Upload
ngonhan
View
388
Download
2
Embed Size (px)
Citation preview
1
INYANDIKO NGENDERWAHO
YEREKANA SERIVISI ZIHABWA
ABATURAGE KU RWEGO
RW’AKARERE
AKARERE KA NYAMASHEKE
Ukuboza 2013
2
Ishakiro
Ishakiro .......................................................................................................................................................... 2
Icyerekezo ..................................................................................................................................................... 5
Intego zihariye z’iki gitabo ............................................................................................................................ 5
Serivisi zihabwa abaturage ku rwego rw’Akarere ......................................................................................... 6
Serivisi 1: Gusaba uruhushya rwo gufungura ikigo cy’amashuri .......................................................... 6
Serivisi 2: Gusaba guhindurirwa ikigo cy’ishuri ..................................................................................... 7
Serivisi 3:Gusaba gucyemurirwa amakimbirane hagati y’umunyeshuri n’ikigo cy’ishuri ..................... 8
Serivisi 4: Gusaba gucyemurirwa amakimbirane hagati y’umwarimu n’ikigocy’ishuri ........................ 8
Service5: Gutakambira umukoresha ku cyemezo cyafashwe ............................................................... 9
Serivisi 6: Uburenganzira bwo gukoresha amarushanwa ya siporo ................................................... 10
Serivisi7: Gusaba inkunga ihabwa amashyirahamwe ya siporo, urubyiruko n’umuco ....................... 11
Serivisi 8: Gusaba kwemererwa gukora ubuvuzi bwa gakondo .......................................................... 12
Serivisi 9: Gusaba uruhushya rwo gufungura iguriro ry’imiti, ibitaro, ivuriro ry’ibanze cyangwa
raboratwari byigenga ......................................................................................................................... 13
Serivisi 10: Kwakira no gukemura ibibazo by’abaturage .................................................................... 14
Serivisi 11: Gusaba gusubizwa amafaranga y’ikirenga ku musoro ..................................................... 14
Serivisi 12: Gusaba kwishyurwa serivisi ba rwiyemezamirimo bahaye Akarere ................................. 15
Serivisi 13: Gusaba guteza icyamunara imitungo yatanzweho ingwate muri banki .......................... 17
Serivisi 14: Gusaba gushyira umukono ku masezerano y’ubugure ..................................................... 18
Serivisi 15: Gusaba gushyira umukono ku masezerano y’inguzanyo yatanzwe na banki................... 19
Serivisi 16: Gusaba gushyira umukono kuri stati y’amashyirahamwe, amakoperative n’imiryango
itegamiye kuri Leta .............................................................................................................................. 20
Serivisi 18: Gusaba uruhushya rwo gucukura amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri ......................... 22
Serivisi 19: Gusaba uruhushya rwo gushyira ibyapa byamamaza n’ibimenyetso ndangahantu ....... 23
Serivisi 20: Gusaba uruhushya rwo gukodesha ubutaka by’igihe kirekire .......................................... 24
3
Serivisi 21: Kwandikisha ubutaka no gusaba icyemezo cy’ikibanza (fiche cadastrale) ....................... 25
Serivisi 22: Kwegurira undi muntu inyubako ....................................................................................... 26
Serivisi 23: Gusaba uburenganzira bwo kubaka inzu .......................................................................... 27
Serivisi 24:Gusaba uruhushya rwo kubaka umunara w’itumanaho ................................................... 29
Serivisi 25: Gusaba uruhushya rwo gukorera mu nyubako nshya ...................................................... 30
Serivisi 26: Gusaba ubwunzi hagati y’umukozi n’umukoresha ........................................................... 31
Serivisi 27: Gusaba inama ku mategeko agenga umurimo ................................................................ 32
Serivisi 28: Gusaba igitabo gikubiyemo ibisabwa mu rwego rw’amasoko y’ ibikoresho na serivisi ... 33
Serivisi 29: Gusaba uburenganzira bwo kubaka ................................................................................. 34
Serivisi 30: Gusaba uruhushya rwo gusarura ishyamba ..................................................................... 34
Serivisi 31: Gusaba uruhushya rwo gutwara ibikomoka ku mashayamba ......................................... 35
Serivisi 32 : Gusaba kugabanyamo isambu ibice ................................................................................ 36
serivisi 33 : Gusaba guhuza ubutaka bukavamo isambu imwe ........................................................ 36
Serivisi 34 : Gusaba gukosoza imbibi cyangwa ubuso bw’Ubutaka .................................................. 37
Serivisi 35 : Gusaba ihererekanya rishingiye k’ubugure .................................................................... 38
Serivisi 36 : Gusaba ihererekanya rishingiye ku cyemezo cy’urukiko ................................................ 38
Serivisi 37 : Gusaba ihererekanya ry’ubutaka rishingiye ku izungura ............................................... 39
Serivisi 38 : Gusaba ihererekanya ry’ubutaka rishingiye ku mpano .................................................. 40
Serivisi 39 : Gusaba ihererekanya rishingiye k’ubugurane bw’ubutaka............................................ 41
Serivisi 40: Gusaba ihererekanya ry’uburenganzira k’ubutaka kubera iyimurwa ry’inyungu rusange
............................................................................................................................................................ 41
Serivisi 41: Gusaba ihererekanya rishingiye ku kwamburwa ubutaka ............................................... 42
Serivisi 42: Gusaba ihererekanya rishingiye ku ifatira ry’ ubutaka ..................................................... 43
Serivisi 43: Gusaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe kubera ifatira ry’ ubutaka ................ 44
Serivisi 44: Gusaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe k’ubutaka kubera impamvu
zibangamira ........................................................................................................................................ 45
4
Serivisi 45: Gusaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe k’ubutaka kubera impamvu zo kwatira
............................................................................................................................................................ 45
Serivisi 46: Gusaba guhindura ibyangombwa byatanzwe kera hatangwa ibishyashya ..................... 46
Serivisi 47: Gusaba guhindura uburenganzira bw’ubukode burambye k’ubutaka /uburenganzira
ngenankomyi k’umutungo bwite w’ubutaka cyangwa uburenganzira ku mutungo bwite w’ubutaka
............................................................................................................................................................ 47
Serivisi 48 : Gusaba guhindura amakuru ku bantu banditse k’ubutaka (amazina, aderesi
n’irangamimerere) .............................................................................................................................. 48
Serivisi 49: Gukosoza amazina yanditse nabi, nimero y’irangamuntu ku cyangombwa cy’ubutaka 49
Serivisi 50: Gusaba kwandikisha amakuru nyongera muri rejisitiri y’ubutaka ................................... 49
Serivisi 51: Gusaba ihererekanya ry’uburenganzira ku isangiramutungo ku nyubako (condominium)
............................................................................................................................................................ 50
Serivisi 52: Gusaba ibyangombwa byangiritse cyangwa byatakaye .................................................. 51
Serivisi 53: Gusaba iyandikisha ry’ubutaka butabaruwe .................................................................... 51
Serivisi 54: Gusaba icyangombwa cy’ubutaka kitasohotse kandi ubutaka bwarabaruwe ................. 52
Umwanzuro ................................................................................................................................................. 53
5
Icyerekezo
Akarere gafite icyerekezo cyo kwita ku mibereho myiza y’abagatuye kabaha serivisi nziza kandi
vuba badatakaje umwanya wabo wo gukora ibikorwa byo kwiteza imbere.Izo serivisi
bakazihabwa kuburyo bwiza buzira amakemwa kandi bunogeye utanga n’uhabwa serivisi.Izo
serivisi zikaba zishingiye ku nshingano z’Akarere nkuko zigaragara mu Itegeko no 87/2013 ryo
kuwa 11/09/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere y’inzego z’imitegekere y’Igihugu
zegerejwe abaturage rikaba ryarasohotse kuwa 30/10/2013 mu ngingo ya 123.
Intego zihariye z’iki gitabo
Akarere kagamije kwita ku iterambere ry’abaturage bako uhereye k’ubufatanye nyabwo
bw’abaturage n’abayobozi bako atari gusa mu bikorwa by’igenamigambi ariko cyane cyane no
gushyira mu bikorwa ibyateganijwe hitawe cyane cyane kuri ibi bikurikira:
A. Gushyira mu bikorwa politiki za Leta zemejwe
B. Gutanga serivisi zidatangirwa ku zindi nzego
C. Gukurikirana imiyoborere y’Imirenge
D. Kugena, guhuza no gushyira mu bikorwa gahunda z’amajyambere
E. Kwita ku bikorwa remezo, ibya tekiniki n’iby’imari
F. Gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guteza imbere imitangire myiza ya serivisi
zihabwa abaturage
G. Kubaka ubushobozi bw’abturage mu myumvire n’imikorere yabo ya buri munsi mu rwego
rwo kwimakaza indangagaciro y’igihe
H. Kugira ubuyobozi bubereye abaturage, bukorera mu mucyo kandi buzira ruswa n’akarengane
akariko kose.
6
Serivisi zihabwa abaturage ku rwego rw’Akarere
Serivisi 1: Gusaba uruhushya rwo gufungura ikigo cy’amashuri
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Abantu ku giti cyabo bifuza gushinga ikigo cy’ishuri bagomba
kubihererwa uruhushya n’Ubuyobozi bw’Akarere. Ibigo
by’amashuri bishingwa hashingiwe ku biteganywa n’Iteka rya
Perezida wa Repubulika n° 48/01 ryo kuwa 10/08/2009.
Uruhushya rwo gushinga Ikigo cy’amashuri rutangwa n’Ishami
rishinzwe Uburezi mu Karere hashingiweku biteganywa
n’amategeko.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri
Umunyamabanga rusange w’akarere
Ushinzwe uburezi mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibaruwa ibisaba
Igishushanyombonera cy’inyubako y’ishuri
Inyandiko y’umushinga
5 Igihe abonera igisubizo Igisubizo agihabwa mu nyandiko bitarenze ibyumweru bibiri
(2) uhereye igihe igenzura ryabereye
6 Izindi nzego agomba kureba Ubugenzuzi bukuru bw’uburezi
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kugira ngo ubashe gushinga ikigo cy’amashuri ugomba:
Kwandikira umuyobozi w’Akarere ibaruwa ibisaba, na
copi ihabwa umugenzuzi mukuru w’uburezi muri iyo
fasi, igaragaza ibyiciro by’amashuri bizahigirwa, aho
ikigo kizubakwa (Umudugudu, Akagari, Umurenge)
n’umwirondoro wa nyiri ikigo cy’amashuri (umuntu ku
giti cye, ishyirahamwe cyangwa idini)
Kugeza ibaruwa n’ibindi byangombwa bisabwa aho
bakirira amabaruwa, ku mukozi ushinzwe kwakira
abantu mu Karere
Kumvikana n’Ubuyobozi bw’Akarere kugira ngo baguhe
gahunda y’igihe bazasurira ikigo cy’amashuri.
Uwasabye agaruka kureba igisubizo aho yatangiye
ibyangombwa bye icyumweru kimwe nyuma y’isurwa
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
7
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti
www.nyamasheke.gov.rw no ku muryango w’ushinzwe Uburezi
mu Karere
Serivisi 2: Gusaba guhindurirwa ikigo cy’ishuri
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umunyeshuri wese wifuza guhindurirwa ikigo agana Akarere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri
Umunyamabanga rusange w’Akarere
Ushinzwe uburezi mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kwandika mbere y’ukwezi kugira ngo amashuri atangire
Ibaruwa isaba guhindurirwa ikigo iriho umukono
w’umuyobozi w’ikigo usaba kwimurirwaho ugaragaza
ko muri icyo kigo hari umwanya;
Kopi y’indangamanota wavanye ku kigo wifuza
kwimukaho;
Icyemezo cy’imyitwarire myiza uvana ku kigo wigagaho
5 Igihe abonera igisubizo Uwujuje ibisabwa ahabwa igisubizo mbere y’uko umwaka
w’ishuri utangira hamaze gukorwa urutonde rw’imyanya ihari
n’umubare w’abasabye
6 Izindi nzego agomba kureba Ibigo by’amashuri: aho yigaga n’aho yifuza kwimukira
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Urutonde rw’abemerewe guhindurirwa ibigo rumanikwa
ku karere mbere y’uko umwaka w’amashuri ukurikiyeho
utangira.
Abemerewe guhindurirwa ibigo bahabwa amabaruwa
bajyana ku bigo basabye.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti
www.nyamasheke.gov.rw no ku muryango w’ushinzwe Uburezi
mu Karere
8
Serivisi 3:Gusaba gucyemurirwa amakimbirane hagati y’umunyeshuri
n’ikigo cy’ishuri
1 Uhabwa Serivisi itangwa Umunyeshuri ufitanye ikibazo n’ishuri rye ariko akaba afite
impamvu zifatika zerekana ko arenganywa, ashobora gusaba
ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura bumuhuza n’Ubuyobozi
bw’ikigo cy’ishuri. Ni ngombwa ariko ko, mbere yo kwitabaza
Ubuyobozi bw’Akarere, umunyeshuri abanza kugerageza
gukemura ikibazo afitanye n’Ubuyobozi bw’ishuri ku
bwumvikane.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umunyamabanga rusange w’Akarere
Ushinzwe uburezi mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibaruwa igaragaza ikibazo yandikiwe umuyobozi
w’Akarere
Kuba agaragazako yanyuze mu nzego z’ubuyobozi
zimwegereye
Izindi nyandiko zose zisobanura uko ikibazo giteye
5 Igihe abonera igisubizo Gutangira gukurikirana ikibazo kikimenyekana uwo mwanya
Serivisi igatangwa bitarenze ibyumweru 2 bitewe n’imiterere
y’ikibazo
6 Izindi nzego agomba kureba Ishuri arega ubwaryo, nyir’ikigo,Umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Usaba serivisi akemurirwa ikibazo nyuma yo gusuzuma
imiterere yacyo hanyuma akandikirwa imyanzuro yafashwe
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti
www.nyamasheke.gov.rw no ku muryango w’ushinzwe uburezi
mu Karere
Serivisi 4: Gusaba gucyemurirwa amakimbirane hagati y’umwarimu
n’ikigocy’ishuri
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umwarimu wagize ikibazo cy’amakimbirane ashingiye ku kazi
yiyambaza Ubuyobozi bw’Akarere kugira ngo bube umuhuza
9
hagati ye n’ubuyobozi bw’ikigo akorera. Ni ngombwa ariko ko,
mbere yo kwitabaza Ubuyobozi bw’Akarere, umwarimu abanza
kugerageza gukemura ikibazo afitanye n’Ubuyobozi bw’ishuri
ku bwumvikane.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe uburezi mu Karere
Umunyamabanga w’Akarere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Umwarimu wagize ikibazo cy’amakimbirana ashingiye ku kazi
akaba yifuza ko ubuyobozi bw’Akarere buba umuhuza hagati ye
n’Ubuyobozi bw’Ikigo ashobora:
Kwandikira Umuyobozi w’Akarere ibaruwa isobanura
imiterere y’ikibazo cye;
Ibaruwa iherekejwe n’ibyangombwa by’ingenzi
bisobanura imiterere y’ikibazo igezwa aho bakirira
amabaruwa, mu bunyamabanga rusange bw’Akarere
5 Igihe abonera igisubizo Serivisi itangwa vuva bitewe n’imiterere y’ibibazo
6 Izindi nzego agomba kureba Ikigo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Hakorwa ibishoboka byose kugira ngo ibibazo
bikemurwe ku buryo bwihuse kandi bunoze
Usaba serivisi akemurirwa ikibazo nyuma yo gusuzuma
imiterere yacyo hanyuma akandikirwa imyanzuro
yafashwe
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti
www.nyamasheke.gov.rw no ku muryango w’ushinzwe uburezi
mu Karere
Service5: Gutakambira umukoresha ku cyemezo cyafashwe
1 Ibisabwa utakamba Kopi y’icyo cyemezo avuga ko kimurenganya\
Inyandiko yandikiye umukoresha atakamba cg ajurira
Ibindi bimenyetso byamurenganuro byometseho
10
Adresse ye na numero ya telefoni
2 Igihe igisubiza kibonekera Iminsi irindwi (7j)
3 Ushinzwe gutanga service Umujyanama w’Akarere mu mategeko
Umukozi ushinzwe Imiyoborere myiza no kwegereza
ubuyobozi abaturage
Umukozi wa MAJ
Umuyobozi w’Akarere
3 Uburyo amenyeshwa igisubizo Arahamagarwa akaza gufata igisubizo cg ibarwa
ikoherezwa kuri aderesi yatanze
Serivisi 6: Uburenganzira bwo gukoresha amarushanwa ya siporo
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Amarushanwa ya siporo yose akoresherezwa mu Karere agomba
kubanza kubiherwa uruhushya n’ubuyobozi bw’Akarere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umunyamabanga w’Akarere
Ushinzwe urubyiruko umuco na siporo
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugira ngo ubone uruhushya rwo gukoresha amarushanwa
ugomba:
Kwandikira Umuyobozi w’Akarere ibaruwa ibisaba
igaragaza aho amarushanwa azabera, itariki, ubwoko
bw’amarushanwa ateganyijwe
Komekaho gahunda y’amarushanwa ku ibaruwa isaba
Kubishyikiriza umukozi ushinzwe kwakira amabaruwa
ku Karere
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi 15 y’akazi
6 Izindi nzego agomba kureba Polisi y’igihugu ikorera mu Karere.
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Ubuyobozi bw’Akarere burabanza bugasaba ubufatanye
na Polisi, igisubizo kikaboneka mu gihe cy’ ibyumweru
biriri. Bukamuha igisubizo cyanditse.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
11
kumenya muryango w’ushinzwe urubyiruko, umuco na siporo mu Karere
Serivisi7: Gusaba inkunga ihabwa amashyirahamwe ya siporo, urubyiruko
n’umuco
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Amashyirahamwe ya Siporo, ay’Urubyiruko n’ay’Umuco
ashobora gusaba Akarere inkunga mu rwego rwa tekiniki, imari
cyangwa ibikoresho.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umunyamabanga w’Akarere
Ushinzwe urubyiruko umuco na siporo
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
Umunyamabanga shingwabikorwa w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibaruwa ibisaba
Inyandiko y’umushinga w’ibikenewe
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze ibyumweru bibiri
6 Izindi nzego agomba kureba Umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kugirango Amashyirahamwe ya Siporo, ay’Urubyiruko
n’ay’Umuco ashobore kubona inkunga y’Akarere agomba:
Kwandikira Umuyobozi w’Akarere ibaruwa isaba
inkunga. Iyo baruwa igomba kugaragaza inkunga
ikenewe ndetse n’uruhare rw’ishyirahamwe ubwaryo.
Kunyuza ibaruwa isaba inkunga ku Munyamabanga
Nshingwabikorwa w’Umurenge Ishyirahamwe
rikoreramo kugira ngo abyemeze.
Nyuma y’umunsi umwe ujya ku Murenge gufata ya
baruwa hamwe n’imigereka ukabishyikiriza ushinzwe
kwakira amabaruwa ku Karere.
Nyuma y’icyumweru kimwe uhabwa igisubizo
n’Akarere.
Mu gihe inkunga isabwa yerekeranye n’ibikoresho
nk’ibyumba byo gukoreramo cyangwa ibindi bikoresho
rusange, usaba mu gisubizo abona ahita amenyeshwa
niba bizaboneke ku itariki bikeneweho.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
12
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe urubyiruko, umuco na siporo mu Karere
Serivisi 8: Gusaba kwemererwa gukora ubuvuzi bwa gakondo
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Uruhushya rwo gukora ubuvuzi bwa gakondo rutangwa na
Minisitiri ufite Ubuzima mu nshingano ze. Ariko, ibaruwa
ibisaba inyuzwa ku Muyobozi w’Akarere akaba ariwe
ubyemeza.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umunyamabanga w’Akarere
Umukozi ushinzwe ubuzima mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugirango umuntu yemererwe gukora Ubuvuzi Gakondo
agomba:
Kuba afite icyemezo gitangwa n’Ikigo cy’Igihugu
gishinzwe Ubushakashatsi mu by’Ubumenyi
n’Ikoranabuhanga (IRST) cyemera ubwoko bw’ibyatsi
buzakoreshwa.
Kwerekana urutonde rw’ibimera n’ibihingwa bivamo
imiti ya Gakondo bizakoreshwa.
Icyemezo gitangwa n’Umudugudu, Akagari n’Umurenge
by’aho yifuza gukorera.
Kwandikira ibaruwa ibisaba Minisitiri ufite Ubuzima mu
nshingano ze binyujijwe ku Muyobozi w’Akarere
Kubigeza aho bakirira amabaruwa mu Karere
5 Igihe abonera igisubizo Iminsi cumi n’itanu (15)
6 Izindi nzego agomba kureba Umudugudu, akagari, umurenge, Minisiteri y’ubuzima, IRST
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi cumi n’itanu (15) uwasabye agaruka
kureba ko ibaruwa ye yemejwe n’Umuyobozi w’Akarere
hanyuma akayijyana muri Minisiteri ifite Ubuzima mu
nshingano zayo akayishyira aho bakirira amabaruwa
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
13
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubuzima mu Karere
Serivisi 9: Gusaba uruhushya rwo gufungura iguriro ry’imiti, ibitaro, ivuriro
ry’ibanze cyangwa raboratwari byigenga
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Uruhushya rwo gufungura iguriro ry’imiti, ibitaro, ivuriro
ry’ibanze cyangwa raboratwari rusabwa Minisitiri ufite Ubuzima
mu nshingano ze binyujijwe ku Muyobozi w’Akarere.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umunyamabanga w’Akarere
Umukozi ushinzwe ubuzima mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho
myiza y’abaturage
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugira ngo uhabwe uruhushya rwo gufungura iguriro ry’imiti,
ibitaro, ivuriro ry’ibanze cyangwa raboratwari usabwa:
Kwandikira Minisitiri ufite Ubuzima mu nshingano ze
ibaruwa ibisaba inyujijwe ku Muyobozi w’Akarere
Komekaho Impamyabushobozi ziriho umukono wa
Noteri z’abifuza gufungura iguriro ry’imiti, ibitaro,
ivuriro ry’ibanze cyangwa raboratwari, ndetse
n’umwirondoro wabo
Inyandiko zigaragaza aho usaba yifuza gukorera
igikorwa (Akarere, Umurenge, Akagari n’Umudugudu)
Kubigeza aho bakirira amabaruwa mu Karere.
Kuvugana n’Akarere gahunda ijyanye n’igenzura.
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi itanu
6 Izindi nzego agomba kureba Umudugudu, Akagari, Umurenge, Minisiteri y’ubuzima
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi itanu (5) uwasabye agaruka kureba ko
ibaruwa ye yemejwe n’Umuyobozi w’Akarere hanyuma
akayijyana muri Minisiteri ifite Ubuzima mu nshingano
zayo akayishyira aho bakirira amabaruwa muri
Minisiteri
14
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubuzima mu Karere
Serivisi 10: Kwakira no gukemura ibibazo by’abaturage
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuturage wese ufite ikibazo kitakemukiye mu nzego
z’Umudugudu, Akagari cyangwa Umurenge agishyikiriza ufite
imiyoborere myiza mu nshingano ze ku rwego rw’Akarere
akabimufashamo.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe imiyoborere myiza
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Umunsi umwe w’akazi mu cyumweru mu masaha y’akazi
(bitewe n’umunsi Akarere kahisemo)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ikaye yerekana uko ikibazo cyagiye gisuzumwa uko inzego
zikurikirana (Umudugudu, Akagari, Umurenge)
5 Igihe abonera igisubizo Serivisi itangwa vuba bitewe n’uburemere bw’ikibazo
6 Izindi nzego agomba kureba Umudugudu, Akagari n’Umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Ikibazo kimaze kugezwa ku mukozi ushinzwe imiyoborere
myiza mu Karere, uyu yiha igihe cyo gukurikirana icyo kibazo
no kuba yatanze igisubizo gikwiye, bitewe n’uko ikibazo giteye.
Iki gihe yihaye kimenyeshwa uwaje gusaba kurenganurwa.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere
Serivisi 11: Gusaba gusubizwa amafaranga y’ikirenga ku musoro
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Uwatanze amafaranga y’ikirenga ku musoro runaka, ashobora
gusaba gusubizwa amafaranga y’ikirenga yatanze.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Umunyamabanga rusange w’Akarere
Ushinzwe imisoro n’amahoro mu Karere
Ushinzwe imari mu Karere
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere
15
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibaruwa ibisaba
Impapuro zigaragaza ko wishyuye uwo musoro. Izi
mpapuro uzihabwa na banki wishyuriyeho umusoro.
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi 2
6 Izindi nzego agomba kureba Bankiy’usaba serivisi
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Usaba gusubizwa amafaranga y’ikirenga yishyuye ku musoro
agomba:
Kwandika ibaruwa ibisaba yandikiwe Umuyobozi
w’Akarere igaragaza ubwoko bw’umusoro n’amafaranga
asaba gusubizwa.
Gushyikiriza umukozi ushinzwe kwakira amabaruwa ku
Karere ibaruwa iherekejwe n’impapuro zigaragaza ko
wishyuye uwo musoro.
Nyuma y’iminsi ibiri uwasabye gusubizwa amafaranga
y’ikirenga ajya ku Karere gufata sheki y’amafaranga
y’ikirenga agomba gusubizwa.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe Imari cg ushinzwe imisoro n’amahoro
mu Karere
Serivisi 12: Gusaba kwishyurwa serivisi ba rwiyemezamirimo bahaye
Akarere
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Kwishyurwa amafaranga kuri serivisi zahawe Akarere bikorwa
hashingiwe ku masezerano yakozwe hagati y’Akarere
n’uwatanze serivisi.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe imari
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
16
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisif Inyandiko y’uwatanze serivisi isaba kwishyurwa
yometsweho ibi bikurikira:
Amasezerano yerekeranye n’itangwa rya serivisi
Raporo y’igenzura ry’uko serivisi yatanzwe
Inyandiko isaba itangwa rya serivisi,
Ibaruwa imenyesha uwatsindiye isoko,
Icyemezo kigaragaza ko uwatsinsidiye isoko ryo gutanga
serivisi yiyemeje kuzarirangiza
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi itatu igenzura ry’imirimo rikozwe
6 Izindi nzego agomba kureba Ibigo bitandukanye bifite aho bihuriye na serivisi yatanzwe
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Nyuma y’uko ibikoresho cyangwa serivisi bitanzwe, uwabitanze
agomba kwishyurwa hakurikijwe amasezerano:
Raporo y’Ishami ryahawe serivisi igaragaza ko serivisi
yatanzwe. Iyo isoko rirebana n’inyubako, ishami bireba
ribanza gukora igenzura mbere yo gukora raporo.
Gushyikiriza umukozi ushinzwe kwakira amabaruwa
inyandiko isaba kwishyurwa iherekejwe na raporo y’uko
igikorwa cyakozwe n’amasezerano yerekeranye
n’itangwa rya serivisi
Afatanyije n’Ishami rirebwa na serivisi, Umukozi
ushinzwe Imari areba niba ibikubiye mu masezerano
byarubahirijwe hamwe na raporo y’itangwa rya serivisi.
Iyo ibikubiye mu masezerano byubahirijwe kandi
bigaragazwa na raporo, atangira igikorwa cyo kwishyura,
nyuma y’iminsi itatu uwishyuza aza gufata sheki
y’amafaranga yishyuza.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe Imari mu Karere
17
Serivisi 13: Gusaba guteza icyamunara imitungo yatanzweho ingwate muri
banki
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Iyi serivisi ihabwa Banki zifuza guteza icyamunara imitungo
yatanzweho ingwate. Kugira ngo Banki zibashe kubona iyi
serivisi, ziyambaza Noteri w’Akarere.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Noteri w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Mu gihe serivisi isabwe cyamunara ikorwa hisunzwe amategeko
ayigenga
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Inyandiko ya Banki isaba Umuhesha w’Inkiko guteza
cyamunara
Inyandikompesha iteyeho kashempuruza
Itangazo rimenyesha itezwa rya cyamunara risinyweho
n’Umuhesha w’Inkiko ashingiye kuri ordonnance ya juji
Amasezerano y’inguzanyo ya Banki
5 Igihe abonera igisubizo Mu gihe cyagenwe n’amategeko iyo ibisabwa byuzuye
cyamunara irakorwa
6 Izindi nzego agomba kureba Inkiko
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Iyo uwasabye inguzanyo kuri Banki atabashije
kuyishyura, Banki isaba Urukiko rubifitiye ububasha
uburenganzira bwo guteza icyamunara umutungo
watanzweho ingwate.
Iyo Urukiko rumaze gutanga uburenganzira, Banki isaba
ko hakorwa icyamunara.
Banki yandikira Akarere imenyesha icyifuzo cyo guteza
icyamunara imitungo yatanzweho ingwate, igasaba
Noteri ko abyemeza abishyiraho umukono.
Iyo Noteri amaze kubishyiraho umukono, bihinduka
itangazo rikamanikwa ku biro by’Akarere, ku biro
by’Umurenge umutungo ugurishwa uherereyemo, ku
biro bya Banki, ku mutungo utezwa cyamunara no mu
bitangazamakuru bitewe n’agaciro k’imitungo itezwa
icyamunara. Mu minsi cumi n’itanu uhereye umunsi
itangazo ryashyiriwe ahagaragara, Banki ifatanyije na
Noteri bateza icyamunara aho umutungo watanzweho
ingwate uherereye.
Umunsi w’icyamunara Noteri w’Akarere agena igiciro
fatizo cy’icyamunara. Icyamunara kiba iyo hari nibura
abaguzi batanu biyandikishije.
18
Uwatanze igiciro kiri hejuru niwe wegukana umutungo
wagurishijwe mu cyamunara akumvikana na Banki
uburyo bwo kwishyura.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe Imari mu Karere
Serivisi 14: Gusaba gushyira umukono ku masezerano y’ubugure
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Kugira ngo Amasezerano y’ubugure agire agaciro imbere
y’amategeko ashyirwaho umukono na Noteri w’Ubutaka.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Noteri w’Ubutaka ku Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Nibura iminsi ibiri mu cyumweru (biterwa na gahunda y’akazi
yagenwe n’Akarere)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi
Amafaranga yo kwishyura serivisi zitangwa na Noteri
w’ubutaka, yishyurwa kuri banki bakaguha inyandiko
igaragaza ubwishyu
Amasezerano y’umwimerere
Inyandiko isobanura neza icyaguzwe
5 Igihe abonera igisubizo Serivisi ntirenza umunsi umwe
6 Izindi nzego agomba kureba Banki
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kugira ngo Noteri w’ubutaka ashyire umukono ku masezerano
y’ubugure:
Kujya kuri Banki cyangwa ku mukozi w’Akarere
ushinzwe kwakira amafaranga ukishyura amafaranga
ahwanye n’umubare wa kopi wifuza ko Noteri
w’ubutaka ashyiraho umukono.
Gushyikiriza, mbere ya saa yine za mugitondo, umukozi
ushinzwe kwakira amabaruwa ku Karere Customer care
wa ‘’ONE STOP CENTRE’’amasezerano
y’Umwimerere, inyandiko isobanura neza icyaguzwe
n’inyandiko igaragaza ubwishyu.
Kugaruka ku Karere nyuma ya saa munani gufata
19
amasezerano y’ubugure yashyizweho umukono na
Noteri w’ubutaka .
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ibiro bya Noteri w’ubutaka ku Karere
Serivisi 15: Gusaba gushyira umukono ku masezerano y’inguzanyo
yatanzwe na banki
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Kugira ngo amasezerano y’inguzanyo yatanzwe na Banki agire
agaciro imbere y’amategeko ashyirwaho umukono na Noteri.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Noteri w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Nibura iminsi ibiri mu cyumweru (Mercredi et Vendredi)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugira ngo Noteri ashyire umukono ku masezerano
y’inguzanyo:
Kumvikana na Banki ku bijyanye no kwishyura
amafaranga ya serivisi zitangwa na Noteri.
Kujyana amasezerano y’inguzanyo y’umwimerere
aherekejwe na kopi y’indangamuntu y’uwo
mwashakanye n’inyandiko igaragaza ko wishyuye
amafaranga ya serivisi zitangwa na Noteri
ukabishyikiriza umukozi ushinzwe kwakira amabaruwa
ku Karere.
Uwasabye inguzanyo, uwo bashakanye n’umukozi wa
Banki ushinzwe inguzanyo bajya kwa Noteri gushyira
Umukono ku masezerano y’inguzanyo.
Amafaranga yo kwishyura serivisi zitangwa na Noteri,
yishyurwa kuri banki bakaguga inyandiko igaragaza
ubwishyu
Amasezerano y’umwimerere yerekana imiterere
y’inguzanyo
Indangamuntu
Icyemezo cy’umutungo watanzweho ingwate
20
5 Igihe abonera igisubizo Servisi ntirenza amasaha abiri
6 Izindi nzego agomba kureba Banki
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Iyo noteri amaze gushyira umukono ku masezerano
y’inguzanyo, uwasabye inguzanyo ashobora gutwara
kopi ze.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango wa Noteri w’Akarere
Serivisi 16: Gusaba gushyira umukono kuri stati y’amashyirahamwe,
amakoperative n’imiryango itegamiye kuri Leta
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Amashyirahamwe anyuranye (Associations, Cooperatives,
Enterprises, NGOs) asabwa gushyirisha umukono wa Noteri kuri
stati ziyagenga kugira ngo atangire gushaka ubuzima gatozi.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Noteri w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Nibura iminsi ibiri mu cyumweru (Mecredi et Vendredi)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Amafaranga yo kwishyura serivisi zitangwa na Noteri,
yishyurwa kuri banki bakaguha inyandiko igaragaza
ubwishyu.
Inyandiko z’umwimerere z’amategeko (Sitati)
Abanyamuryango shingiro kuba bahari kandi bafite
ibibaranga
Inyandiko-mvugo z’inama zashyizeho ishyirahamwe.
N.B: Iyo abagize umuryango cg ishyirahamwe ari
benshi Noteri ashobora kubasinyishiriza ahabegereye.
5 Igihe abonera igisubizo Iyo ibisabwa byose byuzeye serivisi ntirenza iminsi itatu
6 Izindi nzego agomba kureba Banki, Ushinzwe amakoperative mu Karere, Umukozi wa JADF
mu Karere
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Gushyikiriza umukozi ushinzwe kwakira amabaruwa ku
Karere kopi y’amategeko ngengamikorere
Uwo mukozi nawe ashyikiriza Noteri inyandiko
21
zisabirwa gushyiraho umukono we
Noteri arayasoma, akayakosora hanyuma akabara
amafaranga agomba kwishyurwa
Nyuma y’iminsi ibiri, uhagarariye ishyirahamwe
ashobora kuza kwishyura amafaranga asabwa no gufata
amategeko ngengamikorere akososye
Amafaranga yishyurwa kuri banki ariko ashobora
kwishyurwa ku Karere ku mukozi ushinzwe kwakira
amafaranga nawe agatanga inyemezabwishyu
Ishyirahamwe, rihereye ku mbanzirizamushinga
y’amategeko ngengamikorere ikosoye, rirayakosora
nk’uko byasabwe na Noteri.
Ishyirahamwe rikora kopi enye z’amategeko ngenga
akosoye hanyuma rikayashyikiriza umukozi ushinzwe
kwakira amabaruwa ku Karere hamwe na ya kopi
yakosowe na Noteri ndetse n’icyemezo kigaragaza ko
yishyuye amafaranga atangwa kuri serivisi zitangwa na
Noteri kugira ngo ashyirweho umukono wa Noteri
Uhagarariye ishyirahamwe ashobora kugaruka ku munsi
ukurikiraho gusaba umunsi azaziraho hamwe n’abandi
banyamuryango gushyira umukono kuri ayo mategeko.
Ku munsi bahawe abanyamuryango bose baza gushyira
umukono ku mategeko ngenga imbere ya Noteri bose
bitwaje irangamuntu zabo
Iyo abanyamuryango bose bamaze gushyiraho umukono,
Noteri nawe ashyira umukono kuri kopi enye zayo
mategeko
Iyo Noteri amaze kuyashyiraho umukono, umuyobozi
w’ishyirahamwe ashobora kuza guyafata ku mukozi
ushinzwe kwakira amabaruwa ku Karere.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango wa Noteri w’Akarere
22
Serivisi 18: Gusaba uruhushya rwo gucukura amabuye y’agaciro cyangwa
kariyeri
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wifuza gucukura amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri,
mu gihe urwo ruhushya rusabwa rugomba gukoreshwa ahantu
h’ubuso burenze kimwe cya kabiri cya hegitari kandi butarenga
hegitari imwe, agomba kubanza kubiherwa uruhushya
n’ubuyobozi bw’akarere bubishinzwe. Impapuro zisaba
uburenganzira bwo gucukura zishyikirizwa kandi zikemezwa
n’Akarere.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe kubungabunga ibidukikije mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi 2 mu cyumweru mu masaha y’akazi (kuwa mbere no
kuwa gatanu)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugira ngo uhabwe uruhushya rwo gucukura amabuye cyangwa
umucanga ugomba:
Kwandika ibaruwa ibisaba
Kwerekana ikarita yerekana imiterere yahazacukurwa
Gutanga inyandiko isobanura imiterere y’umushinga
Ku bikorwa by’imishinga bizakorwa ku buso burengeje
hegitari imwe, kugaragaza inyigo yakozwe ku ngaruka
ibikorwa byagira ku bidukikije
Iyemezabwishyu
Icyemezo cy’uko ikigo kizacukura cyemewe
n’amategeko
5 Igihe abonera igisubizo Servisi ntirenza icyumweru kimwe
6 Izindi nzego agomba kureba RDB, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Jewoloji na Mine, Minisiteri
y’umutungo kamere
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Uwujuje ibisabwa ahabwa Iyemezabwishyu n’uruhushya rwo
gucukura amabuye y’agaciro na kariyeri
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ibidukikije mu Karere
23
Serivisi 19: Gusaba uruhushya rwo gushyira ibyapa byamamaza
n’ibimenyetso ndangahantu
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Uwo ari we wese wifuza gushyira ibyapa byamamaza cyangwa
ibimenyetso ndangahantu agomba kubanza kubisabira uruhushya
ku buyobozi bw’Akarere biherereyemo.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ibikorwaremezo
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Nibura iminsi ibiri mu cyumweru (Biterwa na gahunda y’akazi
yagenwe n’akarere)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Amafaranga y’ubukode yishyurwa kuri konti iri muri
banki,
Ibaruwa isaba ikubiyemo imiterere,
Ingano y’ahazashyirwa ibyapa byamamaza cyangwa
ibimenyetso ndangahantu
5 Igihe abonera igisubizo Servisi ntirenza ibyumweru bibiri
6 Izindi nzego agomba kureba Banki, Akagari n’Umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kugira ngo ubone uruhushya rwo gushyiraho icyapa cyamamaza
cyangwa ikimenyetso ndangahantu ugomba:
Kwandikira umuyobozi w’Akarere ibaruwa ibisaba
yerekana intego yo kwamamaza cyangwa kuranga,
ubwoko bw’icyapa cyamamaza cyangwa ikimenyetso
ndangahantu kizakoreshwa (igisanzwe cyangwa
igikoreshwa n’amashanyarazi), aho kizashyirwa n’uko
kizaba kingana
Kwishyura amafaranga y’ubukode kuri konti y’akarere
muri banki iyo ariyo yose,
Kugeza ibaruwa isaba aho bakirira amabaruwa mu
karere,
Kumvikana n’umukozi w’akarere ubishinzwe kuri
gahunda yo kugenzura aho igikorwa kizashyirwa
Kugaruka gufata aho watanze dosiye yawe igisubizo
nyuma y’ibyumweru bibiri kureba niba warahawe
uruhushya.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
24
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
Kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ibikorwa remezo mu Karere
Serivisi 20: Gusaba uruhushya rwo gukodesha ubutaka by’igihe kirekire
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Amasezerano yo gukodesha ubutaka yerekana imisoro cyangwa
amafaranga y’ubukode agomba kwishyura ku butaka runaka
(bitewe n’aho buri n’icyiciro burimo) ibyo bigatuma
nyir’ubutaka yishyura imisoro n’ubukode bikwiye. Nyuma
y’igihe kigenwe na nyuma yo kubahiriza ibyumvikanyweho
amasezerano y’igihe kirekire ashobora guhindurwamo
kwegukana ubutaka. Gukodesha ubutaka by’igihe kirekire
bigengwa n’Iteka rya Perezida No 30/01 ryo ku wa
29/06/2007rigena imyaka ikurikizwa mu gukodesha ubutaka.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Amafaranga y’ubukode yashyizweho n’Iteka rya
Minisitiri No 01/03 of 17/02/2003. Ibi biciro bishingira
aho ubutaka buherereye n’icyiciro ubutaka bukodeshwa
burimo, urugero ubutaka bwo guturamo, gucururizamo,
gushyiramo inganda cyangwa kororeramo.
Ibaruwa ibisaba yometseho ifishi y’imiterere y’ubutaka,
yaba ntayo ukayishaka mbere yo kugira amasezerano yo
gukodesha ubutaka.
Inyemezabwishyu y’amafaranga y’ubukode
Kopi y’irangamuntu n’amafoto abiri (2) magufi ya nyiri
ugusaba serivisi.
5 Igihe abonera igisubizo Iyo ibisabwa byuzuye servisi ntirenza iminsi itatu
6 Izindi nzego agomba kureba Banki, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo kamere,ishami
ry’ubutaka, REMA
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kubona uruhushya rwo gukodesha ubutaka igihe kirekire
bikorwa ku buryo bukurikira:
Kwandikira umuyobobozi w’Akarere ibaruwa ibisaba
igaragaza aho ubutaka ushaka gukodesha buri, ingano
25
yabwo yometseho inyigo isesenguye y’igikorwa
kizahakorerwa, kopi y’irangamuntu, amafoto abiri
magufi, ukayigeza aho bakiririra amabaruwa ku karere.
Kubarisha ku mukozi ushinzwe ubutaka amafaranga
y’ubukode cyangwa y’imisoro igomba kwishyurwa
hanyuma ukajya kuyishyura muri banki cyangwa
kumucungamari w’akarere.
Umaze kugeza impapuro zisabwa zose ku Karere,
amasezerano yo gukodesha akorwa bitarenze iminsi itatu
(3).
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubutaka mu Karere
Serivisi 21: Kwandikisha ubutaka no gusaba icyemezo cy’ikibanza (fiche
cadastrale)
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuturage wifuza kubaka abanza kwandikisha ikibanza maze
agahabwa icyemezo cy’ikibanza (fiche cadastrale)
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere
ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Nibura iminsi ibiri mu cyumweru (biterwa na gahunda y’akazi
yagenwe n’akarere)
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Serivisi yishyurwa amafaranga agenwa n’itegeko
Ibaruwa yandikiwe umuyobozi w’Akarere isaba
gutererwa imbago iherekejwe
N’inyandiko y’ubugure cyangwa icyemezo cy’umurage
iyo wabirazwe, cyangwa ikindi cyemezo cyose kerekana
ko umutungo ari uwawe gitanzwe n’Umurenge
Kopi y’irangamuntu n’icyemezo cy’uko washatse
cyangwa uri ingaragu.
5 Igihe abonera igisubizo Nyuma y’iminsi irindwi uhereye igihe watangiyeho
ibyangombwa byose bisabwa
26
6 Izindi nzego agomba kureba Banki, Umurenge, Akagari, Umudugudu
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Kwandikira muyobozi w’Akarere ibaruwa isaba
gutererwa imbago, yerekana aho ikibanza giherereye
n’uko kingana
Umukozi ushinzwe ubutaka akaguha gahunda y’igihe
azazira kugenzura imiterere y’ikibanza.
Hagati aho ushaka inzobere mu gupima imiterere
y’ubutaka (ukamwiyishyurira) kugira ngo ku munsi
w’igenzura azapime ikibanza agikorere ifishi yerekana
imiterere yacyo kandi atere imbago.
Kujya kwishyura kuri banki amafaranga ya ngombwa yo
gutera imbago
Ku munsi w’igenzura ry’ikibanza, abaturanyi/abafite
ubutaka mwegeranye bagomba kuba bahari. Nyuma
y’ipimwa ry’ikibanza imbago zihita ziterwa n’imiterere
yacyo igashushanywa
Umukozi ushinzwe ubutaka akora raporo izakoreshwa
mukwemeza imiterere y’ikibanza
Icyemezo cy’ikibanza ubundi cyemezwa mu minsi
irindwi uhereye igihe ibyangombwa byose harimo
n’ubwishyu byamaze gutangwa.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubutaka mu Karere
Serivisi 22: Kwegurira undi muntu inyubako
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Kugurisha cyangwa kwegurira undi muntu inyubako bigomba
kwemezwa n’ubuyobozi bw’akarere bubifitiye ubushobozi kandi
ihererekanya ry’umutungo rikurikije amategeko rikabikwa mu
karere.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka
Ushinzwe ibikorwa remezo
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
27
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Amafaranga y’iherekanyamutungo agenwa na njyanama
y’akarere
5 Igihe abonera igisubizo Iminsi makumyabiri n’umwe (21) kugira ngo hakorwe isuzuma
risesuye.
6 Izindi nzego agomba kureba Noteri w’Akarere
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Iyo ushaka kwegurira undi muntu umutungo ugomba:
Kwandikira ibaruwa ibisaba Umuyobozi w’Akarere
Kugeza mu biro by’umukozi ushinzwe kwacyira
amabaruwa mu Karere ibaruwa isaba yometseho
amaserano y’ubugure cyangwa inyandiko yerekana ko
wahawe umutungo biriho umukono wa noteri,
raporo y’isuzumwa ry’umutungo yakozwe n’Akarere
n’inyemezabwishyu y’amafaranga asabwa.
Kugaruka gufata igisubizo aho watanze idosiye ku karere
nyuma y’iminsi 21 uhereye igihe watangiyeho idosiye
yuzuye.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubutaka mu Karere
Serivisi 23: Gusaba uburenganzira bwo kubaka inzu
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Kubaka inzu mu kibanza bisabirwa uruhushya mu biro
by’Akarere bishinzweibikorwaremezo
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Amafaranga y’uruhushya rwo kubaka abarwa
hakurikijwe ubuso bw’ahazubakwa (ibiciro biterwa
n’aho ubutaka buhererye kandi bigashyirwaho
n’inamanjyanama y’akarere)
28
Ibaruwa isaba yandikiwe umuyobozi w’akarere
igaragaraza imiterere y’ubwoko bw’inzu igomba
kubakwa, yometsweho
Kopi eshatu (3) z’igishushanyo cy’inyubako,
Icyemezo cy’ubutaka,
Amasezerano yo gukodesha ubutaka y’igihe kirekire,
Inyemezabwishyu y’amafaranga asabwa,
Kopi eshatu (3) z’inyandiko yerekana amafaranga
ateganywa gukoreshwa mu kubaka hamwe n’inyandiko
yerekana ibikoresho byose bizakoreshwa mu bwubatsi.
5 Igihe abonera igisubizo Ntibirenza ibyumweru bitatu
6 Izindi nzego agomba kureba Umurenge, Akagari, Umudugudu
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Kwandikira ibaruwa isaba umuyobozi w’Akarere
yerekana imiterere y’inzu igomba kubakwa, Umurenge,
Akagari n’Umudugudu izaba irimo ukayigeza mu biro
ushinze ubutaka.
Umukozi ushinzwe ubutaka afatanyije n’ushinzwe
ibikorwaremezo akora gahunda yo gusura ahazubakwa.
Hagati aho ugomba kujya ku mucungamari w’Akarere
akakubarira amafaranga agomba kwishyurwa
(hashingiwe ku buso w’ikibanza cyizubakwaho no ku
giciro kuri metero kare nk’uko cyemejwe n’inama
njyanama y’akarere).
Kujya kuri banki kwishyura amafaranga asabwa.
Kugeza izo impapuro zose harimo n’inyemezabwishyu
y’amafaranga agomba kwishyurwa aho bakirira
amabaruwa mu karere
Igenzura ry’ahazubakwa rikorwan’ushinzwe ubutaka
afatanyije n’ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere mu
gihe cyagenwe yasanga byose biri ku murongo agakorera
raporo umuyobozi w’ibiro bishinzwe ubutaka kugira ngo
afate icyemezo cyo kwemera uruhushya rwo kubaka.
Bitarenze ibyumweru bitatu ujya gufata uruhushya rwo
kubaka mu biro bishinzwe ubutaka.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
29
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubutaka mu Karere
Serivisi 24:Gusaba uruhushya rwo kubaka umunara w’itumanaho
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Kubaka umunara w’itumanaho bisabirwa uruhushya mu
buyobozi bw’Akarere aho uherereye
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe Ibikorwaremezo
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Uruhushya rwishyurwa amafaranga 50 000 rwf
Ibindi biguzi birimo amafaranga 80 rwf kuri metero kare
imwe y’ubutaka ukurikije igiciro cy’amasezerano yo
gukodesha ubutaka ku nyungu z’ubucuruzi, 30 000 Frw
by’uburuhushya rwo kubaka
Ibaruwa ibisaba yandikiwe umuyobozi w’Akarere
Amasezerano y’ubugure bw’ahazubakwa
Icyemezo cy’ubutaka
Igishushanyo cyerekana imiterere y’ahazubakwa
Inyemezabwishyu y’amafaranga asabwa
5 Igihe abonera igisubizo Servisi ntirenza iminsi itatu
6 Other institutions involved/Izindi
nzego agomba kureba
Banki, Akagari, Umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kubona uruhushya rwo kubaka umunara w’itumanaho bikorwa
ku buryo bukurikira:
Kwandikira umuyobozi w’Akarere ibaruwa isaba
yerekana umurenge n’ akagari ushaka kubakamo
yometseho inyandiko zavuzwe hejuru.
Kumvikana n’umukozi ushinzwe ubutaka igihe azakorera
igenzura ry’ahazubakwa
Igenzura rirakorwa na raporo igahita yandikwa.
Hakurikiraho kwishyura kuri banki cyangwa ku
mucungamari w’akarere amafaranga yabazwe kugira ngo
ubone uruhushya rwo kubaka no kubona amasezerano yo
gukodesha ubutaka umwaka wa mbere.
30
Iyo raporo y’igenzura yerekanye ko nta mbogamizi
zihari, umuyobozi w’akarere aguha uruhushya rwo
kubaka mu minsi itatu (3).
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere
Serivisi 25: Gusaba uruhushya rwo gukorera mu nyubako nshya
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Iki ni icyemezo cyemerera umuntu gukorera mu nyubako nshya
imaze kugenzurwa n’ubuyobozi bw’Akarere.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari
n’iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi w’akazi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Uruhushya rwo gukorera mu nyubako nshya rwishyurwa
amafaranga 20 000 Frw
Ibaruwa isaba uruhushya
Raporo y’igenzura ryakozwe n’umukozi w’Akarere
ubushinzwe
Inyemezabwishyu y’amafaranga asabwa.
5 Igihe abonera igisubizo Servisi ntirenza iminsi mirongo itatu (30)
6 Izindi nzego agomba kureba Banki
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Kubona uruhushya rwo gukorera mu nyubako nshya bikorwa ku
buryo bukurikira:
Kwishyura amafaranga y’uruhushya kuri konti
y’Akarere muri banki
Kwandikira umuyobozi w’Akarere ibaruwa isaba
uruhushya gukorera mu nyubako nshya
Kugeza ibaruwa isaba iherekejwe n’inyemezabwishyu
y’amafaranga asabwa ku biro bishinzwe kwakira
amabaruwa ku karere
31
Kwemeranya n’umukozi w’akarere umunsi wo
gukoreraho igenzura ku nyubako
Ku munsi bemeranyijweho umukozi w’akarere ajya
gukora igenzura, agakora raporo ariyo izashingirwaho
baguha uruhushya cyangwa barukwima
Iyo inyubako ari inzu isanzwe (iciriritse) ugaruka ku biro
by’aho watanze ibyangombwa gufata uruhushya nyuma
y’iminsi cumi n’itanu (15) uhereye igihe watangiyeho
ibyangombwa byuzuye. Iyo ari inyubako igizwe n’amazu
agerekeranye (igorofa/umuturirwa) uruhushya ruboneka
nyuma y’iminsi mirongo itatu (30).
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere
Serivisi 26: Gusaba ubwunzi hagati y’umukozi n’umukoresha
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Iyo habaye impaka ku kazi hagati y’umukoresha n’umukozi
zitabashije gukemuka, rumwe mu mpande bireba rushobora
gusaba umugenzuzi w’umurimo ku Karere kubafasha
kuzikemura.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe ubugenzuzi bw’umurimo
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ikarita y’akazi
Ibaruwa isezerera umukozi ku kazi iyo yirukanywe
Amasezerano y’umurimo
Icyemezo cy’amafaranga y’imperekeza iyo hari ayo
wabonye
Ikindi cyemezo icyo aricyo cyose gihamya ko wari
umukozi w’icyo kigo/umukoresha runaka,
5 Igihe abonera igisubizo Servisi itangwa vuba bitewe n’imiterere y’ikibazo
6 Izindi nzego agomba kureba Inkiko
32
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Hari uburyo 2 bwo gusaba ko umuntu akemurirwa impaka:
Ushobora kwandikira ibaruwa umugenzuzi w’umurimo
isobanura neza imiterere y’kibazo cyawe cyangwa
ugasaba mu magambo ko impaka mufitanye zakemurwa.
Nyuma yo gutanga ikibazo cyawe, umugenzuzi
w’umurimo aracyandika, hanyuma agatumira impande
zirebwa n’izo mpaka kugira ngo baze kuganira kuri icyo
kibazo, mu biro bishinzwe ubugenzuzi bw’umurimo ku
Karere.
Inama ishobora gutanga imyanzuro itatu ikurikira:
Abarebwa n’impaka bashobora kumvikana ku myanzuro
yafatiwe impaka zabo, abarebwa n’impaka bashobora
kumvikana kuri imwe mu myanzuro yafatiwe ikibazo
cyangwa ntibumvikane na busa ku myanzuro yafatiwe
icyo ikibazo.
Iyo bumvikanye kuri byose impande zombi zisabwa
kumvikana igihe bazagarukira kurangiza ibyo
bumvikanyeho. Iyo bumvikanye ku gice cy’imyanzuro
cyangwa batumvikanye na busa, umugenzuzi
w’umurimo akora inyandiko yerekana ibyavuye mu
nama yahuje impande bireba akayibashyikiriza.
Abatishimiye imyanzuro bitabaza inkiko bitwaje
inyandiko yakozwe n’umugenzuzi w’umurimo kuri icyo
kibazo.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubugenzuzi bw’umurimo mu Karere
Serivisi 27: Gusaba inama ku mategeko agenga umurimo
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umukoresha cyangwa umukozi ashobora gusaba amakuru ku
mategeko agenga umurimo kugira ngo amenye uburenganzira
bwe ku kazi.
33
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe Ubugenzuzi bw’umurimo
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugira ngo ubone amakuru ku mategeko agenga umurimo
ugomba gusaba guhura n’umugenzuzi w’umurimo kugira ngo
aguhe ibisobanuro wifuza cyangwa ukamuhagara kuri telefoni
kugira ngo aguhe ibisobanuro ako kanya.
5 Igihe abonera igisubizo Serivisi itangwa ako kanya
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Serivisi itangwa ako kanya
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubugenzuzi bw’umurimo mu Karere
Serivisi 28: Gusaba igitabo gikubiyemo ibisabwa mu rwego rw’amasoko y’
ibikoresho na serivisi
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Amasoko y’Akarere arengeje 1 000 000 frw agomba gucishwa
mu kanama k’amasoko ku Karere nk’uko biteganyijwe mu Iteka
rya Minisitiri no 001/08/10 of 16/01/2008 rishyiraho amabwiriza
agenga itangwa ry’amasoko ya Leta. Abifuza gupiganirwa bene
ayo masoko, babimenyeshwa binyuze mu matangazo yerekana
ibisabwa kugira ngo upiganwe.
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe Amasoko ya Leta mu Karere
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere
Umuyobozi w’Akarere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi mu masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiciro by’igitabo gikubiyemo ibisabwa kigura hagati
y’amafaranga 10,000 frw kugeza kuri 20,000 frw
adasubizwa yishyurwa kuri konti y’Akarere iri muri
Banki
5 Igihe abonera igisubizo Ako kanya uje kubisaba yitwaje icyemeza koyishyuye
6 Izindi nzego agomba kureba Banki
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi Kubona igitabo gikubiyemo ibisabwa mw’itanga ry’isoko
34
yatanzwe bikorwa ku buryo bukurikira:
Gusoma itangazo ribimenyesha mu binyamakuru
Kugura igitabo gikubiyemo ibisabwa ku mukozi
ushinzwe amasoko ku Karere.
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Kwandikira Umuyobozi w’Akarere usaba guhabwa
igisubizo; Mu gihe kitabonetse na none,
Kubimenyesha Inama Njyanama y’Akarere mu nyandiko
cyangwa bibwiwe umwe mu bagize Inama Njyanama
y’Akarere
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku rubuga rwa interineti no ku
muryango w’ushinzwe ubugenzuzi bw’umurimo mu Karere
Serivisi 29: Gusaba uburenganzira bwo kubaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa byo kubaka muri ako
Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe Ubutaka, Ibikorwaremezo n’imiturire
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Iyi serivisi irishyurwa, agaciro kayo gatandukana bitewe
n’aho ari ho. (Umujyi cyangwa icyaro)
Icyemezo cy’umutungo;
Amasezerano y’ubugure;
Igishushanyo mbonera cy’inyubako izubakwa;
Bornes z’ikibanza;
Inyandiko isaba uburenganzira bwo kubaka.
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi itatu
6 Izindi nzego agomba kureba Umudugudu n’akagari,umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Bitarenze iminsi itatu uwasabye yujuje ibyangombwa ahabwa
uburenganzira bw’agateganyo
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Kubivugira aho (kubibwira Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Akarere) cyangwa kumenyesha
urwego rwisumbuye
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 30: Gusaba uruhushya rwo gusarura ishyamba
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa byo gusarura muri ako
Karere
35
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe Amashyamba mu Karere,
Umukozi ushinzwe Ibidukikije mu Karere
Umuyobozi w’Akarere n’imiturire
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kugaragaza ibyemezo ko ishyamba rizasarurwa ari irye
cyangwa yariguze.
Kugaragaza icyangombw cy’ubutaka
Kwishyura amafaranga 20000 kuri konti y’Akarere ku
ishyamba risarurwa ringana cyangwa rirengeje 2ha
yishyurwa amaze kwemererwa uruhushya
Kwishyura 1% y’agaciro k’ibisarurwa kuri konti
y’Ikigega kigega cyo kurengera Ibidukikije
(FONERWA).
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi itatu
6 Izindi nzego agomba kureba Umudugudu n’akagari,umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Bitarenze iminsi itatu uwasabye yujuje ibyangombwa ahabwa
icyangombwa yasabye
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Kubivugira aho (kubibwira Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Akarere) cyangwa kumenyesha
urwego rwisumbuye
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 31: Gusaba uruhushya rwo gutwara ibikomoka ku mashayamba
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa byo gusarura muri ako
Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe Amashyamba mu Karere,
Umuyobozi w’Akarere n’imiturire
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kwerekana ibyo asaba gutwara n’inkomoko yabyo
Kwishyura amafaranga 3000 ya servisi amaze
kwemererwa uruhushya
5 Igihe abonera igisubizo Bitarenze iminsi itatu
6 Izindi nzego agomba kureba Umudugudu n’akagari,umurenge
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Bitarenze iminsi itatu uwasabye yujuje ibyangombwa ahabwa
icyangombwa yasabye
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Kubivugira aho (kubibwira Umunyamabanga
36
Nshingwabikorwa w’Akarere) cyangwa kumenyesha
urwego rwisumbuye
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 32 : Gusaba kugabanyamo isambu ibice
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa byo kugaburamo isambu ye muri
ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka n’impamvu
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
Icyangomwa cy’ubutaka
Imisoro yo gukora igishushanyo cy’ubutaka bugabuye
Inyandiko isaba kugabanyamo
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Agashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi
Agasanduku k’ibitekerezo
Kubivugira aho (kubibwira Umunyamabanga Nshingwabikorwa
w’Akarere) cyangwa kumenyesha urwego rwisumbuye
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
serivisi 33 : Gusaba guhuza ubutaka bukavamo isambu imwe
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa byo by’ubutaka buhuje
muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka n’impamvu
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
Icyangomwa cy’ubutaka
37
Imisoro yo gukora igishushanyo cy’ubutaka buhuje
Inyandiko isaba kubuhuza n’impamvu
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Agashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 34 : Gusaba gukosoza imbibi cyangwa ubuso bw’Ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa byo by’ubutaka buhuje
muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
Icyangomwa cy’ubutaka cy’umwimerere
Inyandiko isaba gukosorerwa imbibe n’ubuso
Imisoro yo gukora igishushanyo cy’ubutaka bushya
Raporo yemeza imbibi cg ubuso bushya bw’Ubutaka
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Agashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
38
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 35 : Gusaba ihererekanya rishingiye k’ubugure
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka
agurieye undi muntu cyangwa se agurishije undi muri
ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere 3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
Icyangomwa cy’ubutaka cy’umwimerere
Inyandiko isaba gukosorerwa yakozwe n’ugurisha
Abagura n’abagurisha bagomba kuba bahari n’abahamya
4
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 36 : Gusaba ihererekanya rishingiye ku cyemezo cy’urukiko
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka yaburanye
39
n’undi muntu akabutsindira bwari bwanditse k’uwundi muri
ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka
Kopi y’ibiranga ihererekanya
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
Icyemezocy’urukiko gitegeka ihererekanya
Icyangomwa cy’ubutaka cy’umwimerere
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 37 : Gusaba ihererekanya ry’ubutaka rishingiye ku izungura
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka yaburanye
n’undi muntu akabutsindira bwari bwanditse k’uwundi muri
ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga abasaba ihererekanya
Inyandiko yakorewe imbere ya Noteri
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
Icyangomwa cy’ubutaka cy’umwimerere
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana;
40
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe
Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 38 : Gusaba ihererekanya ry’ubutaka rishingiye ku mpano
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka yaburanye n’undi
muntu akabutsindira bwari bwanditse k’uwundi muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga abasaba ihererekanya
Amasezerano y’impano yakorewe imbere ya Noteri
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu by’uwahawe
impano
Icyangomwa cy’ubutaka cy’umwimerere
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi
Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
41
Serivisi 39 : Gusaba ihererekanya rishingiye k’ubugurane bw’ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka yaburanye
n’undi muntu akabutsindira bwari bwanditse k’uwundi muri
ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi
Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga impande zombi
Amasezerano y’ihererekanya yakorewe imbere ya Noteri
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu
by’abaguranye ubutaka
Ibyangomwa by’ubutaka by’umwimerere
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 40: Gusaba ihererekanya ry’uburenganzira k’ubutaka kubera
iyimurwa ry’inyungu rusange
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka nye n’undi
muntu akabutsindira bwari bwanditse k’uwundi muri ako
Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
42
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiranga umuntu uhabwa ubutaka
Icyemezo cyo kwimura n’icyemezo kigaragaza
kwishyura indishyi.
Icyemezo cyangwa ibyemezo by’Ubutaka burebwa
n’iyimurwa
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana
naho buherereye icyaro cyangwa umujyi n’icyo
bukoreshwa;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 41: Gusaba ihererekanya rishingiye ku kwamburwa ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bwambuwe
undi muntu muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiranga umuntu uhabwa ubutaka
Icyemezo cyo kwamburwa ubutaka gitangwa na
Minisitiri ufite ubutaka mu nshingano.
Icyemezo cyangwa ibyemezo by’Ubutaka burebwa
n’iyimurwa
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana
naho buherereye icyaro cyangwa umujyi n’icyo
bukoreshwa;
43
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 42: Gusaba ihererekanya rishingiye ku ifatira ry’ ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bwambuwe
undi muntu muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiranga umuntu uhabwa ubutaka
Icyemezo cy’ifatira gitangwa na minisitiri ufite ubutaka
mu nshingano ze
Icyangomwa cy’Ubutaka bwafatiriwe cy’umwimerere
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana
naho buherereye icyaro cyangwa umujyi n’icyo
bukoreshwa;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
44
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 43: Gusaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe kubera ifatira
ry’ ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bwambuwe
undi muntu muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiranga umuntu usaba guhabwa ubutaka
Icyemezo cy’Urukiko kiriho kashe mpuruza gisaba nyiri
ubutaka kwishyura asabwa amafaranga runaka
Imenyekanisha ryo kwishyura
Numero y’ubutaka bufatirwa.
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana
naho buherereye icyaro cyangwa umujyi n’icyo
bukoreshwa;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
45
Serivisi 44: Gusaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe k’ubutaka
kubera impamvu zibangamira
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bwambuwe
undi muntu muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiranga umuntu Usaba
Inyandiko isaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe
kubera impamvu z’ibangamira
Imenyekanisha ry’ibangamira riherekejwe
n’ibyangombwa bisabwa n’amategeko
Numero y’Ubutaka burebwa n’ibangamira
Imisoro yishyurwa hakurikijwe uko ubutaka bungana
naho buherereye icyaro cyangwa umujyi n’icyo
bukoreshwa;
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 45: Gusaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe k’ubutaka
kubera impamvu zo kwatira
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bwatiwe undi
muntu muri ako Karere
46
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Iminsi ibiri mu cyumweru ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Ibiranga umuntu usaba kwatirwa
Amasezerano yo kwatira ubutaka yakorewe imbere ya
Noteri
Icyangomwacy’ubutakabwatishijwe
Inyandiko isaba kubuza uburenganzira bumwe na bumwe
kubera impamvu z’ibangamira
Imenyekanisha ry’ibangamira riherekejwe
n’ibyangombwa bisabwa n’amategeko
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 46: Gusaba guhindura ibyangombwa byatanzwe kera hatangwa
ibishyashya
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bw’undi
biturutse ku miterere y’ahantu muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’Ubutaka
Icyemezo cy’uko washyingiwe cg uri ingaragu
Icyangombwa cy’ubutaka cyatanzwe kera
Icyemezo cy’agateganyo gihabwa uwabaruriwe ubutaka
cg inyandiko yemeza numero y’Ubutaka
47
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 47: Gusaba guhindura uburenganzira bw’ubukode burambye
k’ubutaka /uburenganzira ngenankomyi k’umutungo bwite w’ubutaka
cyangwa uburenganzira ku mutungo bwite w’ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ibyangombwa by’ubutaka bw’undi
biturutse ku miterere y’ahantu muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’Ubutaka
Impapuro mpamo ngenankomyi
Icyemezo gitanga uburenganzira bwo gukoresha
inyubako (Kubasaba impapuro mpamo z’umutungo
bwite w’Ubutaka gusa)
Icyemezo kigenzura kigaragaza ko imyubakire
yakurikije ibyari biteganyijwe
Icyemeza konibura½ cy’ibyari biteganyijwe kubakwa
byubatswe
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye Agasanduku k’ibitekerezo
48
imitangire ya serivisi Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 48 : Gusaba guhindura amakuru ku bantu banditse k’ubutaka
(amazina, aderesi n’irangamimerere)
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka amakuru ari ku byangombwa by’ubutaka
buri muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’Ubutaka
Icyemezo cy’uko washyingiwe/ingaragu
Inyandiko isaba kandi igaragaza impamvu
Ibindi byangombwa bisabwa bitewe n’impamvu usaba
guhindura amakuru agaragaje
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
49
Serivisi 49: Gukosoza amazina yanditse nabi, nimero y’irangamuntu ku
cyangombwa cy’ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka gukosoza amakuru ari ku byangombwa
by’ubutaka yahawe buri muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’Ubutaka
Inyandiko isaba ikosora yandikiwe umubitsi w’impapuro
mpamo
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 50: Gusaba kwandikisha amakuru nyongera muri rejisitiri y’ubutaka
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka kwandikisha amakuru yinyongera muri
rojisitiri y’ubutaka buri muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’Ubutaka
Icyemezo kibiranga nyir’Ubutaka
Icyemezo cy’urukiko cg cy’Ubuyobozi cyemeza
amakuru nyongera
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
50
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 51: Gusaba ihererekanya ry’uburenganzira ku isangiramutungo ku
nyubako (condominium)
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ihererekanya ry’uburenganzira ku
isangiramutungo ku nyubako iri muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga abarebwa n’Ihererekanya
Icyemezo cy’ubushyingirwe cg ubugaragu by’uwaguze
Icyemezocy’ubushyingirwe cg ubugaraguby’uwaguze
Amasezeranoy’isangiramutungo yakorewe imbere ya
noteri
Amasezerano y’isangiramutungo yakorewe imbere ya
noteri
Ubuzimagatozi bw’ishyirahamwe ry’isangiramutungo
kunyubako
Icyangombwa cy’Ubutaka
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
51
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 52: Gusaba ibyangombwa byangiritse cyangwa byatakaye
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka ihererekanya ry’uburenganzira ku
isangiramutungo ku nyubako iri muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga abarebwa n’Ihererekanya
Iyo ibyangombwa byatakaye cg byangiritse: uzana
icyemezo cy’Urukiko cyemeza uko gutakara cg
Gushwanyuka
Iyo ibyangombwa byangiritse uzana ibyangiritse
ubwabyo
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 53: Gusaba iyandikisha ry’ubutaka butabaruwe
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka icyangombwa cy’ubutaka butigeze
bubarurwa muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
52
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka
Icyemezocy’Ubushyingirwe cg Ubugaragu
Icyemezo cy’Umutungo kitarengeje amezi atatu
Igishushanyo kerekana inganoy’Ubutaka (Fiche
cadastrale)
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Serivisi 54: Gusaba icyangombwa cy’ubutaka kitasohotse kandi ubutaka
bwarabaruwe
1 Uhabwa Serivisi. Serivisi itangwa Umuntu wese ushaka icyangombwa cy’ubutaka kitasohotse
kandi ubutaka bwarabaruwe buri muri ako Karere
2 Ushinzwe (abashinzwe) gutanga
Serivisi Ushinzwe ubutaka mu Karere,
Umuyobozi w’Ibiro by’ubutaka mu Karere
3 Igihe Serivisi itangirwa Buri munsi ku masaha y’akazi
4 Ibisabwa ushaka Serivisi Kopi y’ibiranga nyir’ubutaka
Icyemezo cy’Agateganyo gihabwa uwabaruriwe ubutaka
Icyemezo cy’Akagari kivugako utafashe icyangombwa
Icyemezo cy’Ubushyingirwe cg Ubugaragu iyo utahawe
icyangombwa cy’agateganyo
Icyemezo cy’Akagari kivugako ntamakimbirane
agaragara k’ubutaka
Iyo udafite icyemezo cy’Agateganyo uzana icyemezo
cy’umutungo mugihe ufite Numero ya pariseri
5 Igihe abonera igisubizo Icyangombwa akibona mu minsi 21
53
6 Izindi nzego agomba kureba Ntazo
7 Uburyo amenyeshwa ko Serivisi
yatanzwe Nyuma y’iminsi 21 ahamagarwa kuri Telefone
Ashyirwa no k’Urutonde rumanikwa ahagaragara ku
Karere
8 Uburyo amenyesha ko atishimiye
imitangire ya serivisi Agasanduku k’ibitekerezo
Yandikira Umuyobozi w’Akarere, gutanga igitekerezo
mu gasanduka k’ibitekerezo, kubimenyesha umubitsi
w’impapuro mpamo wungirije mu nyandiko cg , kuri
telephone
9 Ibindi usaba serivisi akeneye
kumenya
Andi makuru wayasanga ku muryango w’ushinzwe gutanga iyi
serivisi, Cyangwa kuri Website y’Akarere
Umwanzuro
Akarere ni urwego rwashyizweho hagamijwe kwegereza abaturage ubuyobozi no kugira ngo
bagezweho serivisi nyinshi zatangirwaga ku rwego rw’Igihugu.
Buri muturage wese agomba kubona serivisi nziza kandi yifuza, ibi bikaba biri mu ntego
z’Indongozi z’Akarere ka Nyamasheke kandi bigashimangira imikorere myiza y’Akarere mu
gukumira no guca burundu ruswa n’akarengane kose.
Umuturage wese ukunda igihugu cye yaba utanga serivisi cyangwa uyisahabwa, na we hari ibyo
akwiye kuba yujuje, bityo akarangwa n’indangagaciro zikurikira:
a. Kuba yubahiriza gahunda za Leta mu bikorwa bitandukanye
(Urugero:
Kuba yishyura ubwisungane mu kwivuza ku gihe kandi yibuka ko ariwe wa
mbere bifitiye akamaro,
Kuba akora ibikorwa by’umuganda,
Kuba yitabira inama kuko ariryo shuri abaturage bahugurirwamo kandi
amahugurwa aba ari ngombwa kuri buri muntu wese,
Guhinga ibihingwa byatoranijwe aho abandi bumvikanyeho
b. Kuba arwanya ruswa n’akarengane
c. Kuba akorera mu mucyo kandi akorera hamwe n’abandi
d. Kuba buri wese anoza ibyo akora kandi ku gihe, akaba intangarugero
e. Guhora aharanira kunezeza abo akorera ( umuyobozi cyangwa utanga serivisi wese)
f. Guhora aharanira kugera ku ntego cyangwa ku mihigo yihaye kandi mu gihe kizwi
54
g. Kuba bafite ibitabo bigaragaza abahawe serivisi hagaragaramo n’igihe bayisabiye
h. Abatanga serivisi bagomba kugaragariza ababagana igihe batangira serivisi n’ibisabwa
kugira ngo bayihabwe
i. Abagana Akarere barasabwa ibi bikurikira k’uburyo bw’umwihariko, kugira ngo serivisi
basaba irusheho gutangwa ku gihe nk’uko byifuzwa:
Kubahiriza amategeko
Kwishyura neza ibyo bagomba kwishyura
Kutumenyesha ibyo batekereza kuri serivisi bahawe binyuze mu nzira zitandukanye
zasizweho
Gusubiriza igihe iyo basabwe ibisobanuro ku kintu runaka
Mukomeze mwese imihigo
GUKORA NI KARE I NYAMASHEKE