanjili, hamwe

n’igitabo kivuga Ibyakozwe n’Intumwa, cyo kitubwira intangiriro ya Kiliziya n’isakara ry’Inkuru

Nziza mu mahanga.

• Hari ibitabo bikubiyemo inyigisho z’Intumwa. Ibyo ni Amabaruwa 13 yitirirwa Mutagatifu

Pawulo Intumwa, Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi, hamwe n’andi Mabaruwa 7 : Muri yo ni 2

ya Petero Intumwa, 3 ya Yohani Intumwa, 1 ya Yakobo, hanyuma hakaza indi imwe yitirirwa

Yuda umuvandimwe wa Yakobo.

• Hari n’igitabo kimwe cy’ubuhanuzi : Ni igitabo cy’Ibyahishuwe, cyanditswe na Yohani

Intumwa.

Ibyo bitabo byose byanditswe mu kigereki kuko ari rwo rurimi rwavugwaga muri icyo gihe batangiye

kwandika Isezerano Rishya.

4.5. AMAVANJILI

Ijambo « Ivanjili » bisobanura « Inkuru Nziza ». Iyo Nkuru Nziza twayizaniwe na Yezu Kristu. Ni

yo mpamvu iby’ingenzi tuzi ku mibereho ye, amagambo yavuze n’ibikorwa yakoze tubisanga mu

bitabo by’Amavanjili uko ari 4. Byanditswe n’abatagatifu Matayo, Mariko, Luka na Yohani.

Amavanjili atatu ya mbere (Mt, Mk, na Lk) afite byinshi ahurizaho.

Muri make abanditsi bayo batangira batugezaho inyigisho ya Yohani Batista wawundi wabaye

integuza ya Yezu. Bakomeza batugezaho uburyo Yezu yageze mu butumwa bwe ku mugaragaro,

agatangira yogeza Inkuru Nziza muri Galileya yose kugeza i Yeruzalemu. Barangiza batugezaho

ibyabereye i Yeruzalemu igihe Yezu azamutse yo, agiye kudupfira. Badutekerereza ku buryo bwuzuye

iby’urupfu n’izuka bya Yezu Kristu. Nubwo ayo Mavanjili ahuriye kuri byinshi, buri Vanjili ifite

umwihariko wayo n’ingingo zayo bwite yihariye n’icyo igamije kutugezaho cyihariye. Ni muri ubwo

buryo tubona umwanditsi Matayo agamije kutwereka Yezu Kristu imbere y’ukwemera kw’Abayahudi.

Atwereka ukuntu Yezu yujuje Isezerano rya Kera nk’uko byari byarahanuwe. Agatanga itegeko rishya

rigomba kuzuza no kunonosora irya kera (Mt 5,17).

68

Nk’uko mu Isezerano rya Kera Abahanuzi batihanganiye abategetsi babi n’abakomeye, Ivanjili

ya Matayo nayo itwereka Yezu atihanganira Abafarizayi n’Abigishamategeko maze agashyira

ahagaragara uburyarya bwabo.

Ku Bayahudi b’igihe cye, Matayo yerekana Yezu nk’umucunguzi wari utegerejwe, yarateguwe

n’Isezerano rya Kera. Ariko Matayo yerekana ko imyumvire bari bafite ku mucunguzi itandukanye

n’iya Yezu. Bifuzaga umucunguzi uzabasha kwiganzura abanyamahanga cyane cyane ingoma

y’Abaromani yari ibakandamije, maze agashinga ingoma ikomeye.

Ivanjili ya Matayo rero yibanda ku kwerekana ko «Ingoma y’ijuru

» itandukanye n’iyari

itegerejwe n’Abayahudi. Iyo ngoma y’ijuru ni Kristu ubwe n’abemera kumwumvira. Muri make

ipfundo ry’Ivanjili ya Matayo ni «Ingoma y’ijuru» n’abazayigiramo uruhare.

Ivanjili ya Mariko yo yibanda ku bikorwa by’agatangaza Yezu yakoze. Ikerekana ko ari we

Kristu-Umukiza. Mariko atwereka Yezu yangwa n’Abayahudi bakamuciraho kuko yanze kubabera

umutware nk’uko abandi b’isi bameze. Mu Ivanjili ya Mariko, tubona ko Abayahudi batabashije

kumva ko ubwami bwa Yezu bushingiye ku kwicisha bugufi no kwemera kubabara. Ngaho rero

ahashingiye ibanga ry’umucunguzi. Ipfundo ry’Ivanjili ya Mariko ni ugusubiza ikibazo «Yezu ni nde?»

Ivanjili ya mutagatifu Luka yo igamije kutwereka umukiro twazaniwe na Kristu kandi turonkera muri

we. Mutagatifu Luka ashyira ahagaragara inema z’Imana zigaragarije muri Kristu. Ivanjili ya Luka yitwa

«iy’Impuhwe z’Imana» kuko ishishikajwe no kutwereka Yezu akiza umuntu ubumuga bwo ku mubiri

no kuri roho. Mu Ivanjili ya Luka, tubona ko Impuhwe z’Imana zigera kuri bose ndetse n’abanyabyaha

bakabije, ni ryo pfundo ry’Ivanjili ya Luka.

Ivanjili ya Yohani Intumwa yo iteye ukundi:

Igamije kuzuza Amavanjili atatu abanza, igasobanura amagambo n’ibikorwa bya Yezu andi

Mavanjili atavuga. Ivanjili ya Yohani igamije kuducengeza «Iyobera ry’umwana w’Imana wigize

umuntu ngo abane natwe». Yohani yerekana ko Yezu yaje gukiza isi. Asangiye ububasha n’ikuzo

n’Imana Data. Ipfundo ry’Ivanjili ya Yohani ni «Imana yigize umuntu» ngo idukize.

4.5.1. IVANJILI YA MUTAGATIFU MATAYO

Ivanjili ya mutagatifu Matayo igizwe n’imitwe 28, ikagira imirongo 1038. Yanditswe mu cyaramu

ahagana mu mwaka wa 50. Mutagatifu Matayo yayanditse ari umusoresha nyuma aba intumwa ya

Yezu Kristu.

Inyandiko yabonetse mbere yari nto, ihindurwa mu kigereki hongerwamo izindi nkuru

n’amagambo ya Yezu. Inyandiko dufite ubu yashojwe mu myaka ya 70 na 80.

Ivanjili ya mutagatifu Matayo yandikiwe Abayahudi bahindutse Abakristu. Matayo abereka ko

Yezu ariwe Mukiza ibyanditswe byavugaga akaba umwana w’Imana. Ni we wabumbiye hamwe

amategeko n’Abahanuzi mu itegeko rimwe, rishya ry’urukundo.

A) Imbonera hamwe y’Ivanjili ya Mutagatifu Matayo

Imbonerehamwe y’Ivanjili ya mutagatifu Matayo yerekana ibice birindwi biyigize. Ibyo bice

bigaragaza ko amagambo n’inyigisho za Yezu bikubiye mu ngingo 5 nk’uko tubisanga mu ijambo

ry’ibanze ry’iyo Vanjili.

Dore intondeke y’ibyo bice:

• Ivuka rya Yezu (Mt 1-2)

• Itangazwa ry’ingoma y’ijuru (Mt 3-7)

69

a) Inyigisho ya Yohani Batisita, Yezu atangira kwigisha mu Galileya. Ni intangiriro y’ubutumwa

bwa Yezu (Mt 3-4).

b) Inyigisho ya Yezu hejuru y’umusozi (Mt 5-7).

• Inyigisho ku ngoma y’ijuru (Mat 8-10)

a) Muri iyi mitwe tubona ibitangaza 10 bya Yezu bigaragaza ko ingoma y’Imana yatashye mu

bantu, ishinzwe na Yezu, umukiza (Mt 8-9).

b) Yezu atora intumwa akazohereza mu butumwa.

• Amayobera y’ingoma y’ijuru (Mt 11,1-13,53).

a) Muri iyi mitwe tubona ko iby’ingoma y’ijuru ari amayobera kuko ari iy’abaciye bugufi (Mt

11-12).

b) Imigani 7 ivuga imiterere y’ingoma y’ijuru (Mt 13,1-53).

• Kiliziya yo ku isi ni integuza n’umuganura w’ingoma y’ijuru (Mt 13,54-18,35).

a) Yezu yigisha Intumwa ze (Mt 13,54-17,27).

b) Amabwiriza ku bashaka ingoma y’ijuru (Mt 18).

• Amaza y’ingoma y’ijuru (Mt 19-25).

a) Ukuza ku ngoma y’ingoma y’ijuru (Mt 19-23).

b) Yezu ahanura ibihe bya nyuma (Mt 24-25).

• Yezu agambanirwa, agafatwa, agapfa, akazuka.

B) Ubutumwa bw’ingenzi dusanga mu Ivanjili ya Matayo

1) Yezu ni Umukiza

Imwe mu ngingo z’ingenzi ziranga Ivanjili ya Matayo ni itubwira ko Yezu ariwe Mukiza wari

utegerejwe mu Isezerano rya Kera, akaza kuzuza ibyahanuwe. Yezu ni indunduro y’Amateka, ni we

wagombaga kuzuza ibisekuruza byose uhereye kuri Aburahamu ukageza kuri Dawudi (Mt 1,17). Ivuka

rye rijyana n’ubuto bwe, inyigisho ze, ibikorwa bye tutibagiwe ibabara, urupfu n’izuka bye, byari

byaravuzwe n’Abahanuzi (Iz 54,5).

2) Ingoma y’ijuru

Iyi na yo ni ingingo yigaragaza cyane mu Ivanjili ya mutagatifu Matayo. Kenshi Matayo avuga

ingoma y’ijuru yerekana ko itandukanye n’ingoma z’isi. Yezu yabisobanuriye abigishwa be mu migani

dusanga mu mitwe ya 13 na 22 z’iyo Vanjili. Matayo yerekana ko iyo ngoma yatashye mu bantu igihe

Yezu atangiye kwamamaza Inkuru Nziza. Ni ingoma ihishurirwa abemera kuba nk’abana bato,

barangwa n’ubwiyoroshye. Mu ntangiriro zayo ni ntoya ariko igenda ikura buhoro buhoro nk’imbuto

ya sinapisi ikura ikaba igiti cy’inganzamarumbu (Mt 13,31-32).

3) Iyuzuzwa ry’ibyahanuwe

Umwanditsi Matayo yibanda ku kwerekana ko Yezu ari umusozo w’ibyanditswe n’Abahanuzi. Ni

we mucunguzi nyakuri w’abantu bose ugereranyije n’ababanjije. Matayo ahamya ko ataje gukuraho

amategeko n’Abahanuzi ahubwo yaje kubyuzuza no kubinonosora (Mt 5,17).

Muri Yezu Imana yigaragaje ku buryo bwuzuye. Mutagatifu Matayo asoza Ivanjili ye yerekana ko

inyigisho za Yezu zisaba guhinduka mu mutima.

4.5.2. IVANJILI YA MUTAGATIFU MARIKO

Ivanjili ya kabiri yanditswe na mutagatifu Mariko, ariko ntabarirwa mu Ntumwa. Iyi Vanjili

yandikiwe i Roma mbere y’umwaka wa 70, igenewe abakristu bahatuye ndetse n’abanyamahanga

bahindutse bakemera Kristu.

70

Mutagatifu Mariko yari umufasha mu murimo w’iyogezabutumwa wa Petero Intumwa, ku buryo

mu kwandika kwe yakurikiye inyigisho za Petero. Ivanjili ya Mariko ni yo nto kuko igizwe n’imitwe 16,

bityo ibyo Amavanjili ya Matayo na Luka avuga ku buryo burambuye, Mariko abivuga mu magambo

avunaguye kandi avugitse vuba. Iyo dusomye Ivanjili ya Mariko tubona ashishikajwe no kutwereka

Yezu uwo ari we.

Mariko atwereka Yezu ashishikariye umurimo we, ahihibikana ngo Inkuru Nziza ikwire hose. Mu

Ivanjili ya Mariko tubona ko imbaga yumvaga Yezu itamenye kamere nyakuri ye. Ni yo mpamvu

yabanje kumwakira no gutangarira ibyo yakoraga, ariko bidatinze imucikaho kuko yanze kuba

umutware nk’abandi basanzwe ku isi. Mu gihe Ivanjili ya Matayo ihugiye kutubwira iby’ingoma

y’ijuru, iya Mariko yo yibanda ku kutwereka Kristu uwo ari we. Kuri Mariko Imana yigaragaje byuzuye

muri Yezu w’i Nazareti, umukiza. Ari rwagati mu muryango n’ubwo abantu b’igihe cye bari

bataramumenya byuzuye, ndetse bagaterwa ubwoba n’ibyo akora bitangaje (Mk 4,41).

Ikindi Mariko yibandaho ni ukutwereka Yezu yihanangiriza abantu ababuza guhishura uwo ari

we igihe cyagenwe kitaragera. Yezu yanze kwiyamamaza nk’uko abategeka b’isi babigenza (Mk 3,11-

12). Aho niho tubonera ishusho igomba kuranga umuyobozi wa Kiliziya mu bihe byose. Si ukuba

umutegetsi w’ibyubahiro ahubwo umugaragu wa bose (Mk 9, 33-35).

Isesengura ry’Ivanjili ya Mariko rigaragaza imbonerahamwe ikurikira :

• Inyigisho ya Yohani Batisita ; batisimu ya Yezu (Mk 1,1-13)

• Yezu azenguruka yigisha, akora ibitangaza, atora intumwa (Mk 1,14-3,19)

• Ubutumwa bwa Yezu muri Galileya na Dekapoli (Mk 3,20-6,13)

• Nyuma y’urupfu rwa Yohani Batisita Yezu n’abigishwa be batangiye umurimo

w’iyogezabutumwa (Mk 6,14-8,30)

• Yezu atangaza ko azapfa akazuka (Mk 8,31-10,52)

• Yezu azamuka i Yeruzalemu agatangayo inyigisho (Mk 11-13,37)

• Yezu afatwa, akababazwa, agapfa, akazuka (Mk 14-16,8)

• Yezu wazutse abonekera abigishwa be (Mk 16,9-20).

4.5.3. IVANJILI YA MUTAGATIFU LUKA

Ivanjili ya Luka ifite imitwe 24.

Mutagatifu Luka wanditse Ivanjili ya gatatu ni umugereki ukomoka muri Siriya. Yari umuganga

n’incuti ikomeye ya Pawulo Intumwa (Kol 4,14) ku buryo yamuherekeje mu rugendo rwe. Luka

yanditse Ivanjili ye ahagana mu mwaka wa 80, igenewe abanyamahanga nka we bemeye Kristu. Luka

yari umuhanga wize, ujijutse n’umwanditsi w’amateka. Abo yandikiraga nabo bari bajijutse urugero ni

Tewofili umunyacyubahiro. Ibyo bigaragara mu ntangiriro y’Ivanjili.

Ingingo z’ingenzi dusanga mu Ivanjili ya Luka : Umuntu usomye Ivanjili ya Mutagatifu Luka

ntashidikanya ko ingingo nkuru yibandaho ari “Impuhwe z’Imana”, ariko hari n’izindi tugiye kurebera

hamwe:

a) Inyigisho yihariye kuri Roho Mutagatifu

Luka aha umwanya wihariye Imana Roho Mutagatifu mu Ivanjili ye. Yerekana ko akorera mu

bantu abaha imbaraga, agatuma Inkuru Nziza icengera mu bantu. Kuri Luka, Roho Mutagatifu

yagaragaye mu buzima bwa Yezu kuva agisamwa (Lk 1,35); kugeza ku rupfu n’izuka rye (Lk 24,51).

71

b) Luka yibanda ku ikizwa ry’abantu n’Impuhwe z’Imana

Ivanjili ya Luka igerageza kutwereka ishusho y’Imana igira Impuhwe. Ibyo bigaragazwa

n’umugani w’umwana w’ikirara (Lk 15, 11-32) utwumvisha ko Impuhwe z’Imana zitagira urugero.

Impuhwe z’Imana zigirirwa abantu bose baba abanyabyaha cyangwa abasoresha (Lk 15,1-2), ndetse

n’amahabara (Lk 7,36-50) by’ikirenga zagiriwe abishi ba Yezu (Lk 23,34).

c) Isengesho

Isengesho naryo ni ingingo iranga Ivanjili ya Luka. Iyo Vanjili itwereka Yezu yigisha gusenga, na

we ubwe agahugukira isengesho (Lk 22,41). Yezu yatwumvishije ko ari ngombwa gusenga ubutitsa,

ntakurambirwa (Lk 18,1-8).

d) Ivanjili ya Luka ivuga cyane ibyishimo n’amahoro

Ibyishimo n’amahoro y’umutima bigaragara cyane mu Ivanjili ya Luka. Tubona ko ukuza

k’Umukiza kwateye ibyishimo n’amahoro ku batuye isi. Ibyo byishimo n’umunezero tubibona mu

ivuka ry’integuza ya Yezu ari we Yohani Batisita (Lk 1,4), hakaza Bikira Mariya asura Elizabeti

Mutagatifu (Lk 1,41-44), hanyuma ivuka rya Yezu (Lk 2,14).

e) Ivanjili ya Luka ivuga ku nzego zose z’abantu

Ivanjili ya Luka itwereka ibyiciro byose by’abantu :

� Hari ababaye ku isonga mu kwakira Inkuru Nziza. Abo ni abaciye bugufi, ibimuga, abakene,

abashumba, muri make ni abantu b’insuzugurwa mu bandi (Lk 2,15-18).

� Hari abakire barangwa no kwikuza, ntibumve akababaro k’abavandimwe babo bakennye

(Lk 16,19-31).

� Hari abagore, n’ubwo ntagaciro bahabwaga ukurikije umuco wa kiyahudi, Luka aberekana

bafata umwanya ugaragara mu bigishwa ba Yezu. Atubwira ko bamukurikiraga,

bakanamufashisha umutungo wabo (Lk 8,1-3). Ni bamwe mubo yiyeretse bwa mbere yazutse.

Imbonerahamwe y’Ivanjili ya Luka yerekana ibice bikurikira :

• Intangiriro (Lk 1,1-4).

• Ivuka rya Yohani Batisita, ivuka rya Yezu n’uko yabayeho mu buto bwe (Lk 1,5-2,52).

• Yezu yitegura gutangira ubutumwa (Lk 3,1-4,13).

• Yezu atangira kwigisha, atora intumwa, azenguruka muri Galileya, akora ibitangaza

(Lk 4,14-9,50).

• Yezu azamuka i Yeruzalemu, akigishiriza mu migani ivuga iby’ingoma y’ijuru (Lk 9,51-19,27).

• Ubutumwa bwa Yezu i Yeruzalemu (Lk 19,28-21,37).

• Yezu agambanirwa, afatwa, ababara, apfa, azuka, abonekera intumwa, asubira mu ijuru

(Lk 22-24).

4.5.4. IVANJILI YA MUTAGATIFU YOHANI INTUMWA

Ivanjili ya Yohani igizwe n’imitwe 21.

Ivanjili ya kane yanditswe na Yohani Intumwa mwene Zebedeyi, yayandikiye i Efezi hagati

y’imyaka 90 n’100 nyuma ya Yezu. Yari igenewe Abayahudi bemeye Kristu.

Yohani ntakurikiza uburyo Matayo, Mariko na Luka bakoresheje bavuga ibyo Yezu yakoze.

Ahitamo kuvuga ibindi bitangaza n’andi magambo ya Yezu ngo abunganire.

72

Ibyo Yohani avuga kuri Yezu ni ubuhamya bw’umuntu babanye imbona nkubone, akagira igihe

gihagije cyo gutekereza no kuzirikana ku mibereho n’inyigisho ze. Yohani yiyita “Umwigishwa

Nyagasani yakundaga” ashaka kugaragaza ko yari inkoramutima ya Yezu.

Mu gihe Matayo yerekana Yezu nk’Umukiza wuzuza ibyahanuwe, agashinga ingoma y’Imana,

Mariko akamwerekana nk’Umwana w’Imana bakurikiraga kubera ibitangaza, Luka akamwita

Nyir’Impuhwe n’imbabazi; Yohani we ashishikazwa no kwemeza ko Yezu ari Jambo w’Imana wigize

umuntu ngo adukize (Yh 1,14-18). Ubutumwa Ivanjili ya Yohani yibandaho ni “ubuzima bushya

buzanywe na Yezu” (Yh 3,3). Ubwo buzima butangirana n’ukwemera kugeza kuri Batisimu.

Bukomezwa no kurya umubiri, ukanywa n’amaraso y’Umwana w’umuntu (Yh 6,53-54).

Hari n’izindi ngigno Yohani yibandaho nk’uko tugiye kubibona:

� Mbere na mbere hari ingingo ivuga ko “Kristu ari umuremyi waduhishuriye Imana, akaba

n’umucunguzi wacu”. Ni umusumbabyose, urumuri rumurikira abari mu mwijima. Azahoraho

iteka (Yh 1,1-14).

� Kristu, bivuga uwo Imana yasize amavuta y’ubutore, ikamusendereza Roho wayo, Yohani yari

yaracengeye kamere ye.

Intumwa Yohani itambutse kandi mu gucengera kamere-muntu na kamere-Mana bya Yezu, bityo

akoresheje amashusho-ngero yerekana ko yujuje Isezerano rya Kera:

� Ni we Ntama w’Imana (Yh 1,29)

� Ni we Ngoro nshya (Yh 2,21)

� Ni we washushanyijwe naya nzoka yererejwe mu butayu (Yh 3,14)

� Ni we Mugati w’ubuzima wasimbuye manu (Yh 6,35)

� Ni we Mazi y’ubugingo (Yh 4,10)

� Ni we Mushumba mwiza (Yh 10,11)

� Ni we Muzabibu w’ukuri (Yh 15,1).

� Indi ngingo igarukwaho cyane n’Ivanjili ya Yohani ni “Urukundo Imana yakunze isi” (Yh 3,16).

Kuri Yohani Imana ni urukundo. Koko Imana yakunze isi bigeza aho itanga umwana wayo

w’ikinege ngo umwemera wese azagire ubugingo bw’iteka. Intumwa Yohani yemeza ko

udakunda adashobora kumenya Imana kuko nayo ari urukundo (1Yh 4,8). Urwo rukundo Yezu

yarudusigiyeho itegeko rishya nk’uko bigaragara mu mutwe wa 13 w’iyi Vanjili.

� Ingingo ivuga “isi” ntiyibagiranye mu Ivanjili ya Yohani. Yohani avuga isi mu buryo bubiri.

� Ubwa mbere agaragaza ko isi ari nziza. Imana yaremye isi nziza ndetse yoherezaho

umwana wayo (Yh 3,16).

� Ubwa kabiri naho usanga Yohani avuga isi ariko ashaka kuvuga abayituye babi, banze

kwemera Kristu ngo bakire umukiro yabazaniye. Abo bantu bumvira umugenga w’isi

ariwe Sekibi na Sekinyoma. Muri ubu buryo bwa kabiri dusanga isi atari nziza.

Mu magambo avunaguye Ivanjili ya Yohani igamije gukangura ukwemera kw’uyisoma. Kuri

Yohani ni ukwemera gufite aho guhera n’aho kwerekeza. Guhera mu kwitegereza ibyaremwe,

tukitegereza akamaro bidufitiye maze tugahanga amaso uwabihanze.

Aha ni ho Yohani yahereye atanga ingero z’amazi n’umugati bihembura abantu ariko bikaba

bishushanya Yezu witanzeho igitambo kimwe rukumbi mu kigwi cy’ibindi bitambo byose

byashobokaga.

Ivanjili ya Yohani uyisoma akayumva ni udahera ku mashusho-ngero arimo ahubwo akazirikana

icyo umwanditsi yashakaga kuvuga. Iyo ibyo bigezweho usanga ari Ivanjili ikomeza ukwemera kwacu.

Tukemera Imana imwe Rukumbi yo rukundo n’isoko y’ubugingo.

73

Imbonerahamwe idufasha gucengera ingingo z’ingenzi zubatse Ivanjili ya Yohani:

• Intangiriro. Tuyibonamo ko Yezu Kristu ari Jambo wigize umuntu, Urumuri n’Ubuzima

(Yh 1,1-18).

• Yohani Batisita yerekana Yezu, Umukiza. Itorwa ry’abigishwa ba mbere (Yh 1,19-51).

• Ubuzima bushya buzanywe na Yezu (Yh 2-11).

� Ubu buzima bushya burashushanywa n’amazi atumara inyota, akadusukura. Ayo mazi

ashushanya y’amaraso n’amazi byavuye mu rubavu rwa Yezu bikatwuhagira ubwandu

bw’icyaha (Yh 2-5).

� Ubuzima bushya burerekanwa n’ishusho ry’umugati. Umugati uhembura umushonji

kandi n’ikimenyetso cy’umurimo uvuye mu maboko y’abantu bunze ubumwe. Umugati

nyakuri ni umubiri wa Yezu utanga ubugingo bw’iteka (Yh 6).

� Impaka kuri Yezu. Yezu yitangaho urugero rw’umushumba mwiza (Yh 7-10).

� Yezu azura Lazaro (Yh 11).

• Yezu Kristu atanga ubuzima bwe (Yh 12-17).

� Yezu asigwa amavuta nk’integuza y’urupfu rwe (Yh 12).

� Yezu asangira n’Intumwa ze bwa nyuma. Ni Pasika ya nyuma y’Abahudi. Yezu yoza

Intumwa ibirenge. Ni itegeko rishya ry’urukundo (Yh 13).

� Yezu aha Intumwa ze umurage. Yezu asabira abe (Yh 14-17).

• Ibabara, urupfu n’izuka bya Yezu (Yh 18-20).

• Yezu abonekera abigishwa be. Petero ahabwa inkoni y’ubushumba muri Kiliziya (Yh 21).

4.6. IGITABO KIRIMO AMATEKA YA KILIZIYA IGITANGIRA

4.6.1. IGITABO CY’IBYAKOZWE N’INTUMWA

Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kigizwe n’imitwe 28.

“Ibyakozwe n’Intumwa” ni igitabo cyanditswe na mutagatifu Luka nyuma y’Ivanjili. Ni igitabo

kitwereka Kiliziya mu ntangiriro zayo, uko Inkuru Nziza yakwijwe hose n’abigishwa ba Yezu kuva i

Yeruzalemu kugera i Roma, ubu ikaba yarakwiriye ku isi hose.

Luka atwereka Roho Mutagatifu ahabwa ba cumi na babiri bagatangira umurimo wabo wa

gitumwa nta bwoba nta mususu. Ni ku bw’uwo Roho Mutagatifu kandi Inkuru Nziza yageze mu

mahanga yose.

Luka ntavuga umurimo wa buri ntumwa ukwayo. Mu ntangiriro yibanda kuri Petero intumwa

wagendanaga na Yohani bigisha i Yeruzalemu, muri Samariya no muri Yudeya yose. Luka avuga

abandi bitangiye gufasha Intumwa kwamamaza Inkuru Nziza barimo Sitefano na Filipo.

Guhera ku mutwe wa 13, igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa cyibanda ku murimo wa Pawulo

yogeza ubutumwa mu banyamahanga maze bagahinduka bakemera Inkuru Nziza ya Kristu.

Muri bo twavuga nk’icyegera cy’umwamikazi wa Etiyopiya (Intu 8,26-40) ; hari ishingwa rya

Kiliziya ya Antiyokiya aho abigishwa bitiwe bwa mbere «Abakristu

». Umwanditsi Luka yabanye na

Pawulo Intumwa, igihe kirekire kuburyo iyo avuze ati : “twebwe”, aba avuga ibyo yahagazeho (Intu

16,10-17). Atwereka imibereho y’Abakristu ba mbere. Bahuzwaga kandi na Batisimu y’amazi, ingabire

za Roho Mutagatifu n’imanyura ry’umugati ari ryo “Ukaristiya”.

Muri make ubutumwa igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kitugezaho twabukubira mu ngingo zikurikira :

� Ibihe byahanuwe, byavuzwe byarageze (Intu 2,16).

� Ibyahanuwe byujujwe hakurikijwe umugambi w’Imana wo gukiza abantu ibigirishije urupfu

n’izuka rya Yezu, Mwene Dawudi (Intu 2,30-31).

74

� Ku bw’izuka rye, Yezu yarakujijwe, ubu yicaye iburyo bw’Imana Data (Intu 2,33-36).

� Roho Mutagatifu wasezeranyijwe asendereye muri Kiliziya. Ni ikimenyetso cy’umutsindo

n’ikuzo rya Kristu (Intu 2,33; 5,32).

� Kiliziya yashinzwe kwamamaza ubutumwa mu mahanga yose kugeza igihe Kristu azagarukira

(Intu 3,20-21; 10,42).

� Ubutumwa n’inyigisho za Kiliziya bigamije guhindura abantu ngo bagarukire Imana (Intu 2,38-

39; 3,19-20).

� Roho Mutagatifu ni we mu by’ukuri wiyoborera Kiliziya. Aha imbaraga abayobozi bayo ngo

babashe kubera Kristu abagabo n’abahamya mu bantu (Intu 1,5-8).

Nyuma y’izi ngingo dusanga mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa, twavugako gikomeza ibitabo

by’Ivanjili kuko Intumwa zoherejwe kwamamaza ibyo Kristu ubwe yivugiye ntacyo zongeyeho

cyangwa zigabanyijeho.

Iki gitabo kigerageza kutwereka uko Inkuru Nziza yagiye yinjira mu mico itandukanye ngo iyibere

urumuri (Intu 17,22-33).

Imbonerahamwe y’ibice bigize igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa:

• Intangiriro irimo inkuru ya Yezu azamuka mu ijuru (Intu 1,1-11).

• Inteko y’Intumwa; iyoherezwa rya Roho Mutagatifu; inyigisho ya Petero; imibereho y’Abakristu

ba mbere; Intumwa imbere y’inama nkuru (Intu 1,12-5,42).

• Urubanza rwa Stefano n’ibyakurikiyeho. Abayahudi banga Inkuru Nziza, abanyamahanga barimo

Abanyasamariya bo bakayakira (Intu 6-8).

• Sawuli yemera guhinduka, akemera Yezu, agatorerwa kuba intumwa mu banyamahanga (Intu

9).

• Petero yamamaza Inkuru Nziza mu bapagani; Inkuru Nziza igera i Antiyokiya (Intu 10-12).

• Urubanza rwa Pawulo; Pawulo yamamaza Inkuru Nziza kugera i Roma (Intu 13-28).

4.7. AMABARUWA YA PAWULO INTUMWA

a) Imibereho ya Pawulo Intumwa

Mbere yo kugira icyo tuvuga ku Mabaruwa yanditswe na Mutagatifu Pawulo Intumwa ni byiza

ko twiyibutsa uwo ari we.

Pawulo yavukiye i Tarisi ahagana mu mwaka wa 5 nyuma y’ivuka rya Yezu. Ni umuhebureyi

uvuka ku Bahebureyi, ni umufarizayi mu byerekeye amategeko kuko yari yarize mu ishuri rya

Gamaliyeli umwe mu bari bagize inama nkuru.

Yari afite n’ubwenegihugu bw’Abanyaroma. Umuryango we wari ukize kandi wubashywe .

Pawulo yari akomeye ku mahame no ku muco bya kiyahudi bituma atoteza Abakristu ba mbere,

ndetse yishimiye urupfu rwa Sitefano (Intu 7,58).

Nyamara Pawulo yaje guhinduka aba umukristu. Ni igihe Yezu amubonekeye agana i Damasi

gutoteza Abakristu. Guhera ubwo atangira kwamamaza Yezu mu banyamahanga mu mvune

n’ingendo nyinshi yakoze.

Pawulo yabaye umwigisha n’umuhanga wa Kristu. Yaranzwe n’umwete, ahura n’ibitotezo

inshuro nyinshi kugeza ubwo bamuciriye umutwe i Roma, ahagana mu mwaka wa 67. Pawulo rero

yapfuye ahowe Kristu. Uko umwaka utashye, Kiliziya ihimbaza umunsi mukuru w’ihinduka rye akaba

umukristu. Ni taliki ya 25 Mutarama, umunsi uhurirana n’isozwa ry’icyumweru cy’ubumwe

bw’Abakristu.

75

b) Amabaruwa ya Pawulo Intumwa

Inyandiko za Pawulo Intumwa zakusanyirijwe mu mabaruwa 13 maremare. Yandikiraga

amakoraniro yashinze ngo akomeze kunga ubumwe no gishyigikirana. Yari agamije kuzuza no

kunonosora inyigisho yatangaga yihuta. Pawulo yababwiraga uko amerewe, agasubiza ibibazo

by’amakoraniro, akanayahatira kwihangana. Ayo mabaruwa yahawe amazina hakurikijwe abo

yandikiwe. Muri Bibiliya atondetse hakurikijwe uko yakurikiranye mu kuyandika ahubwo hakurikijwe

uburemere bw’inyigisho ziyarimo.

Muri ayo Mabaruwa harimo 4 Pawulo yanditse ari mu buroko:

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyefezi

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyafilipi

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakolosi

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Filemoni.

Hari Amabaruwa 3 Pawulo yanditse bita “Amabaruwa ya gishumba”. Impamvu ni uko yandikiwe

abashumba ba Kiliziya abaha amabwiriza n’uburyo bwo kuyobora amakoraniro bashinzwe. Ayo M

abaruwa ni :

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Tito

� Ibaruwa ya mbere n’iya kabiri Pawulo Intumwa yandikiye Timote.

Muri rusange amabaruwa ya Pawulo Intumwa agabanyijemo ibice bibiri:

� Igice cya mbere kibanda ku mahame y’ukwemera Pawulo yibutsa Abakristu. Yibanda ku iyobera

rya Kristu wigize umuntu, akabambwa ku musaraba, agapfa, akazuka, ubu akaba ari umwami

w’abantu bose kandi uganje ijabiro.

� Igice cya kabiri kibanda ku bisubizo Pawulo aha amakoraniro ku bibazo ibi n’ibi. Muri icyo gice

akangurira Abakristu gusenga no gusingiza Imana muri byose, kandi bakabaho bakurikije

ubutorwe.

Amabaruwa ya Pawulo yanditswe hagati y’imyaka ya 51 na 67. Uko akurikirana:

• Mu myaka ya 50-52: Pawulo Intumwa ari i Korinti yanditse Ibaruwa ya mbere n’iya kabiri

zigenewe Abanyatesaloniki.

• Mu mwaka wa 56: Pawulo Intumwa ari i Efezi yanditse Ibaruwa igenewe Abanyafilipi.

• Mu mwaka wa 57: Pawulo Intumwa ari i Efezi yanditse Ibaruwa ya mbere igenewe

Abanyakorinti.

• Hagati y’imyaka ya 57 na 58 i Efezi: Ibaruwa ya kabiri Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti.

• Mu myaka ya 57-58: Pawulo ari i Korinti yanditse Ibaruwa igenewe Abanyaroma.

• Mu mwaka wa 65 Pawulo ari muri Masedoniya yanditse Amabaruwa akurikira:

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakolosi

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyefezi

� Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Filemoni

• Mu mwaka wa 67 Pawulo ari i Roma: Ibaruwa ya mbere n’iya kabiri Pawulo Intumwa yandikiye

Timote n’iyo yandikiye Tito.

Muri make ibikubiye mu Mabaruwa ya Pawulo Intumwa:

4.7.1. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYAROMA

76

Pawulo Intumwa yandikiye Abanyaroma mu myaka ya 57-58 ari i Korinti. Icyamuteye

kubandikira ni Abakristu b’i Roma bari bariremyemo ibice bibiri bishyamiranye. Igice kimwe cyari

kigizwe n’Abayahudi bahindutse Abakristu ariko bakomeza gutsimbarara ku mico n’amategeko ya

kiyahudi nko kugenywa kandi bagahatira abandi kubikurikiza. Ku rundi ruhande hari igice cy’Abakristu

baturutse mu bapagani ntibakozwe ibyo gukurikiza umurage wa kiyahudi.

Pawulo rero yandikiye Kiliziya y’i Roma agaragaza ko bidakwiye gucamo ibice Kiliziya ya Kristu.

Abumvisha ko umukiro twazaniwe n’Inkuru Nziza ya Kristu ari uw’abantu bose.

Inyigisho y’ingenzi y’Ibaruwa y’Abanyaroma

Inyigisho dukura mu Ibaruwa yandikiwe Abanyaroma zikubiye mu ngingo 3:

a) Abantu bose ni abanyabyaha

Iyi ngingo tuyisanga mu mitwe 4 ibanza yo muri iyi baruwa. Pawulo agamije kwerekana ko

amategeko yonyine atakiza abantu cyangwa ngo abagire intungane.

Amateka ya Muntu yerekanye ko kurenga ku mategeko bishoboka kubera icyaha cy’inkomoko.

Twese rero turi abanyabyaha niyo mpamvu ubutungane tutabukesha amategeko gusa ahubwo

buzanwa n’ukwemera dufitiye Imana. Tukemera Kristu wapfuye akazukira kutugira intungane,

atugabira ubugingo bw’iteka (Rom 4,24-25).

b) Kristu yaronkeye Muntu umukiro

Pawulo Intumwa mu Ibaruwa yandikiye Abanyaroma mu mutwe wa gatanu, yerekana ko urupfu

rwatewe n’umuntu umwe Adamu bitewe no gucumura. Bitewe n’icyaha urupfu rwinjije mu isi, ariko

ubutungane bw’umuntu umwe Yezu bwaronkeye abantu ubugingo (Rom 5,17-19). Pawulo nanone

atwibutsa ko twabuganijwemo Roho Mutagatifu utuma twizera kugira uruhare ku ikuzo ry’Imana

(Rom 5,1-11).

Ku bwa Batisimu dupfana na Kristu ku cyaha, tukazukana ubuzima bushya bw’abana b’Imana

muri Kiliziya (Rom 6,1-5).

c) Uwemera agengwa n’urukundo

Mu Ibaruwa Pawulo yandikiye Abanyaroma yerekanye ku buryo buhagije ko urukundo

rubumbye amategeko. Nta wundi mwenda tugomba kubamo umuvandimwe Atari uwo gukundana

(Rom 13,8-10).

4.7.2. IBARUWA YA MBERE N’IYA KABIRI PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYAKORINTI

Ibaruwa ya mbere yandikiwe Abanyakorinti igizwe n’imitwe 16 naho iya kabiri igizwe n’imitwe

13. Aya mabaruwa yombi yandikiwe ikoraniro ry’abantu bajijutse ndetse n’abandi baciye bugufi.

Ibaruwa ya mbere yibanda ku gusubiza ibibazo byari mu ikoraniro ry’i Korinti bikabangamira

imigendekere myiza yaryo.

Inyigisho y’ingenzi yibandaho:

� Ikibazo cy’ubumwe mu ikoraniro (1Kor 1,10-17)

� Ubuhanga bw’Imana butambutse kure ubw’abantu (1Kor 1,18-2,16)

� Imanza hagati y’abavandimwe (1Kor 6,1-11)

� Imihango ya gipagani (1Kor 8,1-13; 10,14-33)

� Amabwiriza yerekeye ugushyingirwa (1Kor 7,1-39)

77

� Isangira rya Nyagasani (1Kor 11,17-34)

� Ingabire za Roho Mutagatifu (1Kor 12,1-31)

� Izuka ry’abapfuye (1Kor 15,1-58).

Ibaruwa ya kabiri Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti yerekana ukuntu ikoraniro ryari

ritegerejweho guhinduka ritabigezeho. Abakristu b’i Korinti bakomeje kurangwa no kwitandukanya,

abenshi badohoka ku kwemera ndetse bakanenga inyigisho ya Pawulo.

Muri iyi Baruwa Pawulo Intumwa yibanze ku ngingo yo gushyia hamwe, gushishikarira gutanga

imfashanyo ndetse yerekana icyo kuba intumwa ya Kristu bivuga.

4.7.3. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYAGALATI

Iyi Baruwa igizwe n’imitwe 6. Igaragaramo ibintu 2 by’ingenzi:

� Hari ukwiregura kwa Pawulo imbere y’Abayahudi bumvishaga abandi ko imihango ya kiyahudi

ari ngombwa, bakemeza ko Pawulo atari intumwa nyayo.

� Hari ukwerekana ko ibikorwa by’amategeko bitageza ku butungane. Ahubwo ukwemera ni ko

gutanga ubutungane kuko gushingira ku Isezerano ry’Imana.

Pawulo ntasuzugura amategeko kuko atugeza kuri Yezu Kristu. Yanga ko tuba imbata

n’abacakara bayo, ahubwo tukaba abigenga tubikesha ukwemera twazaniwe na Kristu. Pawulo

atwibutsa ko twahamagariwe ubwigenge. Gusa rero ubwigenge ntibukabere umubiri urwitwazo,

ahubwo tubere abandi abagaragu tubigirana urukundo (Gal 5,13). Dushishikarizwa muri iyi Baruwa

kwiyaka ibikorwa by’umubiri, tukarangwa no kwera imbuto za Roho (Gal 5,19-25).

Pawulo Intumwa asoza iyi Baruwa adusaba kutagira ikindi twiratana kitari umusaraba wa Kristu kuko

ari wo waremye byose bundi bushya (Gal 6,14-15).

4.7.4. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYEFEZI

Iyi Baruwa igizwe n’imitwe 6. Itwereka ko mbere y’igihe Imana yadutoreye kunga ubumwe muri

Kristu (Ef 1,5).

Ni Ibaruwa dusangamo ko Kiliziya ari umubiri wa Kristu. Kristu ayibereye umutwe naho twe

tukaba ingingo (Ef 1,22-23). Iryo shusho rya Kiliziya ryerekana ko nta muyahudi, nta munyamahanga ;

twese turi abavandimwe muri Kristu. Nta kigomba rero kudutandukanya. Muri Kiliziya, Roho

Mutagatifu aduhaza ingabire ze (Ef 1,13-14). Duhamagarirwa gusangira ukwemera kumwe, Batisimu

imwe, Imana imwe, yo mubyeyi wa bose (Ef 4,4-6). Pawulo Intumwa muri iyi Baruwa atanga inama

zinyuranye ku batagatifujwe ngo bazibukire imibereho n’imigenzereze ishaje, maze bahugukire

kubaho nk’abantu bashya (Ef 4,17-31).

Pawulo arangiza Ibaruwa yandikiye Abanyefezi atanga inama zerekeye umugore n’umugabo, abana

n’abacakara. Bose abasaba gukundana no kubana kivandimwe muri Kristu (Ef 5,21-6,9).

4.7.5. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYAFILIPI

Iyi Baruwa igizwe n’imitwe 4. Iyo dusesenguye iyi Baruwa dusanga Pawulo abanza gusaba

Abanyafilipi kudahinyuka ku rugamba rwo kwamamaza Inkuru Nziza ya Yezu Kristu (Fil 1,3-30).

Akomeza abasaba kwigana urugero rwa Kristu. Pawulo yerekana ko n’ubwo yari afite imibereho

imwe n’iy’Imana yicishije bugufi, yihindura ubusabusa, yigira nk’umugaragu yemera kumvira kugeza

aho apfira ku musaraba, maze Imana imukuza imuha izina risumbye ayandi (Fil 2,5-11).

78

Mu mutwe wa gatatu w’iyi Baruwa, Pawulo aburira Abanyafilipi kwirinda ababahatira gukurikiza

imico ya kiyahudi nko kugenywa.

Pawulo Intumwa arangiza Ibaruwa ye ashimira Abanyafilipi imfashanyo bamwoherereje (Fil 4,10-16).

4.7.6. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYAKOLOSI

Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakolosi igizwe n’imitwe 4. Inyigisho y’ingenzi

itugezaho ni ukutwereka umwanya Kristu afite mu mugambi w’Imana. Niwe shusho ry’Imana

itagaragara (Kol 1,15). Niwe duhamagariwe kwibumbiraho (Kol 2,7) tureka imibereho ya muntu

w’igisazira tukarangwa n’iya muntu mushya (Kol 3,5-10). Muri iyi Baruwa kandi Pawulo ashishikariza

abatagatifujwe kugira umutima wuje impuhwe, ubugiraneza, ubwiyoroshye, ituze

n’ukwiyumanganya. Ibyo bigashyigikirwa no gukomera ku isengesho (Kol 4,2).

Duhamagarirwa kubaho mu bihe bishya ahatakivugwa umugereki cyangwa umuyahudi, umucakara

cyangwa uwigenga ahubwo havugwa Kristu muri bose (Kol 3,11).

4.7.7. IBARUWA YA MBERE N’IYA KABIRI PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYATESALONIKI

Ibaruwa ya mbere yandikiwe Abanyatesaloniki igizwe n’imitwe 5, Naho iya kabiri igizwe

n’imitwe 3.

Impamvu zatumye Pawulo yandikira bwa mbere Abanyatesaloniki ni imyumvire yabo itari

shyashya ku byerekeye umunsi w’imperuka. Bibazaga ukuntu abapfuye bazagira cyangwa batazagira

umwanya ku ihirwe ry’ihindukira rya Nyagasani. Bari batewe impungenge n’iryo hindukikira bakeka

ko ryegereje ndetse bamwe bavuga ko babimenyeshejwe na Roho Mutagatifu. Kuri iyi ngingo

inyigisho ya Pawulo yahamije ko nta muntu n’umwe uzi igihe n’isaha Nyagasani azahindukirira (1Tes

5,1-3). Uwo munsi uzatungurana, icyo dusabwa ni ukuba maso twirinda gutwarwa n’irari (1Tes 5,6).

Ibaruwa ya kabiri Pawulo Intumwa yandikiye Abanyatesaloniki yaje yunganira iya mbere. Mu

by’ukuri abari bakataje mu bitekerezo by’ihindukira rya Nyagasani bari barateshejwe ibyo bakoraga,

maze batera imitima ihagaze mu bandi (2Tes 3,11-12). Pawulo yongera guhamya ko uwo munsi

utegereje. Asaba Abanyatesaloniki gukomera mu kwemera no ku nyigisho nyakuri z’uruhererekane

muri Kiliziya (2Tes 2,15). Guharanira gukora icyiza no gusenga (2Tes 3,1-12).

Amabaruwa ya Gishumba

Amabaruwa ya gishumba ni iya mbere n’iya kabiri Pawulo Intumwa yandikiye Timote n’Ibaruwa

yandikiye Tito. Bari abashumba ba Kiliziya.

4.7.8. IBARUWA YA MBERE PAWULO INTUMWA YANDIKIYE TIMOTE

Iyi Baruwa igizwe n’imitwe 6. Inyigisho z’ingenzi z’iyi Baruwa zibanda ku nama Pawulo agira

Timote zo gukomeza ukwemera mu ikoraniro rye, yirinda abigishabinyoma.

Pawulo yerekana imyifatire igomba kuranga abifuza gushingwa kuyobora Kiliziya ari bo

Abepisikopi. Umurimo wabo ni ukuyobora ikoraniro. Abadiyakoni bashinzwe kwitangira ibikorwa

by’urukundo, kwita ku bakene no ku bibazo birebena n’umutungo. Hanyuma Pawulo atanga

amabwiriza ku ngeri zinyuranye z’abayoboke: abagabo n’abagore, abapfakazi, abacakara n’abakire.

4.7.9. IBARUWA YA KABIRI PAWULO INTUMWA YANDIKIYE TIMOTE

79

Iyi Baruwa igizwe n’imitwe 4. Kimwe n’iya mbere inyigisho z’ingenzi zirimo ni ugushishikariza

Timote kwirinda inyigisho z’inzaduka zakwirakwizwaga, ahubwo akamamaza ijambo ry’Imana igihe

n’imburagihe kandi akagira imyifatire ikwiriye uwogeza Inkuru Nziza.

4.7.10. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE TITO

Iyi Baruwa igizwe n’imitwe 3.

Tito yari umugereki ashinzwe Kiliziya y’i Kireta. Kimwe na Timote, Pawulo asaba Tito kwirinda

abigishabinyoma. Amugezaho amabwiriza yerekeye abakuru b’ikoraniro n’izindi ngeri zigize ikoraniro.

Abasaza abasaba gushyira mu gaciro no kwirinda isindwe. Abasore basabwa gushyira mu gaciro ibyo

bakora. Abacakara bo basabwa kumvira ba shebuja.

4.7.11. IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE FILEMONI

Iyi Baruwa igizwe n’imirongo 25. Itugezaho inkuru ya Filemoni, umukristu wari ukungahaye mu

ikoraniro ry’i Kolosi na Onezimi umugaragu we waje kumwiba agahungira i Roma aho yahuriye na

Pawulo wamuhinduye umukristu. Pawulo yandikiye Filemoni kugirango ababarire umugaragu we

Onezimi wari waragarukiye Imana agacika ku migenzereze mibi.

Iyi Baruwa igamije kutwumvisha ko ubukristu ari isoko y’impuhwe no kubabarirana. Ubukristu

butegura umubano mwiza mu bantu; bukamagana ubucakara, abantu bose bakaba abavandimwe

muri Kristu.

4.8. IBARUWA YANDIKIWE:

4.8.1. IBARUWA YANDIKIWE ABAHEBUREYI

Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi igizwe n’imitwe 13. Umwanditsi wayo ntazwi neza ariko ntawe

ushidikanya ko Atari umwigishwa wa Pawulo. Abo yandikiwe ni Abahebureyi bari barahindutse

Abakristu.

Kwibasirwa n’ibitotezo, kugereranya amateka y’idini y’Abayisiraheli n’idini ya gikristu,

byabateraga gushidikanya, bagacika intege, abenshi bari baratangiye kudohoka ku kwemera. Iyi

Baruwa rero igamije kubahugura mu byo bashidikanyagaho, ibyerekana ko ubukristu busumbye kure

idini y’Abayahudi yari integuza.

Yerekana ko Abaherezabitambo n’ibitambo bya kera byamenaga amaraso y’inyamaswa ariko

ntibikureho ibyaha, ari inshamarenga y’umuherezabitambo kimwe rukumbi cyahanaguye ibyaha (He

10). Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi ihumuriza umukristu wese ufite ukwemera kwacogojwe

n’ibigeragezo cyangwa ibitotezo. Ihamya amizero n’ukwemera bishingiye kuri Yezu Kristu kuko

adahinduka, ari ejo, ari none, no mu bihe byose (He 13,8).

Iyi Baruwa idusaba kudacogora mu kurwanya icyaha no guhora turangamiye Yezu Kristu, we

ntangiriro n’iherezo ry’ukwemera kwacu (He 12,1-6).

4.9. AMABARUWA YA:

4.9.1. IBARUWA YA YAKOBO

Ibaruwa ya Yakobo igizwe n’imitwe 5. Yanditswe na Yakobo mwene Alufeyi (Mt 10,3) wiyita

“Umugaragu w’Imana n’uwa Nyagasani Yezu Kristu.” Ni Ibaruwa yandikiwe Abakristu b’Abayahudi,

80

ariko badatuye muri Palestina. Muri rusange igenewe Abakristu bose, si ikoraniro ryihariye ry’aha

n’aha.

Ingingo 2 yibandaho by’umwihariko:

� Kubahiriza abakene no kuburira abakire (Yak 1,9-11). Kuri iyi ngingo Yakobo, kimwe

n’Abahanuzi, yisunze n’inyigisho za Yezu Kristu, yamagana akarengane mu bantu, agahamya

ko iyobokamana nyaryo ari ugusura imfubyi n’abapfakazi, ibyo bikadufasha kubaho mu

buziranenge (Yak 1,27).

� Ukwemera kutagira ibikorwa kuba kwarapfuye (Yak 2,14-26): Yakobo yerekana ko ukwemera

kujyana n’ibikorwa, n’ibikorwa bikuzuza ukwemera.

Usibye izi ngingo, muri iyi Baruwa dusangamo kandi inyigisho yumvisha ku buryo

bukomeye akamaro k’isengesho (Yak 1,5-8); kwita ku barwayi duhamagara abakuru ba Kiliziya

kugirango babasabire kandi babasige amavuta. Aha niho hashingiye ubuhamya bw’Isakaramentu

ry’Ugusigwa kw’abarwayi (Yak 5,14-15).

4.9.2. IBARUWA YA MBERE N’IYA KABIRI ZA PETERO INTUMWA

4.9.2.1. IBARUWA YA MBERE YA PETERO INTUMWA

Ibaruwa ya mbere ya Petero Intumwa igizwe n’imitwe 5. Petero yandikiye i Roma mu ntangiriro

y’itotezwa rya Kiliziya ryakozwe na Neroni ahagana mu mwaka wa 64.

Yari igenewe Kiliziya nyinshi zo muri Aziya ngo ishyigikire ukwemera kw’Abakristu mu

bigeragezo by’amoko yose. Petero Intumwa ahera ku byanditswe Bitagatifu akerekana ko umukristu

agomba kwifata nka Kristu we mugaragu w’Imana witanze kubera twe (1Pet 2,21-25); we buye

ryajugunywe n’abubatsi rikaba insanganyarukuta (Pet 2,7).

Iyi Baruwa igamije guhumuriza no gukomeza ukwemera kw’abibasiwe n’ibigeragezo mu

rugendo rwa hano ku isi. Muri iki gihe Kiliziya inyura mu ngorane nyinshi; iyi Baruwa yafasha

umukristu wese ushaka kumenya uko yitwara, akamenya ko rimwe na rimwe Imana itunyuza mu

bibazo ngo tugere mu byiza by’agaciro kanini.

4.9.2.2. IBARUWA YA KABIRI YA PETERO INTUMWA

Ibaruwa ya kabiri ya Petero Intumwa igizwe n’imitwe 3. Igamije gushishikariza abo yohererejwe

kuba indahemuka ku kuri n’ubutorwe bwabo (2Pet 1,10).

Ibi bisaba gukomera ku buhamya bw’ababonye Nyagasani Yezu Kristu no kunyigisho

z’Abahanuzi (2Pet 1,16-19). Ikindi gikubiye muri iyi Baruwa ya kabiri ya Petero Intumwa ni ukwirinda

abigishabinyoma badukanaga inyigisho z’ubuyobe (2Pet 2). Hanyuma Ibaruwa isoza idusaba

kutarambirwa gutekereza ukuza kwa Nyagasani kuko kuri we umunsi umwe ari nk’imyaka igihumbi,

n’imyaka igihumbi ikaba umunsi umwe (2Pet 3,1-13); bityo tukagirwa inama n’ukuntu twakwifata

dutegereje Nyagasani (2Pet 3,14).

4.9.3. IBARUWA YA MBERE, IYA KABIRI N’IYA GATATU ZA YOHANI INTUMWA

Yohani Intumwa umwanditsi w’Ivanjili ya kane ni we wanditse aya Mabaruwa atatu.

81

4.9.3.1. IBARUWA YA MBERE YA YOHANI INTUMWA

Iyi Baruwa ya mbere ya Yohani Intumwa igizwe n’imitwe 5.

Ibaruwa ya mbere ya Yohani Intumwa yandikiwe amakoraniro y’Abakristu bo muri Aziya bari

batangiye gucogozwa n’abahakanyi. Inyigisho z’ubuyobe zakwirakwizwaga zahakanaga ko Yezu ari

Umucunguzi, ntizemere ko Yezu Kristu yigize umuntu (1Yh 4,2). Yohani Intumwa yanditse Ibaruwa ye

ya mbere agamije gukomeza Abakristu, kubamurikira no kubatera inkunga mu rugamba

rw’ukwemera. Mu by’ukuri abo bakristu ntibumvikanaga na bamwe bari baravuye mu ikoraniro

bakaryigomekaho. Bemezaga ko batambukije abandi ubumenyi mu kumenya Imana kandi ko ubwo

buhanga babukomora kuri Roho ubahumekeramo abandi badafite (gnosticisme). Bemezaga ko kandi

bo batuye mu isi yabo izira ubwandu naho iyi si dutuye twese ikaba ikivume.

Ingingo z’ingenzi z’iyi Baruwa:

� Kwirinda abarwanya Kristu umwana w’Imana (1Yh 5,1-13)

� Kwirinda kutayoborwa na Roho Mutagatifu (1Yh 4,1-6)

� Kwirinda kutarangwa n’urukundo rwa kivandimwe.

4.9.3.2. IBARUWA YA KABIRI YA YOHANI INTUMWA

Ibaruwa ya kabiri ya Yohani Intumwa igizwe n’imirongo 13.

Yandikiwe rimwe mu makoraniro y’Abakristu bo muri Aziya, ritamenyekanye neza. Iryo koraniro

ryagenderaga mu kuri, nyamara ribangamiwe n’abashukanyi batemeraga ko Kristu yigize umuntu,

bakanga n’inyigisho za Kristu. Yohani yaryandikiye agamije kuriburira ngo ryirinde abashukanyi,

ahubwo asaba kurangwa n’itegeko rikomeye ry’urukundo rwa kivandimwe.

4.9.3.3. IBARUWA YA GATATU YA YOHANI INTUMWA

Iyi Baruwa ya gatatu ya Yohani Intumwa igizwe n’imirongo 15. Yohani yayoherereje uwitwa

Gayo wari umuntu wemewe mu ikoraniro rye. Amushimira ukuntu agendera ku kuri, akagaragaza

ukwemera kwe mu byo akorera abavandimwe. Amushishikariza gufasha abantu baturutse ahandi

bogeza ukuri, kandi bakorera Kristu.

Yohani arangiza Ibaruwa ye amenyesha Gayo ko azaza kwikemurira ubwe ibibazo bitoroshye

byari mu ikoraniro, bitewe n’umwe mu bakozi baryo witwa Diyotirefesi wateraga umwiryane, kubera

kwiyumvamo ubutegetsi burenze urugero kugeza aho aca mu Kiliziya abadakurikiza amatwara ye

abogamye.

4.9.4. IBARUWA YA YUDA

Iyi Baruwa ya Yuda igizwe n’imirongo 25. Uyu Yuda ntabwo yabaye umwe mu ntumwa 12,

ahubwo abenshi bakeka ko ari mubyara wa Yezu (Mt 13,55), we yiyita umuvandimwe wa Yakobo

(Yuda 1,1).

Yuda yanditse iyi Baruwa agamije gushyigikira ukwemera kw’abo yandikira kubera abantu

bamwe babahaga inyigisho z’ubuyobe. Yuda atanga ingero nyinshi akuye mu Isezerano rya Kera ngo

82

yumvikanishe inyigisho ye. Ashishikariza abo yandikira kurwanira ukwemera bashyikirijwe n’Intumwa

z’umwami wacu Yezu Kristu.

4.10. IGITABO CY’IBYAHISHURIWE YOHANI INTUMWA

Iki gitabo cy’imitwe 22 ni cyo gisoza Bibiliya yose. Cyanditswe na Yohani Intumwa mu mwaka wa

95 nyuma ya Yezu Kristu. Cyandikiwe abakristu bari bamaze gutotezwa mu gihe cya Kayizari Neroni

(64-68) no mu gihe cya Domisiyani (81-96).

Iryo totezwa ryatumye abakristu benshi bapfa, abandi bakuka umutima, bagira ubwoba,

barahunga ndetse bamwe barahakana. Yohani Intumwa yanditse igitabo cy’Ibyahishuwe agamije

gukomeza umutima abakristu. Yaberetse ko kwihanganira ibitotezo no kwiyumanganya mu magorwa

ari byo bigomba kubaranga, akomeza abereka ko abayoboke ba Kristu bazatsinda nka we.

Igitabo cy’Ibyahishuwe ni icy’amizero y’intungane zizatsinda icyo ari cyo cyose. Ibi rero bitera

inkunga n’akanyabugabo ku bakristu bugarijwe n’amakuba, ukwemera kwabo kugakomera. Amizero

dusanga mu gitabo cy’Ibyahishuwe ageza ku byishimo abacunguwe n’amaraso ya Ntama bazasangira

na Kristu (Hish 14) muri Yeruzalemu yo mu ijuru (Hish 21-22).

Kristu ari we Alufa na Omega, uw’ibanze n’uw’imperuka azagororera ababaye intwari mu

bikorwa (Hish 22,12-13), cyane cyane amagorwa banyuzemo.

Usoma igitabo cy’Ibyahishuwe asabwa kwitonda kuko byinshi bivugwa mu marenga, mu mibare,

mu mabara n’ibindi byinshi. Muri rusange igitabo cy’Ibyahishuwe gikoresha amashusho

n’ibimenyetso ngo ubutumwa bugere ku bo bugenewe badahutajwe n’ababatoteza ndetse n’utanga

ubutumwa ntiyishyire mu makuba.

IBISOBANURO BY’IMVUGO-NCAMARENGA DUSANGA MU BYAHISHUWE.

a) Ibisobanuro by’imibare

� 3= Imana

� 4= Isi n’impera zayo uko ari enye

� 7= (Igiteranyo cya kane na gatatu): Ikintu cyuzuye, kandi kizira inenge

� 12= (Igikubo cya kane na gatatu): Ikintu cyuzuye kandi kitagira inenge

� 3,5= Ikintu kitaboneye, gifite inenge, igihe cy’itotezwa

� 6= Ikintu kibi ku buryo bukabije

� 1000= Ibintu byinshi bitabarika, ibintu byuzuye, igihe kitazashira, imyaka myinshi cyane

� 144 000= (Ubwikube kabiri bwa 12, gukuba 1000): Imiryango 12 ya Isiraheli, umuryango

w’Imana uziyongeraho abatagatifujwe cyangwa abemera batabarika, baturutse amahanga

yose, mu moko yose y’imiryango yose, bazabane n’Imana ubuziraherezo.

b) Ibisobanuro by’amagambo

� Ntama w’Imana= Yezu Kristu wishwe akazuka ubu akaba aganje mu ikuzo ry’Imana.

� Ikanzu ndende= Ubusaseridoti

� Ibinyabuzima bine= Ibyaremwe byose

� Ubuhabara= Guhemukira Imana imwe, gusenga ibigirwamana

� Ihabara ry’icyamamare= Umurwa wa Roma

� Babiloni= Yashushanyaga Roma yatoteje cyane umuryango w’Imana

83

� Igikoko= Ingoma y’Abanyaroma yatoteje Abakristu

� Amahembe= Abategetsi ba Roma

� Ikiyoka= Gishushanya sekibi

� Inyanja= Ishushanya indiri y’ikibi.

c) Ibisobanuro by’amabara

� Umweru= Ikimenyetso cy’umutsindo no kutagira inenge

� Umutuku= Intambara, ubwicanyi cyangwa kumene amaraso

� Umukara= Inzara, urupfu, ubugome

� Icyatsi= Ibyorezo by’amoko yose.

Icyitonderwa: Muri Liturujiya ibara ry’icyatsi ni icyizere.

Umwanzuro ku gitabo cy’Ibyahishuwe

Abakristu bamwe bagira impungenge zo gusoma ibyahishuwe. Ibyo ahanini biterwa no guhera

ku mvugo-shusho, incamarenga dusangamo, akenshi inakangaranya.

Ni tumenye ko iyo mvugo ijimije yatewe n’ibihe umwanditsi yarimo, dukwiye kuyirenga

tukagera ku butumwa yashatse kutugezaho.

Usoma Ibyahishuwe agomba kumurikirwa na Roho Mutagatifu uhumura ubwenge n’umutima

ngo abashe gusobanukirwa neza n’ibirimo.

Usomye neza iki gitabo, aho kugira ubwoba arangwa n’amizero y’uko Kristu yatsinze mu ijuru

agomba no gutsinda ku isi. Kristu yatsinze Sekibi; Abakristu na bo n’ubwo bagirirwa nabi gute,

batotezwa bamenye ko bazatsinda nk’uko Kristu yatsinze.

UMUSOZO

Bibiliya ni igitabo gitagatifu gikubiyemo ubukungu bwinshi. Amasomo tumaze kubona ntahagije

ngo umuntu acengere byimazeyo mu mizi yose y’ubwo bukungu. Ni urufunguzo ruzatuma twinjira

muri Bibiliya nta mbogamizi.

Umwete wo kuyisoma no kuyisobanurira abandi, duhereye mu rugo iwacu, mu miryango-

remezo, mu Nama, muri Santarari, muri Paruwasi, mu makoraniro y’abasenga, mu miryango y’Agisiyo

Gatolika n’ahandi twifashishije amasomo twabonye muri irishuri “TUMENYE BIBILIYA” ni byo

bizatumara inyota dufite kuri Bibiliya.

Turangije umwaka twihugura kuri Bibiliya. Ntitwibwire ngo ikivi twatangiye kirashojwe maze

tugende ibyo twize duterere iyo! Hehe no kubumbura Bibiliya! Icyo gishuko ntitukakigire. Abatubonye

twihugura kuri Bibiliya bafite inyota n’amatsiko y’ubumenyi twungutse. Tuyibamare.

Duhawe umwanya n’urubuga byo guhugura abandi batagize ayo mahirwe cyane cyane tugahera mu

miryango-remezo aho twagombye gushingwa “umurimo wa gitumwa wo kwamamaza ijambo

ry’Imana”. Tuzafashe abandi guhitamo isomo rizirikanwaho no kuricengera ku munsi w’isengesho

cyangwa w’inama.

Si aho tumaze kuvuga gusa, kuko no muri Liturujiya dushobora gusomera abandi ijambo

ry’Imana. Dukundishe abandi gutunga Bibiliya maze ijambo ry’Imana rituyobore.

“Mana “Mana “Mana “Mana bumbura bumbura bumbura bumbura umunwa umunwa umunwa umunwa wanjye, mazewanjye, mazewanjye, mazewanjye, maze ngusingize ngusingize ngusingize ngusingize nifashishije Bibiliya”nifashishije Bibiliya”nifashishije Bibiliya”nifashishije Bibiliya”